• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Editorial 04 Apr 2016 Mu Mahanga

Bwambere agezwa imbere y’Urukiko ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kuri uyu wa Mbere, Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, yavuze ko ntacyo yavuga ku byo aregwa no ku bijyanye n’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ntangazwa winjijwe mu cyumba cy’iburanisha atuje, umucamanza mu Rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga yatangiye amusomera ibyaha bitanu akurikiranyweho n’ubushinjacyaha birimo jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, gushishikariza abantu gukora Jenoside, ubwicanyi, kurimbura imbaga no gusambanya abagore ku ngufu.

Ubushinjacyaha bwagaragaje inama zinyuranye yakoresheje ngo agamije guhuza ibikorwa by’umugambi w’ibyaha akurikiranyweho, hamwe n’ibyitso bye.

Ingero n’iyo ngo yatumije yabereye ku biro bya Komini Nyakizu, yitabiriwe n’interahamwe zo muri iyo Komini no mu tundi duce, abasirikari, abapolisi n’abajandarume ba Komini, ndetse n’impunzi z’Abarundi zari zahungiye muri Nyakizu, aho ngo yatangiye amabwiriza yo kugaba ibitero kuri paroisse ya Cyahinda yari yahungiyemo abatutsi benshi baturutse ku Gikongoro na Butare.

Iyi ngo yakurikiwe n’iyabereye iwe mu rugo muri serire Nyagisozi, segiteri Nyagisozi, yatangiwemo imbunda zagombaga gukoreshwa mu kwica abatutsi.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko tariki ya 15 Mata 1994, Ntaganzwa we ubwe yafashe imbunda apakira abajandarume mu modoka ya komini, ategeka interahamwe n’Abarundi bari muri Nyakizu kugota inyubako zari zizengurutse paruwasi ya Cyahinda kandi ko yabikoze akoresheje indangururamajwi. Icyo gihe ngo yari yashyizeho abagombaga kuyobora buri ruhande neza ngo hatagira umututsi ubasha gucika, ahaguye abatutsi barenga ibihumbi 20.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hagati ya tariki eshanu n’eshashatu Gicurasi, uregwa afatanyije n’abandi yageze muri segiteri Maraba, ategeka ko batsemba abo basanze muri centre ya Bukarama.

Ku bijyanye no gusambanya abagore ku ngufu, ngo mu ntangiriro za Mata, ageze kuri bariyeri ya Ryabidandi muri Nyakizu, uregwa yategetse abajandarume bagera ku munani, interahamwe n’abandi baturage gusambanya abagore b’abatutsikazi ku ngufu. Icyo gihe ngo hari umugore basimburanyeho barangije baramwica.

Bushingiye ku buremere bw’ibyo aregwa no kuba yarabanje gushakishwa n’ubutabera, ubushinjacyaha bwamusabiye kuburana afunze.

Abajijwe n’umucamanza icyo abivugaho ndetse n’ibyo aregwa niba abyemera cyangwa abihakana, yagize ati ″ Ntacyo mbivugaho, ahubwo nazanywe mu Rukiko ntabimenyeshejwe, kandi sinigeze mvugana n’umwunganizi.”

Yavuze ko atigeze amenyeshwa dosiye ikubiyemo ibyo aregwa, ariko ubushinjacyaha bwo buvuga ko yabimenyeshejwe kuva mu bugenzacyaha, kandi n’umucamanza yamubwiye ko iyo dosiye ari yo yoherejwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, ICTR.

Ku ruhande rw’ubushinjacyaha, ngo igisubizo cy’uregwa kigaragaza ko adashaka kugaragaza ukuri dore ko yagiye agitanga mu bugenzacyaha no mu bushinjacyaha ubwo yabazwaga, akemera ko azavugira imbere y’urukiko none akaba atabikoze. Gusa ngo ni uburenganzira bwe nubwo bitabuza urubanza gukomeza.

Naho ku bijyanye n’Abatutsi biciwe i Cyahinda yicecekeye yanga kuvuga.

Umwunganizi we Maitre Bugabo Laurent, yasabye urukiko ko hatangwa ukwezi ngo hashakwe ibimenyetso bishinjura umukiliya we kuko avuga ko atigeze agira uruhare mu ikorwa rya dosiye y’ibyo aregwa.

Icyemezo ku ifunga n’ifungurwa cyizasomwa tariki ya 6 Mata 2016.
Ladislas Ntaganzwa yatawe muri yombi ku wa 7 Ukuboza 2015 ahitwa Nyanzale muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, agezwa mu Rwanda ku wa 20 werurwe 2016.

2016-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Editorial 21 Nov 2021
Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Umuhamya w’Amateka: 7/1/1994, Kavaruganda yahuye na Booh-Booh, Abayobozi ba FAR bahura n’ab’Interahamwe

Editorial 13 Apr 2016
Umunyamakuru Gasasira Gaspard  yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Editorial 07 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Editorial 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Editorial 11 Feb 2020
Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024
Amakuru

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Editorial 10 Oct 2023
Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights
Mu Mahanga

Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights

Editorial 07 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru