• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Editorial 24 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ahagana saa kumi n’ebyiri zo mu gitondo cyo ku itariki 23 Werurwe, umumotari witwa Nsengiyumva Emmanuel ukorera mu karere ka Kirehe na Murokozi Steven, ukora akazi ko kugurisha amatike muri imwe mu ma Kompanyi atwara abagenzi mu modoka bafatanye ibiro 10 by’urumogi uwitwa Itangishaka Emile, hanyuma bamushyikiriza sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Kirehe, ho mu karere ka Kirehe.

Asobanura uko byagenze, Nsengiyumva yagize ati:”Ubwo nari nibereye mu kazi, nageze mu kagari ka Rwabutazi mbona umuntu twarufatanye afite agafuka rwarimo. Nagize amakenga ko yaba atwayemo urumogi. Niyumvishije ko agiye gufatira imodoka ijya i Kigali i Cyunuzi. Nahise mpamagara Murokozi kuri terefone kugira ngo uwo muntu naza kumukatishaho itike barebe ko yaba koko afite urumogi muri uwo mufuka.”

Nsengiyumva yakomeje agira, ati:”Namubwiye uko uwo muntu ateye ndetse n’ibyo yambaye. Maze guha Murokozi ayo makuru namusanze aho yari (Cyunuzi) kuko ari ho hari iseta nshakiraho abagenzi.”

Yagize na none, ati:”Mpageze, namubajije niba yamubonye; ambwira ko nta we yabonye.Twahise tujya kubaza umushoferi w’imodoka uwo muntu yategeye aho namubonye; uwo mushoferi yatubwiye ko yaje gutahura ko afite urumogi maze yanga kumutwara mu modoka.”

Nsengiyumva yavuze ko we na Murokozi bahise bajyana kuri moto aho yari yabonye uwo muntu kugira ngo barebe ko yaba agihari, ariko bahageze baramubura.

Yakomeje agira ati:”Twajagajaze utuyira two muri ako gace kugira ngo turebe ko twamubona ariko ntitwamuca iryera.Twahise tugaruka i Cyunuzi kureba ko yaba yahageze maze tukihagera tumubona mu modoka y’imwe mu ma Kompanyi atwara abagenzi mu modoka, duhita tumuvanamo, hanyuma tumusaba kutwereka ibyo afite mu gafuka, maze turebyemo dusanga agafuka kuzuye urumogi, maze duhita tumuheka kuri moto tumujyana kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe.”

Nsengiyumva yasabye abamotari bagenzi be kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose.

Yagize ati:”Abanywi b’ibiyobyabwenge ni bo ahanini basambanya abana, ni bo bakubita abantu no kubakomeretsa, ni bo biba, ndetse ni na bo bahohotera abantu mu buryo butandukanye. Nk’umuntu usobanukiwe ububi bwabyo sinashoboraga kumureka ngo agenda. Ni yo mpamvu nakoze ibishoboka byose kugira ngo afatwe; kandi mfatanyije na Murokozi nabigezeho.”

Murokozi we yagize ati:” Abanywa ibyo bitindigasani by’ibiyobyabwenge bakora ibikorwa bihungabanya ituze ry’abantu. Nsengiyumva akimara kumbwira ko hari umuntu akeka ko yaba afite urumogi, ndetse akambwira ko ashobora kuza kunkatishaho tike, nahise nitegura kumufatisha ahageze.”

Yakomeje agira, ati:”Nubwo byatugoye; turishimira ko umuhate wacu utapfuye ubusa kuko amaherezo twamufashe kandi tumushyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Uburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yashimye Nsengiyumva na Murokozi k’uby’icyo gikorwa bakoze cyo gufatana Itangishaka ruriya rumogi kandi bakamushyikiriza Polisi y’u Rwanda.
IP Kayigi yagize, ati:”Bigaragaza ko abantu bamaze gusobanukirwa uruhare rwabo mu kwicungira umutekano. Aba bafatanye Itangishaka ruriya rumogi biyongera ku bandi baduhaye amakuru yatumye hafatwa abanyabyaha batandukanye.”

Yasabye abantu muri rusange kwirinda ibyaha aho biva bikagera; kandi bagaha Polisi y’u Rwanda amakuru yatuma hafatwa ababikoze cyangwa abafite imigambi yo kubikora.

RNP

2016-03-24
Editorial

IZINDI NKURU

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Editorial 17 May 2016
Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha

Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha

Editorial 12 May 2016
Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Editorial 19 Apr 2021
Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Editorial 06 Nov 2017
Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Editorial 17 May 2016
Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha

Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha

Editorial 12 May 2016
Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Editorial 19 Apr 2021
Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Editorial 06 Nov 2017
Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Editorial 17 May 2016
Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha

Abatuye muri Musanze basabwe kudahishira abanyabyaha

Editorial 12 May 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru