• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka   |   28 Jun 2025

  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Editorial 27 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yagiranye ibiganiro na Perezida Alassane Dramane Ouattara wa Côte d’Ivoire uri mu Rwanda, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend, itangira kuri uyu wa Gatanu.

Iyi nama iramara iminsi itatu ihuje abasaga 1000 barimo abanyapolitiki, abayobozi mu nzego z’ubucuruzi, abahagarariye imiryango itari iya leta, inzego zihagarariye uturere n’abafatanyabikorwa ba Afurika, ku wa 27-29 Mata 2018.

Ibiro bya Perezida wa Côte d’Ivoire byatangaje ko “Ibiganiro hagati y’aba bakuru b’ibihugu babiri byibanze ku mubano w’ibihugu byombi hagati ya Côte d’Ivoire n’u Rwanda; inzira n’uburyo bwakoreshwa mu kuwongerera imbaraga. Banagarutse ku bibazo bireba Afurika n’Isi muri rusange.”

Perezida Ouattara yageze mu Murwa Mukuru w’u Rwanda mu ma saa moya z’ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 25, mu ruzinduko rw’ubucuti n’akazi, byatangajwe ko rugomba kumara amasaha 72, kuko rusozwa kuri uyu wa Gatanu.

Icyo gihe yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo na mugenzi we wa Côte d’Ivoire ushinzwe ubutwererane na Afurika n’imikoranire y’Abanya- Côte d’Ivoire bari mu mahanga, Ally Coulibaly na Ambasaderi wa Côte d’Ivoire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Rwanda, Joachim Djabia Anviré.

Akigera i Kigali, uyu mugabo w’imyaka 76 yatangariye uburyo u Rwanda rukomeje gutera imbere kubera imiyoborere ya Perezida Kagame n’uruhare ari kugira mu kugarura amahoro mu gice cya Afurika yo hagati, akaba ari nawe uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri uyu mwaka.

Icyo gihe yashimangiye ko mu biganiro azagirana na Perezida Kagame bazagaruka no ku ruhare rwa Côte d’Ivoire nk’igihugu kizaba kigize akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano, mu 2018 na 2019.

Mbere yo kugirana ibiganiro na Perezida Kagame, Ouattara yunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, rushyinguwemo imibiri isaga ibihumbi 250.

Kuri uru rwibutso ruri ku Gisozi, Perezida Ouattara yahavugiye amagambo agaragaza ko yifatanyije n’Abanyarwanda mu byababayeho, ariko asaba ko ibihugu bikora ibishoboka ngo “ibyabaye ntibizasubire, ntihazagire n’umuntu uwo ariwe wese unyura mu bintu nk’ibyababayeho.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu mu nama ya Mo Ibrahim, biteganyijwe ko aribwo Ellen Johnson Sirleaf wahoze ari Perezida wa Liberia ashyikirizwa igihembo cy’umwaka wa 2017, kubera imiyoborere yagaragaje mu bihe bikomeye Liberia yanyuzemo mu myaka ishize.

Iki gihembo cya Mo Ibrahim cy’imiyoborere y’indashyikirwa kiba giherekejwe n’ibahasha ya miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika, n’andi 200.000$ uwegukanye icyo gihembo ahabwa buri mwaka, mu buzima bwe bwose.

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yagiranye ibiganiro na Perezida Alassane Dramane Ouattara wa Côte d’Ivoire uri mu Rwanda, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend, itangira kuri uyu wa Gatanu

Ibiro bya Perezida wa Côte d’Ivoire byatangaje ko “Ibiganiro hagati y’aba bakuru b’ibihugu babiri byibanze ku mubano w’ibihugu byombi hagati ya Côte d’Ivoire n’u Rwanda’


2018-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Editorial 06 Jun 2024
Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Editorial 13 Dec 2021
Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Editorial 10 Oct 2018
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Editorial 06 Jun 2024
Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Editorial 13 Dec 2021
Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Editorial 10 Oct 2018
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Editorial 06 Jun 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru