• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Editorial 22 Aug 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda basora, ababwira ko imisoro yabo igira uruhare mu iterambere ryihuse kandi rirambye igihugu cyacu kiyemeje kugeraho.

Mu birori byo ku munsi ngarukamwaka w’abasora wizihijwe kuri uyu wa 22 Kanama 2016, Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase, yavuze ko Perezida wa Repubulika yamusabye gushimira abasora bose ariko anenga n’abadasora.

Ati “Perezida Kagame yansabye gushimira abasora bose, yansabye kubabwira ko imisoro yabo igira uruhare mu iterambere ryihuse kandi rirambye igihugu cyacu kiyemeje kugeraho.

“Nyakubahwa Perezida wa Repubulika arasaba abasora gukomereza aho mukora cyane kandi mukora neza nkuko mu maze kubimenyera kugira ngo turusheho kwiteza imbere bityo n’imisoro mutanga irusheho kwiyongera buri mwaka.”

-3768.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi na Minisitiri w’imari Claver Gatete

-3767.jpg

Umukuru w’igihugu yibukije abadatanga imisoro ndetse n’abayitanga nabi ko bagomba gutana n’uwo muco mubi udindiza urugamba rwo kwigira no kwihesha agaciro.

Murekezi yakomeje agira ati “ Perezida yansabye kubwira abasora mwese ko Leta y’u Rwanda izakomeza kunoza ingamba zo gucunga no gukoresha neza imisoro mutanga kandi ko izakomeza gushyiraho ingamba zo kunoza uburyo imisoro itangwa.”

Kuri uyu munsi ngarukamwaka wo gushimira abasora ubaye ku nshuro ya 14 hahembwe indashyikirwa mu nzego zitandukanye zitabiriye gusora neza, gukoresha imashini zitanga inyemezabuguzi ndetse n’abafatanyabikorwa.

Minisitiri w’intebe yabwiye abasora bahembwe ko ibihembo bahawe bikwiye kubongerera imbaraga zo gukomeza gutanga imisoro neza, abwira abatabonye ibihembo ko bikwiye kubatera ishyari ryiza ryo kurushaho gusora neza kugira ngo umwaka utaha bazabe bari ku isonga ry’abasora neza nabo bashimirwe.

64, 4% by’ingengo y’imari azava imbere mu gihugu

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver yabwiye abari bitabiriye umunsi w’abasora ko umuco wo kwiteza imbere hakoreshejwe ingufu z’abanyarwanda urushaho gushinga imizi ku buryo amafaranga akomoka imbere mu gihugu ari yo azakoreshwa cyane mu ngengo y’imari.

Mu ngengo y’imari ya 2016-2017 amafaranga yose ateganyijwe, angana na Miliyari 1949,2. Muri ayo agera kuri Miliyari 1216,4 angana na 64,4% ni amafaranga ava imbere mu gihugu.

U Rwanda rukaba ruteganya ko amafaranga azaturuka hanze y’igihugu azaba angana na Miliyari 733 aribyo bingana na 37,6%, arimo 18,2% y’impano z’amahanga.
Amb Gatete yavuze ko amafaranga yose ava mu misoro y’Abanyarwanda n’andi mafaranga u Rwanda ruguza imbere no hanze yose hamwe agera kuri 81,3%. Ayo mafaranga yose akaba ari ayo igihugu kigengaho.

Ati “Dukomeje kongera umuvuduko mu gusora twasigara ari ya mafaranga twigengaho gusa yaba aturuka mu misoro ndetse n’inguzanyo zishyurwa n’imisoro y’abanayarwanda. Urugero nk’uru ruratanga icyizere ko Politiki twiyemeje yo kugabanya gutungwa n’inkunga z’amahanga tuzagenda tubigeraho mu minsi iri imbere”.

Umusaruro w’imisoro warazamutse

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari ushize 2015-2016, mu isanduku ya Leta hinjiye Miliyari 1001 na Miliyoni 300 z’u Rwanda.

Ugereranyije n’intego iki kigo cyari cyihaye, harenzeho Miliyari 41 z’amafaranga y’u Rwanda.

Komiseri mukuru wa RRA, Tusabe Richard avuga ko bongereye umubare w’abakoresha imashini z’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi.

Kugeza uyu munsi harabarurwa abasora bakoresha EBM 11 436 mu gihe umwaka wabanje bari bafite abagera ku 8000. Ikindi cyakozwe ni ukongera ingufu mu gukurikirana abafitiye Leta ibirarane by’imisoro

-3766.jpg

Minisitiri Murekezi Anastase, abandi bayobozi n’abasora b’indashyikirwa nyuma yo kwizihiza umunsi wo gushimira abasora

2016-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Editorial 15 Dec 2016
Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi

Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi

Editorial 12 Jul 2018

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Editorial 29 Dec 2025
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Editorial 11 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”
IMIKINO

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Editorial 18 Mar 2018
Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage
POLITIKI

Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Editorial 10 Oct 2018
Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Editorial 09 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru