• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Kongera imbaraga mu mubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire kimwe mubyaganiriweho hagati ya Perezida Kagame na Alassane Ouattara

Editorial 27 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yagiranye ibiganiro na Perezida Alassane Dramane Ouattara wa Côte d’Ivoire uri mu Rwanda, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend, itangira kuri uyu wa Gatanu.

Iyi nama iramara iminsi itatu ihuje abasaga 1000 barimo abanyapolitiki, abayobozi mu nzego z’ubucuruzi, abahagarariye imiryango itari iya leta, inzego zihagarariye uturere n’abafatanyabikorwa ba Afurika, ku wa 27-29 Mata 2018.

Ibiro bya Perezida wa Côte d’Ivoire byatangaje ko “Ibiganiro hagati y’aba bakuru b’ibihugu babiri byibanze ku mubano w’ibihugu byombi hagati ya Côte d’Ivoire n’u Rwanda; inzira n’uburyo bwakoreshwa mu kuwongerera imbaraga. Banagarutse ku bibazo bireba Afurika n’Isi muri rusange.”

Perezida Ouattara yageze mu Murwa Mukuru w’u Rwanda mu ma saa moya z’ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 25, mu ruzinduko rw’ubucuti n’akazi, byatangajwe ko rugomba kumara amasaha 72, kuko rusozwa kuri uyu wa Gatanu.

Icyo gihe yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo na mugenzi we wa Côte d’Ivoire ushinzwe ubutwererane na Afurika n’imikoranire y’Abanya- Côte d’Ivoire bari mu mahanga, Ally Coulibaly na Ambasaderi wa Côte d’Ivoire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu Rwanda, Joachim Djabia Anviré.

Akigera i Kigali, uyu mugabo w’imyaka 76 yatangariye uburyo u Rwanda rukomeje gutera imbere kubera imiyoborere ya Perezida Kagame n’uruhare ari kugira mu kugarura amahoro mu gice cya Afurika yo hagati, akaba ari nawe uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri uyu mwaka.

Icyo gihe yashimangiye ko mu biganiro azagirana na Perezida Kagame bazagaruka no ku ruhare rwa Côte d’Ivoire nk’igihugu kizaba kigize akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano, mu 2018 na 2019.

Mbere yo kugirana ibiganiro na Perezida Kagame, Ouattara yunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, rushyinguwemo imibiri isaga ibihumbi 250.

Kuri uru rwibutso ruri ku Gisozi, Perezida Ouattara yahavugiye amagambo agaragaza ko yifatanyije n’Abanyarwanda mu byababayeho, ariko asaba ko ibihugu bikora ibishoboka ngo “ibyabaye ntibizasubire, ntihazagire n’umuntu uwo ariwe wese unyura mu bintu nk’ibyababayeho.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu mu nama ya Mo Ibrahim, biteganyijwe ko aribwo Ellen Johnson Sirleaf wahoze ari Perezida wa Liberia ashyikirizwa igihembo cy’umwaka wa 2017, kubera imiyoborere yagaragaje mu bihe bikomeye Liberia yanyuzemo mu myaka ishize.

Iki gihembo cya Mo Ibrahim cy’imiyoborere y’indashyikirwa kiba giherekejwe n’ibahasha ya miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika, n’andi 200.000$ uwegukanye icyo gihembo ahabwa buri mwaka, mu buzima bwe bwose.

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yagiranye ibiganiro na Perezida Alassane Dramane Ouattara wa Côte d’Ivoire uri mu Rwanda, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend, itangira kuri uyu wa Gatanu

Ibiro bya Perezida wa Côte d’Ivoire byatangaje ko “Ibiganiro hagati y’aba bakuru b’ibihugu babiri byibanze ku mubano w’ibihugu byombi hagati ya Côte d’Ivoire n’u Rwanda’


2018-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Editorial 17 Jan 2019
Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Editorial 27 Mar 2018
Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Editorial 22 Nov 2018
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Editorial 25 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo  ukurikirana
Mu Mahanga

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo ukurikirana

Editorial 06 Oct 2016
CNLG yashyize hanze urutonde rw’abasirikare bakuru 22 b’u Bufaransa bari mu mugambi wa Jenoside
ITOHOZA

CNLG yashyize hanze urutonde rw’abasirikare bakuru 22 b’u Bufaransa bari mu mugambi wa Jenoside

Editorial 02 Nov 2016
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru