• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Editorial 14 Jan 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Guinée équatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane agamije ubufatanye n’iterambere hagati y’ibihugu byombi.

Ayo masezerano ane yasinywe kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mutarama, arimo ajyanye no gushyiraho Komisiyo imwe ihuriweho, ubufatanye mu by’ububanyi n’amahanga, ubukerarugendo n’iby’ingendo zo mu kirere.

Perezida Kagame yavuze ko uruzinduko rwa Nguema rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi usanzwe uhagaze neza.

Yavuze ko baganiriye na mugenzi we ibibazo bitandukanye bifite aho bihuriye n’ibihugu byombi, byaba ibibazo by’akarere n’ibyo hirya no hino ku Isi.

Yavuze ko amasezerano yasinywe agamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi, aboneraho gusaba abacuruzi n’abaturage ba Guinée Equatoriale gusura u Rwanda no kubyaza umusaruro amahirwe ahari.

Yagize ati “Nk’uko mubizi, u Rwanda rutanga viza ku banyamahanga bakihagera, twizeye ko abakerarugendo n’abacuruzi bo muri Guinée Equatoriale bazafatirana aya mahirwe bakadusura igihe cyose babyifuje.”

Kagame yashimye uruhare icyo gihugu cyagize mu gushyigikira amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe no kuba ari kimwe mu bya mbere byasinye amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika n’ayoroshya urujya n’uruza rw’abantu.

Ati “Twiyemeje gukorera hamwe mu guteza imbere intego nyamukuru z’umugabane wacu. Ndifuza no kubashimira ku nkunga Guinee yatanze mu gihe cyo kuvugurura Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yashimye ubushobozi Perezida Kagame yerekanye nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Yagarutse ku iterambere yabonye mu Rwanda, avuga ko ari igikwiriye gutera ishema abanyafurika, kigatera isoni abanyaburayi.

Ati “Ndamushimira kubwo kuba icyitegererezo muri iki gihugu by’umwihariko iterambere ry’umujyi wa Kigali. Ni ikintu kiduteye ishema twese abanyafurika kandi dukwiriye kwigiraho kuko ibi bitera isoni bimwe mu bihugu by’i Burayi bafata uyu mugabane nk’udafite icyo wageraho.”

“Ibibazo dukunze kubona muri Afurika buturuka ku batifuriza Afurika iterambere. Tugomba kwihagararaho tugateza imbere ibihugu byacu, tugakora tukarwanya ubukene n’inzara.”

Yagarutse ku masezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi, avuga ko akwiriye kuba umusingi w’ubufatanye bugamije impinduka aho guhora bategereje inkunga z’abatifuriza ibyiza Afurika.

Ati “Ndagira inama abaminisitiri bacu, ko batagomba kugarukira mu gusinya amasezerano gusa, nkeka ko dukwiye kwagura ubufatanye mu kurushaho gukemura ibibazo duhuriyeho bisubiza inyuma iterambere. Aho gutegereza abadukolonije tugomba nk’abayobozi kugaragaza ubushobozi bwacu ko twigenga.”

Perezida Nguema yashimye kuba u Rwanda rwaratorewe kuyobora Umuryango w’Ibuhugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa igihugu cye kirimo, ashimangira ko ubufatanye abanyafurika berekanya bashyigikira u Rwanda bugaragaz ako nta kidashoboka babyiyemeje.

Nguema abaye Perezida wa mbere usuye u Rwanda kuva umwaka wa 2019 watangira.

Uyu muyobozi uyobora igihugu gifite ubuso bujya kungana n’ubw’u Rwanda (28,050 km2) yaherukaga i Kigali muri Nyakanga 2016 yitabiriye inama ya AU.

Mbere yaho yari yaje mu Rwanda mu 2014 mu ruzinduko rw’akazi rwasize ibihugu byombi bisinyanye amasezerano y’imikoranire.

Icyo gihe ibihugu byiyemeje gufatanya mu nzego z’imiyoborere myiza, gutwara abantu n’ibicuruzwa hagati yabyo hakoreshejwe indege, guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari mu bihugu byombi no koroshya ubukerarugendo.

Aya masezerano yagarukaga kandi ku bufatanye bugamije kubaka inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, bakungurana ubumenyi mu ikoranabuhanga, mu buvuzi, mu gucunga umutekano no kurwanya abanzi ba buri gihugu, mu kongera ingufu z’amashanyarazi no kubaka amacumbi.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye  kwakira Perezida Kagame

Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye kwakira Perezida Kagame

Editorial 01 Jun 2018
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

Editorial 26 Feb 2016
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Editorial 22 Jun 2018
Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye  kwakira Perezida Kagame

Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye kwakira Perezida Kagame

Editorial 01 Jun 2018
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

Editorial 26 Feb 2016
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Editorial 22 Jun 2018
Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye  kwakira Perezida Kagame

Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye kwakira Perezida Kagame

Editorial 01 Jun 2018
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    January 14, 20195:50 pm -

    Agafuni kabagara ubushuti ni akarenge. Ntawanga umusura cyane cyane iyo ari umuvandimwe. Uyu muperezida afite byinshi tutakwifuza gukurikiza nko kubaamaze imyaka yibwirako ariwe wenyine ushoboye gutegeka igihugu! Abaturage bamuhunga bamaze gukwira isi. Nta rwinyagamburiro ruharangwa. Ndetse afite gahunda yo kuzaraga igihugu umuhungu we w’imfura. Bombi ariko bizwiko bari mubasahuye igihugu kurusha abanda. Uretse no kwirirwa mu ndege asura Uburayi. Muri make ni urugero rubi abanyafurika bakwiye kudakurikiza. Azasiga inkuru mbi yuko abaturage batishimye. naho gutsura umubano no kugira ubushuti ntako bias!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru