Nubwo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinye amasezerano y’amahoro ya Washington ku wa 27 Kamena 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Kinshasa idashyira mu bikorwa ayo masezerano, cyane cyane mu bijyanye no kubahiriza iherezo ry’intambara n’inyagwa-bikorwa ku mutwe wa FDLR nk’uko byateganywaga nkuko yabitangarije ibiro ntaramakuru by’abafaransa RFI.
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko hashyizweho inzego zishyira mu bikorwa amasezerano, harimo umuryango w’ibikorwa bya gisirikare bihuriweho n’impande zombi n’akanama gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano. Kuri ibi biganiro kandi, hari no kwemezwa kw’intego z’ubukungu ku rwego rw’akarere k’ibihugu bihuriye mu masezerano, ariko ikibazo gikomeye gihari ni uko ibikorwa ku butaka bwa Congo bitajyanye n’umwuka w’amasezerano.
Ku munsi ku munsi, muri Kivu y’amajyaruguru ni y’epfo hagenzurwa na AFC/M23 hakomeje ibitero bya gisirikare bya FARDC hifashishijwe indege n’ibikoresho bya gisirikare, bikorwa n’ingabo za leta FARDC bafatanyije na FDLR na Wazalendo kandi bikaba bigira n’ingaruka ku baturage b’Abanyamulenge n’Abatutsi bo mu Burengerazuba bwa Congo, mu gihe hakomeje kwimakaza imvugo z’urwango zihamagarira kwanga Abatutsi
Ikibazo cya mbere kigaragara ni ku mutwe wa FDLR. Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko FDLR ikiri ku butaka bwa Congo, ikomeza gushyigikirwa na Kinshasa ndetse ikaba yarinjijwe mu ngabo zicyo gihugu hakaba nta bikorwa bifatika byo kuyirwanya nk’uko amasezerano ya Washington abiteganya. Ibyo Kinshasa ivuga byo “gukora cartographie” ntabwo bihagije, kuko amasezerano asaba ko FDLR kuyirwanya burundu.
Minisitiri yanagaragaje ko iyo FDLR izaba irwanwa nk’uko biteganyijwe mu masezerano, u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi yafashe. Yibukije ko byose biterwa n’ubushake bwa politiki bwa Kinshasa. Nta bushake bwa politiki buhari, nta gikorwa gifatika gishobora gukorwa.
Ku bijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rufunguye imipaka yacyo, rwafashije abacanshuro gutaha ndetse rwakira n’ingabo za FARDC zahungiye mu Rwanda. Hagati aho, ikibazo cyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma gikwiye gukurikiranwa n’amasezerano ya Doha, ariko ibikorwa bya gisirikare bikomeje kubangamira ishyirwa mu bikorwa ryo gushyiraho ubwo bufasha.
Mu mwanzuro, Minisitiri Nduhungirehe ashimangira ko ibyemezo byo gushyira mu bikorwa amasezerano ari inshingano za Congo, aho gukomeza gusaba ibihano ku Rwanda. Kinshasa ikwiye kwerekana ubushake bwo kurwanya FDLR no kubahiriza amasezerano y’agahenge kugira ngo amahoro nyayo aboneke.




