• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Editorial 30 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yaho Leta ya Pierre Nkurunziza itangaje ko igiye kwikura mu bihugu bigize akanama k’ Uburenganzira bwa muntu muri Loni, kongereye Komisiyo y’ iperereza ku Burundi manda nshya.

Uyu mwanzuro wemerera iyi Komisiyo gukora iperereza ku bwicanyi bwakozwe n’ inzego z’ umutekano nyuma yaho Perezida Nkurunziza atorerwa kuyobora manda ya gatatu mu Burundi wafashwe n’ Ibihugu bigize Akanama ku Burenganzira bwa Muntu muri Loni yo kuwa 28 Nzeri 2018.

Ibihugu 23 byatoye byifuza ko iyi komisiyo yahabwa manda nshya yo gukomeza umurimo mu Burundi, ibihugu 17 byo muri Afurika byifashe naho ibihugu 7 byatoye byanga ko iyi Komisiyo yongererwa manda nshya yo gukorera mu Burundi.

Leta ya CNDD/FDD iyobowe na Perezida Nkurunziza yari yarahiye ko ishobora kuva muri aka kanama mu gihe cyose iyi komisiyo yongerewe manda yo gukorera muri iki gihugu.

Mu rwego rwo kurwanya ibikorwa by’ iperereza by’ iyi komisiyo , mu ntangiriro z’ iki cyumweru, Leta y’ u Burundi yari yatangiye kumvisha bimwe mu bihugu bya Afurika kudatora ko manda y’ iyi komisiyo ivugururwa, nk’ uko bitangazwa na RFI.

Aya makuru akomeza ashimangira ko nyuma yaho manda y’ iyi komisiyo ivugururwa , abayobozi bakuru bagize Leta y’ u Burundi bagaragaje umubabaro ukomeye kuko bikanga ibikorwa by’ ihohoterwa byakorewe abaturage byamenyekana.

Leta ya Pierre Nkurunziza ikomeje gushinjwa guhohotera, gufunga no kwica abaturage bari mu myigirambyo yamagana ko Perezida Nkurunziza ayobora manda ya gatatu , nk’ uko byari bitegenyijwe mu Itegekonshinga ry’ u Burundi.

Hashize imyaka 2 iyi komisiyo y’ iperereza ishinzwe ariko Leta y’ u Burundi yanze guha amahirwe abakozi ba Loni gukorera ku butaka bwayo.

Mu rwego rwo kugerageza kumenya ibyabaye mu Burundi mu mwaka w’ I 2017, ibifashijwemo n’ Itsinda ry’ Abanyafurika ndetse n’ umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu mu Burundi ACCOR, aka Kanama kagerageje kohereza intumwa 3 zikorana na Leta.

Izi ntumwa zimaze kugera muri iki gihugu, Leta y’ u Burundi yahise izinaniza yanga gukorana nazo ahubwo bimwa n’ impapuro z’ inzira (visa) muri Mata 2017.

Mu gihe Leta ya Nkurunziza ibabajwe n’ iri vugururwa rya manda nshya ya komisiyo y’ iperereza igiye gukorera mu Burundi, Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu, HRW watangaje ko wishimiye iyi ntambwe igezweho.

Uyu muryango HRW usanga iki cyemezo kizatuma ubutabera burenganura imiryango y’ inzirakarengane zisaga igihumbi harimo abishwe , abahohotewe mu buryo bunyuranye ndetse n’ abandi bafungiye ahantu hatazwi kugeza ubu.

2018-09-30
Editorial

IZINDI NKURU

Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]

Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]

Editorial 19 Apr 2019
Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Editorial 18 May 2020
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Editorial 08 May 2024

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    September 30, 20189:25 am -

    Uruvuga undi ntirugoma koko ndabyemeye! Kandi ngo nta nkumi yigaya!

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 2, 201810:54 am -

    Iriya foto yageze hariya ite? Ndayibuka itwereka ibibera i Kami!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias  Rukokoma  ( VIDEO )
ITOHOZA

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias Rukokoma ( VIDEO )

Editorial 26 Aug 2016
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda
Amakuru

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2024
Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?
INKURU NYAMUKURU

Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Editorial 14 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru