• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Editorial 08 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Joseph Kabila n’ubutegetsi bwe muri DRC ubu buragendera ku mibare y’umunsi, bukiruhutsa bubonye uciyeho, none LONI na Kiliziya gatulika birasaba uwo Kabila n’ubutegetsi bwe gutanga ibyo bitatanga n’iyo byagenda bite !

Tariki 31 z’ukwezi gushize muri Kinshasa n’ahandi mu duce dutandukanye twa DRC abadashyigikiye yuko Kabila aguma ku butegetsi bakoze imyigaragambyo isaba yuko Kabila agomba kurekura ubutegetsi umwaka utarashira, abashinzwe umutekano babereka yuko nta mikino bafitanye nabo nk’uko bari barabitangarijwe mbere.

Ubusanzwe imyigaragambyo yo gushaka yuko Kabila arekura ubutegetsi itegurwa n’amashyaka atavuga rumwe na leta ariko iyo mu mpera z’umwaka ushize yari yahawe umugisha na kiliziya Gatulika.

Perezida Kabila yari kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma mu mpera z’umwaka ushize ariko amatora yo guhitamo uwamusimbura ntiyakorwa. Haza kubaho imishyikirano yayobowe na kiliziya Gatulika, Kabila n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bemeranya yuko yakomeza kuyobora kugeza muri Kamena umwaka ushize aho hari kubaho amatora ariko Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamaza. 

Ayo matariki y’amatora yegereje leta iza gutangaza yuko bitashoboka ahubwo amatora azaba mu mpera za 2018, bitanavuzwe yuko Kabila azaba yemerewe kuzongera cyangwa kutazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Abo muri opozisiyo ibyo by’amatora kuzaba mu mpera z’uyu mwaka dutangiye ntabwo bigeze babyemera ahubwo bakomeza kuvuga yuko 2017 igomba kuzajyana na Kabila ! Uko niko Kiliziya Gatolika yari umuhuza mu biganiro byatumye mu mpera za 2016 hataduka imirwano muri DRC yabonye yuko Kabila akomeje gukinisha igihugu ahamagarira abayoboke bayo kuzakora imyigaragambyo mu ituze inahamagarira Kabila kuba yarekuye ubutegetsi mbere yuko umwaka wa 2017 urangira. Uko ni nako hakozwe imyigaragambyo tariki 31 z’ugushize aho bivugwa yuko leta yayakiranye ubugome bukomeye, cyane yuko yari yarihanangirije ko nta myigaragambyo nk’iyo yemewe !

LONI yamaganye ubutegetsi bwa Kabila kuba bwaraburijemo iyo myigaragambyo n’uburyo bwabikozemo. Umuvugizi w’ishami rya LONI rishinzwe uburenganzira bwa kiremwamuntu, Liz Throssell ejo yavugiye Geneva yuko ubutegetsi bwa Kabila bugomba kureka abantu bakikorera imyigaragambyo ngo kuko babifitiye uburenganzira. Madamu Liz akavuga yuko n’ubwo ubwo butegetsi bwa Kabila budafite uburenganzira bwo kubuza abantu kwigaragambya, ngo bwanakoresheje n’imbaraga za kinyamaswa mu kuyihagarika. Ngo bwakoresheje ibisasu by’imyotsi (tear gas), iby’imipira n’amasasu nya masasu yica. 

LONI ikavuga yuko muri uko kuburizamo iyo myigaragambyo muri Kinshasa honyine harashwe hanicwa abantu batanu, hakomeretswa 92 naho abagera ku 180 batabwa muri yombi. LONI igasaba ubutegetsi bwa Kabila yuko bwareka ubwo bukana abantu bakazajya bigaragambya ngo kuko ari uberenganzira bwabo !

Kiliziya gatulika muri DRC yo imibare y’abishwe, abakomerekejwe cyangwa abafashwe bagafungwa uwugira minini kurusha uwo utangwa na LONI, ikanababazwa n’uko ibyo byakozwe ingabo z’iyo LONI muri Congo (MUNUSCO) zirebera.

Umushumba mukuru wa Diyosezi ya Kinshasa, Musenyeri Jea Pierre Kwamba Masi, avuga yuko abashinzwe umutekano muri icyo gihugu barashe banica abantu benshi kurusha n’abo LONI ivuga. Ngo bibi kurushaho n’uko banarasirwagwa bakicirwa no mu biliziya nk’uko banahatererwaga ibyo bisasu by’imyotsi. Musenyeri Kwamba Masi nawe agasaba yuko leta ya Kabila yareka abantu bakigaragambya ngo kuko ari uburenganzira bahabwa n’amategeko.

Ibyo ariko ni ugusaba Kabila ibyo adashobora gutanga. Abigaragambya baba bamusaba yuko ava ku butegetsi kandi we adashaka kubuvaho. No kuvuga kandi ngo abamurwanya baba bigaragambya mu mutuzo ntabwo aribyo kuko imyigaragambyo yabo kenshi irangwa n’ubusahuzi harimo no guhohotera abatifuza kwifatanya nabo mu kwamagana Kabila !

Casmiry Kayumba 

2018-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

Editorial 26 Nov 2024
Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Editorial 14 Apr 2019
Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Editorial 19 Jul 2018
Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Editorial 06 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya
Mu Mahanga

Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya

Editorial 19 May 2018
Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?
ITOHOZA

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Editorial 23 Dec 2016
Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe
HIRYA NO HINO

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Editorial 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru