• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Editorial 24 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ahagana saa kumi n’ebyiri zo mu gitondo cyo ku itariki 23 Werurwe, umumotari witwa Nsengiyumva Emmanuel ukorera mu karere ka Kirehe na Murokozi Steven, ukora akazi ko kugurisha amatike muri imwe mu ma Kompanyi atwara abagenzi mu modoka bafatanye ibiro 10 by’urumogi uwitwa Itangishaka Emile, hanyuma bamushyikiriza sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Kirehe, ho mu karere ka Kirehe.

Asobanura uko byagenze, Nsengiyumva yagize ati:”Ubwo nari nibereye mu kazi, nageze mu kagari ka Rwabutazi mbona umuntu twarufatanye afite agafuka rwarimo. Nagize amakenga ko yaba atwayemo urumogi. Niyumvishije ko agiye gufatira imodoka ijya i Kigali i Cyunuzi. Nahise mpamagara Murokozi kuri terefone kugira ngo uwo muntu naza kumukatishaho itike barebe ko yaba koko afite urumogi muri uwo mufuka.”

Nsengiyumva yakomeje agira, ati:”Namubwiye uko uwo muntu ateye ndetse n’ibyo yambaye. Maze guha Murokozi ayo makuru namusanze aho yari (Cyunuzi) kuko ari ho hari iseta nshakiraho abagenzi.”

Yagize na none, ati:”Mpageze, namubajije niba yamubonye; ambwira ko nta we yabonye.Twahise tujya kubaza umushoferi w’imodoka uwo muntu yategeye aho namubonye; uwo mushoferi yatubwiye ko yaje gutahura ko afite urumogi maze yanga kumutwara mu modoka.”

Nsengiyumva yavuze ko we na Murokozi bahise bajyana kuri moto aho yari yabonye uwo muntu kugira ngo barebe ko yaba agihari, ariko bahageze baramubura.

Yakomeje agira ati:”Twajagajaze utuyira two muri ako gace kugira ngo turebe ko twamubona ariko ntitwamuca iryera.Twahise tugaruka i Cyunuzi kureba ko yaba yahageze maze tukihagera tumubona mu modoka y’imwe mu ma Kompanyi atwara abagenzi mu modoka, duhita tumuvanamo, hanyuma tumusaba kutwereka ibyo afite mu gafuka, maze turebyemo dusanga agafuka kuzuye urumogi, maze duhita tumuheka kuri moto tumujyana kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe.”

Nsengiyumva yasabye abamotari bagenzi be kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose.

Yagize ati:”Abanywi b’ibiyobyabwenge ni bo ahanini basambanya abana, ni bo bakubita abantu no kubakomeretsa, ni bo biba, ndetse ni na bo bahohotera abantu mu buryo butandukanye. Nk’umuntu usobanukiwe ububi bwabyo sinashoboraga kumureka ngo agenda. Ni yo mpamvu nakoze ibishoboka byose kugira ngo afatwe; kandi mfatanyije na Murokozi nabigezeho.”

Murokozi we yagize ati:” Abanywa ibyo bitindigasani by’ibiyobyabwenge bakora ibikorwa bihungabanya ituze ry’abantu. Nsengiyumva akimara kumbwira ko hari umuntu akeka ko yaba afite urumogi, ndetse akambwira ko ashobora kuza kunkatishaho tike, nahise nitegura kumufatisha ahageze.”

Yakomeje agira, ati:”Nubwo byatugoye; turishimira ko umuhate wacu utapfuye ubusa kuko amaherezo twamufashe kandi tumushyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Uburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yashimye Nsengiyumva na Murokozi k’uby’icyo gikorwa bakoze cyo gufatana Itangishaka ruriya rumogi kandi bakamushyikiriza Polisi y’u Rwanda.
IP Kayigi yagize, ati:”Bigaragaza ko abantu bamaze gusobanukirwa uruhare rwabo mu kwicungira umutekano. Aba bafatanye Itangishaka ruriya rumogi biyongera ku bandi baduhaye amakuru yatumye hafatwa abanyabyaha batandukanye.”

Yasabye abantu muri rusange kwirinda ibyaha aho biva bikagera; kandi bagaha Polisi y’u Rwanda amakuru yatuma hafatwa ababikoze cyangwa abafite imigambi yo kubikora.

RNP

2016-03-24
Editorial

IZINDI NKURU

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

Editorial 26 Nov 2024
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Editorial 16 Feb 2023
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Editorial 01 Mar 2022
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Editorial 24 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwego rw’ubutabera ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba: Prof Rugege
Mu Rwanda

Urwego rw’ubutabera ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba: Prof Rugege

Editorial 15 Jan 2018
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo

Editorial 26 Jan 2017
Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Editorial 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru