• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze

Intumwa y’umuryango w’abibumbye yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro y’abagore bazajya mu butumwa bw’amahoro igeze

Editorial 30 Jun 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi ushinzwe gutoranya abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro mu ishami rishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu muryango w’abibumbye Ata Yenigun,ari mu Rwanda ku butumire bwa Polisi y’u Rwanda, aho yaje kwirebera aho imyiteguro y’itsinda (FPU) rigizwe n’abapolisi b’abanyarwandakazi ryitegura kujya mu butumwa bw’amahoro igeze.

Yenigun uri mu Rwanda kuva kuwa kabiri, yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana kuri uyu wa gatatu.

Aba bapolisi 140 b’abanyarwandakazi azasura, bari bemewe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yari mu nama y’abayobozi b’umuryango w’abibumbye yavugaga ku bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi muri nzeri umwaka ushize.

Nyuma y’uko kwiyemeza k’umukuru w’igihugu, Polisi y’u Rwanda nayo yahise itangira imyiteguro yo kuzohereza abo bapolisikazi.

Ubwo ejo yagiranaga ibiganiro n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko mu cyumweru azamara mu Rwanda azaganira n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku myiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura koherezwa mu butumwa bw’amahoro.

Yagize ati;”Tuzaganira ku bibazo bigendanye n’amahugurwa ahabwa abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro, ikibazo cy’ibikoresho by’abenda kujyayo. Intego y’urugendo rwanjye ni guha imirongo ngenderwaho ishoboka yose abayobozi b’u Rwanda ku buryo iri tsinda rizakoreshwa neza kandi rikitegura neza, kandi nkizera ko mu mpera z’uyu mwaka cyangwa mu ntangiriro z’utaha rizoherezwa aho rizajya gukorera kandi rikazakora akazi karyo neza.”

Yongeyeho ati;”Polisi y’u Rwanda yateye imbere mu bihugu byohereza abapolisi bubahiriza umutekano ku isi, ku buryo ubu ruri ku mwanya wa 4 mu bihugu 100 bibohereza…u Rwanda ni intangarugero mu buyobozi, aho bubahiriza amahoro ndetse no ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’abibumbye.”

Yakomeje avuga ko hari ibintu yabonye abapolisi b’u Rwanda bihariye birimo gukoresha indimi ibyiri; icyongereza n’igifaransa, ubunararibonye mu bikorwa bimwe na bimwe, ndetse n’ubumenyi buhagije mu gushinga Polisi z’ibihugu bivuye mu makimbirane.

Yavuze ati;”U Rwanda ni icyitegererezo mu kohereza abapolisikazi mu butumwa bw’amahoro ku buryo ubu ruyoboye ibindi bihugu mu kohereza benshi aho rwiharira 16%. Tunishimira ko mu buyobozi bwacu dufitemo abayobozi bashinzwe kuyobora za Polisi zibungabunga amahoro mu bihugu bya Cote d’Ivoire na Sudan y’Epfo b’abanyarwanda.

Abo bayobozi b’abanyarwanda ni Komiseri wa Polisi (CP) Vianney Nshimiyimana wagizwe umuyobozi w’ibikorwa bya Polisi muri Côte d’Ivoire (UNOCI), Commissioner of Police(CP) Bruce Munyambo, wagizwe umuyobozi w’abapolisi (D2) bari mu butumwa bw’ umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo(UNMISS), na Commissioner of Police CP Emmanuel Butera, wagizwe umuyobozi w’ibikorwa bya Polisi y’umuryango w’abibumbye muri Sudani y’Epfo(UNMISS).

Muri iyo nama, IGP Gasana yavuze ko u Rwanda rufite ubushake bwo gukomeza kubungabunga amahoro ku isi, aho yagize ati;”Gukomeza kubungabunga amahoro ku isi tubikora nkaho ari inshingano zacu nk’igihugu kigomba kwitanga mu muryango w’abibumbye.”

Yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda yafashe uburyo bushya bw’imikorere busaba ubumenyi buhambaye, ikaba ariyo mpamvu yibanda ku guhugura abapolisi bayo.

IGP yavuze kandi ko Polisi y’u Rwanda ishaka kuzajyanisha amasomo ahabwa abajya kubungabunga amahoro, hibandwa ku byaha biri kuvuka nk’iterabwoba.

Yavuze kandi ko kuba u Rwanda ruri kwihuta cyane mu iterambere, na Polisi y’u Rwanda itasigaye inyuma, kugirango abashoramari baza gushora imari yabo mu Rwanda bajye bakora bizeye umutekano wabo bityo nayo ikagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Nyuma y’ibi biganiro n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Yenigun yahuye n’amatsinda y’abapolisi (FPU), harimo iry’abagore n’irindi risanzwe rizajya kubungabunga amahoro muri Sudani y’epfo.

Yaboneyeho umwanya wo kuvuga ko mu ntangiriro z’umwaka utaha, “bishoboka ko u Rwanda ruzaba urwa mbere bihugu byohereza abapolisi benshi mu butumwa bw’amahoro.”

-3103.jpg

Foto y’u rwibutso

Biteganyijwe ko azasura abandi bapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye bari mu ishuri rya Polisi riri i Gishari mu karere ka Rwamagana.

RNP

2016-06-30
Editorial

IZINDI NKURU

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Editorial 09 Sep 2025
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Editorial 03 Feb 2016
Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi  yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Kigali : Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yatashye ‘ DOVE HOTEL ‘ Inyubako y’akataraboneka y’ Itorero rya ADEPR ( AMAFOTO – VIDEO )

Editorial 14 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga
ITOHOZA

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Editorial 27 Jan 2017
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo
UBUKUNGU

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Editorial 10 Oct 2018
Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka
Mu Rwanda

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Editorial 31 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru