• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Editorial 22 Aug 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda basora, ababwira ko imisoro yabo igira uruhare mu iterambere ryihuse kandi rirambye igihugu cyacu kiyemeje kugeraho.

Mu birori byo ku munsi ngarukamwaka w’abasora wizihijwe kuri uyu wa 22 Kanama 2016, Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase, yavuze ko Perezida wa Repubulika yamusabye gushimira abasora bose ariko anenga n’abadasora.

Ati “Perezida Kagame yansabye gushimira abasora bose, yansabye kubabwira ko imisoro yabo igira uruhare mu iterambere ryihuse kandi rirambye igihugu cyacu kiyemeje kugeraho.

“Nyakubahwa Perezida wa Repubulika arasaba abasora gukomereza aho mukora cyane kandi mukora neza nkuko mu maze kubimenyera kugira ngo turusheho kwiteza imbere bityo n’imisoro mutanga irusheho kwiyongera buri mwaka.”

-3768.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi na Minisitiri w’imari Claver Gatete

-3767.jpg

Umukuru w’igihugu yibukije abadatanga imisoro ndetse n’abayitanga nabi ko bagomba gutana n’uwo muco mubi udindiza urugamba rwo kwigira no kwihesha agaciro.

Murekezi yakomeje agira ati “ Perezida yansabye kubwira abasora mwese ko Leta y’u Rwanda izakomeza kunoza ingamba zo gucunga no gukoresha neza imisoro mutanga kandi ko izakomeza gushyiraho ingamba zo kunoza uburyo imisoro itangwa.”

Kuri uyu munsi ngarukamwaka wo gushimira abasora ubaye ku nshuro ya 14 hahembwe indashyikirwa mu nzego zitandukanye zitabiriye gusora neza, gukoresha imashini zitanga inyemezabuguzi ndetse n’abafatanyabikorwa.

Minisitiri w’intebe yabwiye abasora bahembwe ko ibihembo bahawe bikwiye kubongerera imbaraga zo gukomeza gutanga imisoro neza, abwira abatabonye ibihembo ko bikwiye kubatera ishyari ryiza ryo kurushaho gusora neza kugira ngo umwaka utaha bazabe bari ku isonga ry’abasora neza nabo bashimirwe.

64, 4% by’ingengo y’imari azava imbere mu gihugu

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver yabwiye abari bitabiriye umunsi w’abasora ko umuco wo kwiteza imbere hakoreshejwe ingufu z’abanyarwanda urushaho gushinga imizi ku buryo amafaranga akomoka imbere mu gihugu ari yo azakoreshwa cyane mu ngengo y’imari.

Mu ngengo y’imari ya 2016-2017 amafaranga yose ateganyijwe, angana na Miliyari 1949,2. Muri ayo agera kuri Miliyari 1216,4 angana na 64,4% ni amafaranga ava imbere mu gihugu.

U Rwanda rukaba ruteganya ko amafaranga azaturuka hanze y’igihugu azaba angana na Miliyari 733 aribyo bingana na 37,6%, arimo 18,2% y’impano z’amahanga.
Amb Gatete yavuze ko amafaranga yose ava mu misoro y’Abanyarwanda n’andi mafaranga u Rwanda ruguza imbere no hanze yose hamwe agera kuri 81,3%. Ayo mafaranga yose akaba ari ayo igihugu kigengaho.

Ati “Dukomeje kongera umuvuduko mu gusora twasigara ari ya mafaranga twigengaho gusa yaba aturuka mu misoro ndetse n’inguzanyo zishyurwa n’imisoro y’abanayarwanda. Urugero nk’uru ruratanga icyizere ko Politiki twiyemeje yo kugabanya gutungwa n’inkunga z’amahanga tuzagenda tubigeraho mu minsi iri imbere”.

Umusaruro w’imisoro warazamutse

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari ushize 2015-2016, mu isanduku ya Leta hinjiye Miliyari 1001 na Miliyoni 300 z’u Rwanda.

Ugereranyije n’intego iki kigo cyari cyihaye, harenzeho Miliyari 41 z’amafaranga y’u Rwanda.

Komiseri mukuru wa RRA, Tusabe Richard avuga ko bongereye umubare w’abakoresha imashini z’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi.

Kugeza uyu munsi harabarurwa abasora bakoresha EBM 11 436 mu gihe umwaka wabanje bari bafite abagera ku 8000. Ikindi cyakozwe ni ukongera ingufu mu gukurikirana abafitiye Leta ibirarane by’imisoro

-3766.jpg

Minisitiri Murekezi Anastase, abandi bayobozi n’abasora b’indashyikirwa nyuma yo kwizihiza umunsi wo gushimira abasora

2016-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Editorial 10 Oct 2023
Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Editorial 19 May 2018
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Editorial 14 Jul 2016
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Editorial 25 May 2021
Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Editorial 10 Oct 2023
Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Editorial 19 May 2018
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Editorial 14 Jul 2016
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Editorial 25 May 2021
Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Editorial 10 Oct 2023
Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Editorial 19 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru