• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ?    |   29 May 2025

  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika y’Iburasirazuba ikiri kure mu kubyaza umusaruro amahirwe ahari mu ishoramari cyane mu nzego z’imiturire, ubukerarugendo n’ubuhinzi.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri i Kigali ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama y’Ihuriro rya Banki y’Isi riganira ku mahirwe y’ishoramari ari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (Development Finance Forum).

Perezida Kagame yavuze ko inzego zatekerejweho muri iri huriro ari ingenzi kuko zibumbatiye amahirwe menshi yashorwamo imari ikungukira abaturage n’abashoramari.

Yagize ati “Ari imiturire, ubukerarugendo n’ishoramari mu buhinzi zose zikomeje kwaguka muri aka karere dutuye. Izi nzego kandi zakongera imbaraga mu bukungu cyane cyane mu bijyanye na za serivisi.”

Kagame yavuze ko nubwo izo nzego zirimo amahirwe menshi y’ishoramari, ngo akarere ka Afurika y’Iburasirazuba karacyari inyuma mu kuzibyaza umusaruro.

Ati “Nubwo hari amahirwe menshi, turacyari kure yo kuba yose twayabyaza umusaruro cyangwa se tukayifashisha mu kugera ku bikorwa nkenerwa by’indashyikirwa kandi abaturage bacu bibonamo.”

Yavuze ko iryo huriro rikwiye kuba umwanya wo kuganira ku bibazo bihari no gutanga umurongo w’uko ishoramari ryarushaho kunozwa.

Perezida Kagame yavuze ko hari amahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro mu kubaka ibikorwa by’indashyikirwa bifitiye abaturage akamaro

cyakora yavuze ko bitagerwaho hatabayeho ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera.

Ati “Nubwo hari amahirwe menshi, turacyari kure yo kuyabyaza umusaruro yose no kuyifashisha mu bikorwa by’indashyikirwa abaturage bacu bibonamo. Urugendo ni rurerure ariko icyerekezo dufite kirasobanutse n’ubufatanye bukenewe buracyaboneka, burimo ubwo dufitanye n’ibigo bigize Banki y’Isi.”

Yavuze ko u Rwanda rufitanye imikoranire myiza na Banki y’Isi mu nzego zitandukanye zirimo imiturire irambye, ubuhinzi, ingufu, no kwita ku batishoboye kandi asezeranya ko bizakomeza.

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko mu Rwanda ihafite imishinga y’iterambere ifite agaciro ka miliyoni 844 z’amadolari ndetse n’indi ihuza u Rwanda n’ibihugu byo mu Karere iyi banki yarutangiyemo miliyoni 204 z’amadolari.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi yatangaje ko u Rwanda rwimakaje politiki ishyigikira ishoramari mu gihugu, ihame ryakwifashishwa no mu karere.

Yagize ati “EAC ishobora kuza ku mwanya wa Gatandatu mu gukora ishoramari mu gihe ibihugu biyigize byahana ubunararibonye ku ngamba zikwiye gukoreshwa.”

Iyi nama y’iminsi ibiri yiga ku Iterambere ry’Ubukungu muri Afurika (DFF). Ku nshuro ya kane, ifite insanganyamatsiko ivuga ku “Gukuraho imbogamizi zizitira amahirwe y’ishoramari muri Afurika y’Uburasirazuba.”

Inama ya DFF iheruka yabereye i Accra muri Ghana mu 2017. Itegurwa na World Bank Group n’Ikigo Nyafurika kigamije Impinduka mu Bukungu (ACET).

Perezida Kagame aganira n’abantu b’ingeri zinyuranye bitabiriye iyi nama

 

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bayobozi bari mu Rwanda muri iyi nama y’iminsi ibiri

bayobozi, abashoramari mu nzego za Leta n’iz’abigenga muri Afurika y’Uburasirazuba nibo bitabiriye iyi nama

Abayobozi batandukanye bitabiriye iyi nama, bafashe ifoto y’urwibutso

Amafoto: Village Urugwiro

2018-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Editorial 19 Apr 2018
ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Editorial 18 Dec 2019
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Editorial 31 Mar 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Editorial 19 Apr 2018
ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Editorial 18 Dec 2019
Gaz Methane:  Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Gaz Methane: Miliyari zisaga 160 Frw zigiye gushorwa mu gutunganya Megawatt 56 z’Amashanyarazi mu kiyaga cya Kivu

Editorial 31 Mar 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Editorial 19 Apr 2018
ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Editorial 18 Dec 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru