• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze
Kayumba Nyamwasa na Leah Karegeya

Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze

Editorial 22 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Byari tariki ya 29 Gashyantare 2019, ubwo I Washington DC habaga umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya ariko  Kayumba Nyamwasa akabuza uwariwe wese muri RNC kubyitabira ndetse nawe ntiyagira ijambo avuga akoresheje Skype nkuko asanzwe abikora. Ibi byababaje cyane Leah Karegeya kuburyo mu ijambo rye atabashije guhisha umujinya afitiye Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke muri rusange.

Kuri iyo tariki ubwo bibukaga Karegeya, Gervais Condo niwe wenyine wabashije kujyayo ariko nawe ajyayo ku giti cye. Mu bucukumbuzi Rushyashya yakoze,  yaje kumenya ikibyihishe inyuma;  Kayumba Nyamwasa yumvaga uyu muhango uri bube umwanya mwiza kuri Leah Karegeya wamwiyomoyeho wo kugaragaza ibinyoma n’amakosa ye  muri RNC akoresheje cyane amarangamutima. Ariko ntibyamubujije kugira ubutumwa agenera Kayumba Nyamwasa.

Mu gusoza ijambo rye, Leah Karegeya yavuzeko afite ubutumwa ububiri, bumwe bugenewe abana be ubundi bugenewe RNC ariko yavugaga umuntu ariwe Kayumba Nyamwasa, ndetse ashaka no kugaragariza abana be uwo Kayumba Nyamwasa uwariwe aho yagize ati

 “Muzafate umuntu mu mugongo niba namwe mushaka ko babafata mu mugongo mu minsi iri imbere; Kuba ubuyobozi bwa RNC muri Amerika butitabiriye uyu muhango, biragaraza umurongo RNC igenderaho mu gihe kwibuka Karegeya byaduhuzaga. Umuntu ntiyaba ari inshuti yawe, mu gihe adashobora kuvuga neza izina ryawe mu ruhame igihe udahari. Imbaraga z’umugabo uzibona uburyo yitwara mu byago. Njyewe ibyago wanteje nabinyuzemo ndabizi, ndagirango nkumenyeshe ku mugaragaro ko watsinzwe. Abantu benshi bamaze kukuvaho ntibanakikwizera kuzana impinduka wemeye…….”

Leah yashakaga kwereka abana be isura nyayo ya Kayumba Nyamwasa abenshi bibeshya ko ari inshuti y’umuryango. Rushyashya yaje kumenya ko bitarangiriye aho,  ahubwo Leah Karegeya yafashe Telephone ahamagara Kayumba Nyamwasa aramutuka aramwandagaza, Kayumba Nyamwasa akabiburira ubusobanuro, aho yavuzeko azamusobanurira impamvu yashize umujinya, nkuko tubikesha abaduha amakuru muri RNC.

Ikigaragara, ibyo Kayumba Nyamwasa yabashije kugeraho ni ukuburizamo ibitangazamkuru by’ibigarasha kuvuga kuri uwo muhango. Kuri uwo munsi, Kayumba Nyamwasa yavuye mu mwobo yihishamo avugana na Serge Ndayizeye kuri Radio rutswitsi Itahuka. Kayumba Nyamwasa yivugiye kuri Kizito Mihigo si ukumutaka amugira umutagatifu ndetse na Mandela w’Afurika. Ibi byari bifite ubutumwa bukomeye. Kayumba Nyamwasa yashakaga kwerekana ko Leah Karegeya ntacyo avuze muri RNC dore ko yirirwa avuga ko umuvuyeho wese azima burundu. Mu nama yakoresheje avuga ibi yatanze urugero rwa Rudasingwa Theogene n’abandi.

Kuba Kayumba Nyamwasa yaragiye gutaka Kizito Mihigo atazi, ku munsi umwe no kwibuka Karegeya Patrick babanye bagakorana igisirikari, kugeza bombi bafashe umugambi umwe wo gukorera igihugu cya Uganda bakiri mu girisikari cy’u Rwanda, bakarinda bahunga bose bagashingira hamwe RNC muri Afurika y’Epfo, byerekana urwango rurenze ruri hagati ya Leah Karegeya na Kayumba Nyamwasa. Kuva Karegeya yakwicwa hari amakuru yavuzwe ko yaba yaragambaniwe na Kayumba Nyamwasa.

Leah Karegeya wafatwaga nk’umujyanama w’ikirenga muri RNC nawe yayisezeyemo ajyana na Jean Paul Turayishimye ndetse na komite ya Canada, bashinja Kayumba Nyamwasa kugambanira Benjamin Rutabana. Muri iyo Komite ya Canada yirukanwe, harimo mushiki wa Rutabana Tabita Gwiza na mukuru we Ndwaniye Simeon nuwahoze ari umubitsi wa RNC/Canada witwa Jean Paul Ntagara.

2020-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za  M23

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za M23

Editorial 28 Jan 2017
Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 07 Jul 2020
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Editorial 25 Nov 2017
Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Editorial 19 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka
Mu Mahanga

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka

Editorial 20 Jul 2016
Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.
Amakuru

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Editorial 16 Jun 2021
Agnès Mukarugomwa Alias Mukaruharwa ,inkotsa y’Ikondera Libre, ni muntu ki?
Amakuru

Agnès Mukarugomwa Alias Mukaruharwa ,inkotsa y’Ikondera Libre, ni muntu ki?

Editorial 07 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru