• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda

Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 26 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Impinduka ziherutse gukorwa mu nzego z’umutekano za Uganda ngo zaba zisa nk’aho ari zo zihishuye uwari  inyuma  y’umutekano muke hagati y’u Rwanda na Uganda.

Kugerageza kubyutsa umubano kuje nyuma yaho Minisitiri w’umutekano Gen Henry Tumukunde akuweho, urwikekwe kumpande zombi kwatangiye  kugaragaramo  kuva mu Ukwakira 2017, bikurikiye itabwa muri yombi ry’Umunyarwanda Rene Rutagungira wafashwe n’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda.(CMI).

Amakuru avuga ko Gen Henry Tumukunde, afitanye umubano na Kayumba Nyamwasa wahamijwe ibyaha ndetse akamburwa impeta za gisirikare ariko ubu akaba aba muri Afurika y’Epfo mu buhungiro.

Ikindi kandi  Nyamwasa rimwe na rimwe  yagiye agaragara  muri Uganda aho afitanye imikoranire n’abarwanyi ba FDLR.

Bivugwa ko Brig Gen Abel Kanduho ukuriye iperereza mu Ngabo za Uganda na Tumukunde ari abantu bitambika imikorere ya Guverinoma y’u Rwanda cyane.

Kugeza ubu, hari umubare w’Abanyarwanda bagifungiye muri gereza zitandukanye zo muri Uganda aho abenshi ari abari basanzwe bakora ibikorwa by’ubucuruzi byambukiranya imipaka umunsi ku wundi.

Ikinyamakuru Chimpreports kiravuga  ko  u Rwanda rwagaragaje impungenge ku ruhare rw’uwari minisitiri w’umutekano wa Uganda, Lt Gen. Henry Tumukunde mu gufasha abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bari mu karere.

Minisitiri Tumukunde akaba aherutse kwirukanwa ku mirimo ye na perezida Museveni kimwe n’uwari ukuriye igipolisi, Gen. Kale Kayihura, aho yabashinjaga kutavugana uko bikwiye byaje kubyara ubwumvikane bucye hagati yabo bikagira n’ingaruka ku mutekano w’igihugu.

Kuri iki Cyumweru itariki 26 Werurwe nyuma y’ibiganiro by’amasaha abiri na perezida kagame, Museveni yavuze ko nta kibazo gikomeye cy’umutekano kiri hagati y’ibihugu byombi ahubwo habayeho kutavugana uko bikwiye hagati y’abayobozi b’ibi bihugu.

Uwasimbuye minisitiri Tumukunde wakunze gushyirwa mu majwi n’u Rwanda, ari we Gen Elly Tumwiine, nawe akaba yari ari mu biganiro byabaye hagati y’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda batanze ikiganiro gitanga icyizere ku banyamakuru nyuma yo kubonana.

Muri iki kiganiro kandi, perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yijeje ko nta gushidikanya imibanire y’ibihugu byombi izarushaho gukomezwa, aho yatangaje ko icyo yavuga kandi anyuzwe cyane ari uko we na mugenzi we wa Uganda bumvikanye ku bintu byinshi by’ingenzi bifitiye inyungu ibihugu byabo ndetse n’akarere.

Lt Gen Henry Tumukunde na Brig Gen Abel Kandiho ukuriye Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare [ CMI], bashyizwe mu majwi kuba ku isonga ry’abakoreye iyicarubozo ry’inkazi, Umunyarwanda René Rutagungira, Fidele Gatsinzi n’abandi…Kuba Tumukunde  yarashyizwe ku ruhande haba hizewe ko umubano w’ibihugu byombi ugiye gusubira mu buryo,  abaturage b’u Rwanda  bakongera kwidegembya Kampala nkuko byari bisanzwe.

 

2018-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Editorial 13 Jun 2018
Ibisobanuro by’amafoto amaze iminsi  yitirirwa ingabo za FLN akwirakwizwa n’abiyita abanzi b’igihugu

Ibisobanuro by’amafoto amaze iminsi yitirirwa ingabo za FLN akwirakwizwa n’abiyita abanzi b’igihugu

Editorial 25 Jul 2018
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Editorial 30 Jul 2025
FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Maliya.
    March 26, 20184:00 pm -

    Ariko muzi kwiyenza..ubu se mwiyunze cg muracyashaka amahame.
    Mwabuze ibyo mwandika?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye
Mu Mahanga

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Editorial 14 Feb 2019
Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre
Mu Mahanga

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Editorial 24 Jul 2016
Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura
POLITIKI

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Editorial 15 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru