• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Editorial 27 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru y’iyirukanwa ry’abo Banyarwanda yemejwe n’Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, tariki ya 27 Werurwe 2020. Nkuko tubikesha Imvaho nshya.

Gatabazi avuga ko byatangiye mu ntangiriro z’ikicyumweru, abirukanwe ubu bakaba bacumbikiwe ahantu hatandukanye kugira ngo bitabweho uko baje hatagira uwaba afite icyo cyorezo akanduza undi uje atagifite.

Bagiye binjirira mu mirenge itandukanye,y’uturere dukora ku mupaka wa Uganda n’u Rwanda, ari yo Cyanika, Kagogo, Kinyababa, Butaro, Kivuye, Gatebe na Bungwe ho mu karere ka Burera; hari abinjiriye mu mirenge ya Rubaya, Cyumba na Kaniga yo mu karere ka Gicumbi.

Gatabazi yagize ati “Ni byo koko hari abaturage bagera kuri 342 ariko hari n’abandi twakiriye guhera muri iki cyumweru gitangira; babanje kwinjirira muri Burera abandi ninjirira muri Gatuna, ariko abenshi bacaga mu nzira zitemewe ariko nabo iyo ubasobanuje barakubwira ngo batwirukanye tugeze ahangaha baratubwira ngo tujyane n’abamotari nabo bakatujyana mu nzira zitari zo, akarinda agera ku mupaka ahatanemewe.

Bamwe bari muri Gicumbi, twabashyize ahantu ha bonyine kubera ko bavuye mu gihugu kindi kugira ngo badahura n’abo mu ngo hakagira uwaba yakanduza undi; twabahyize mu kigo cya Kagogo, Cyanika, Mwumba abandi bari muri Gicumbi i Kageyo no mu mugi hari hoteli ebyiri zafashwe zari zisanzwe zakira abagenzi, abandi bari ahitwa Karambo hafi no ku Rwesero. Baracyaza rero, na nimugoroba n’uyu munsi mu gitondo hari abo twahuye twaganiriye, bavuye Kampala.”

Guverineri Gatabazi yakomeje avuga ko bagiye bamubwira ko bamwe bageze Kabale muri Uganda ari benshi bigasaba buri wese kwirwanaho kugira ngo agere mu Rwanda. Ati “Iyo tubabajije rero batubwira ko babirukanye, babanje kubabwira ngo Abanyarwanda babazanira Coronavirusi, babafata nk’aho ari bo bazana iyo virusi muri Uganda.

Hanyuma ariko icyaje kugaragara mu minsi itatu ishize ni uko hari ingabo za UPDF (Uganda People Defense Force) ku mupakaka wa Cyanika kugeza ku wo ku ruhande rwa Gicumbi, noneho ba baturage b’Abanyarwanda twabwiraga ngo baze bari bafiteyo utuduka, imirima bahinga n’abasanzwe bakora mu mahoteli no mu maresitora yari agikora muri Uganda, abo bose babazanye ndetse hari n’icyabaye aho bita mu Gahenerezo ugana za Kagogo abari bahafite amaduka bacuruzagamo bavanyemo ibintu byabo, imyaka abaturage barabigabana, hanyuma ubu nabo bari kuza mu Rwanda.

Ntabwo tuzi ikiri inyuma y’ibi byose aiko igihari ni uko nk’uko amabwiriza yacu abivuga imipaka yari ifunze, ntawe ugomba kwambuka ntawe ugomba kuza ariko noneho abongabo barimo kuza bavuga ko babirukanye mu gihugu, ngo ni batware iwabo iyo virusi, ni yo magambo bakoresha.”

Ku munsi wa Kane, ejo hashize honyine, hirukanywe Abanyarwanda bagera ku 145 bakiriwe ku mipaka y’u Rwanda na Uganda, mbere yaho haje hafi 100, kandi n’uyu munsi u Rwanda rukaba rwiteguye kwakira abandi.

Abirukanwa baza nta kimtu bafite mu byo bari batunze, kandi abo mu Gahenerezo hakurya y’u Rwanda bacuruzaga bakaba baje bamaze gusenyerwa no gusahurwa.

Abageze mu Rwanda, bakurikiranwa byihariye, bafite abaganga babakurikirana, bakagaburirwa 3 ku munsi, aharimo n’umunyekongo nawe wari ugiye mu kazi ke muri Uganda. Itsinda rije umunsi umwe rishyirwa ukwaryo rigategereza ko iminsi 14 ishira ngo barebe ko nta kindi kibazo bafite.

Abanyarwanda birukanywe bavuze ko ubu inzego za gisirikare zaho ziri guhiga bukware umunyarwanda aho ari hose kugira ngo yirukanywe ikubagahu.

2020-03-27
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Editorial 28 Sep 2024
Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 17 Mar 2021
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Editorial 13 Nov 2019
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Editorial 16 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka

Editorial 05 Apr 2016
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe
INKURU NYAMUKURU

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Editorial 13 Nov 2019
Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu
ITOHOZA

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Editorial 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru