• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Editorial 07 Aug 2016 Mu Rwanda

Abakuriye inzego z’Ubutasi muri Afurika basabye ko nta mucamanza wakongera kwitwaza Ubucamanza Mpuzamahanga ngo ashyireho impapuro zita muri yombi umuyobozi wa Afurika, banagaragaza impungenge ku mikorere ya ICC mu nyungu za bimwe mu bihugu bikomeye ku Isi.

Ni imwe mu myanzuro y’inama ya 13 yahuje abayobozi b’Akanama k’Inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika, CISSA, yateraniye i Kigali kuwa 4 n’uwa 5 Kanama 2016, yiga ku “guhangana n’ubwiyongere bw’ikoreshwa nabi ry’ubucamanza mpuzamahanga bigirirwa Afurika.”

Iyi nama yakusanyije iyi myanzuro ishingiye ku nshingano ifite zo “gufasha Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe n’inzego zayo guhangana n’ibibazo by’umutekano byugarije Afurika”.

Harimo kandi no kuba hari impapuro ziri gushyirirwaho guta muri yombi abayobozi ba Afurika bikozwe n’abacamanza bo mu bihugu “byigenga” byo mu burengerazuba bw’Isi, bikabangamira umutekano w’ibihugu ndetse bikagira n’ingaruka ku mibereho y’abaturage bitewe n’ibihano ibihugu byabo byashyiriweho.

Byose kandi byafatiye ku kuba Ubucamanza mpuzamahanga buri gukoreshwa nabi bigahungabanya ubusugire n’umutekano w’ibihugu bya Afurika, ndetse ibyinshi bigakorwa mu nyungu z’ibihugu bikomeye.

Ikoreshwa nabi ry’Ubucamanza mpuzamahanga

CISSA ifunguye ku bihugu byose bigize AU, ariko ubu igizwe n’Inzego zishinzwe Iperereza n’Umutekano w’igihugu zo mu bihugu 51, Ubunyamabanga Bukuru bwayo bugakorera Addis Ababa, Ethiopia.

Muri iyi nama yaberaga i Kigali, izi nzego ziyemeje guhanahana amakuru ku gihe no guhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo bikomeje kwibasira Afurika.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’iyi nama rivuga ko “zashimangiye ubushake bwo guhuza imbaraga mu guhangana n’igitutu gikomeje kwiyongera gishingiye ku butabera mpuzamahanga.”

Rikomeza rigira riti “Inzego zigize uyu muryango zamaganye ikoreshwa ry’ihame ry’ubucamanza mpuzamahanga bikozwe n’umucamanza umwe, zisaba ko umwanzuro wo gukoresha iryo hame wajya ufatwaho icyemezo n’urwego rukuru rw’ubucamanza.”

-3514.jpg

Izi nzego z’iperereza mu bihugu bya Afurika kandi zasabye ibihugu bishaka gukoresha ubucamanza mpuzamahanga kujya bikorana n’ibirebwa n’ikibazo mbere yo gushyiraho impapuro zita muri yombi abaturage babyo.

ICC yakomeje gukomanyirizwa

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rwakunze gushinjwa kwibasira abayobozi ba Afurika, ndetse ibihugu bya Afurika biri mu nzira yo kwitandukanya narwo burundu, bikivana mu masezerano ya Roma yarushyizeho, bimwe muri ibyo bihugu byanashyizeho umukono.

CISSA iti “Hashingiwe ku ngingo ya 98 y’amasezerano ya Roma, inzego z’ubutasi muri ibi bihugu zagaragaje impungenge ku isinywa ry’amasezerano y’inyongera agabanya uburemere bw’ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko mpuzamahanga, mu nyungu za bimwe mu bihugu bikomeye.”

Iyi nama ya 13 ya CISSA yasabye ko ibihugu bitandukanye mbere yo gukoresha ihame ry’Ubucamanza mpuzamahanga, byajya bibanza gukorana n’ibihugu birebwa n’ikibazo, mbere yo gutangira gushakisha abaturage babyo.

“Inzego zigize uyu muryango zunze mu ijwi ry’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ryo gusaba ihagarikwa ry’impapuro zashyiriweho guta muri yombi no gukurikirana abayobozi ba Afurika cyangwa abandi bayobozi bo ku rwego rwo hejuru, kugeza ubwo ibiganiro n’abarebwa n’ibibazo bizagera ku musozo ndetse byose bigakemuka.”

Izo nzego zashimangiye umwanzuro wo guhanahana amakuru arebana n’Imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri leta, (INGOs) n’imiryango y’itangazamakuru ifite intego zidasobanutse cyangwa ibindi bikorwa bidashyirwa amakenga.

Ibihugu byakunze kwamagana ikoreshwa ry’ihame ry’ubucamanza mpuzamahanga, bituma hari bamwe mu bantu ku giti cyabo babukoresha mu nyungu zifatwa nk’iza politiki bagakurikirana abayobozi b’ibindi bihugu.

Harimo nk’Umucamanza Andreu Merelles akoresheje ihame ry’ ubucamanza mpuzamahanga watanze ibirego mu 2008 bikurikirana abayobozi b’u Rwanda, ariko biza guteshwa agaciro mu 2015, , bikaba byarakomeje gufatwa nk’ ibishingiye ku nyungu za politiki.

-3513.jpg

Abari bitabiriye inama

2016-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Editorial 10 May 2024
Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Editorial 17 Mar 2017
Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Editorial 29 Dec 2021
“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

“FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR

Editorial 28 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Editorial 09 May 2018
Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza
Amakuru

Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Editorial 18 Nov 2020
Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Administrator 21 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru