• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Editorial 10 Jan 2018 ITOHOZA

Ubushinjacyaha bwa Leta ya Malawi bwatangaje ko bugiye kujuririra icyemezo cy’Urukiko Rukuru cyo gutesha agaciro ubusabe bw’u Rwanda bwo kohereza Vincent Murekezi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Muri Gashyatare 2017 nibwo urukiko rwo mu Murwa Mukuru Lilongwe rwatesheje agaciro ubusabe bwo kohereza Murekezi mu Rwanda ruvuga ko nta masezerano ibihugu byombi bifitanye mu guhererekanya abanyabyaha, ariko nyuma bishyira umukono kuri ayo masezerano.

Abanyamategeko ba Murekezi barimo Wapona Kita na Gift Katundu, bagaragaje ko batemeranya n’ibikubiye muri ayo masezerano, basaba ko inkiko zakongera gukora isuzuma ariko ubushinjacyaha bwa Malawi bugaragaza ko butabikozwa.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutabera, Stephen Kayuni, yatangarije Nyasa Times dukesha iyi nkuru ko bamaze kujuririra Urukiko rw’Ikirenga basaba ko iri suzuma riteshwa agaciro.

Umwunganizi wa Murekezi, yatangaje ko ubushinjacyaha hari ibyo bwirengagije by’ibanze mu kujurira ndetse yizeye ko Urukiko rw’Ikirenga ruzabishingiraho rutesha agaciro icyo kirego.

Murekezi yahawe ubwenegihugu bwa Malawi mu 2003, aza gutabwa muri yombi mu Ukuboza 2016, atangira kuburana ku ngingo yo kumwohereza mu Rwanda kuburanishwa ku byaha bya Jenoside akekwaho.

Uyu mugabo yaburanishijwe ndetse akatirwa adahari n’Urukiko Gacaca rwo mu Karere ka Huye ku byaha bya Jenoside yakoreye i Tumba mu Karere ka Huye, aho akomoka.

Kuri ubu ari kurangiza igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa.

2018-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Editorial 26 Feb 2017
Umuzamu wa Rayon Sports yitabye Imana bitunguranye

Umuzamu wa Rayon Sports yitabye Imana bitunguranye

Editorial 12 Sep 2017
Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Editorial 19 Jul 2024
Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Editorial 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibigo bine bitanga serivisi z’umutekano
ITOHOZA

Polisi y’u Rwanda yahagaritse ibigo bine bitanga serivisi z’umutekano

Editorial 06 May 2017
ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Editorial 25 Mar 2019
Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.
Mu Mahanga

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Editorial 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru