• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Editorial 03 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yasubije Gustave Mbonyumutwa wo muri JAMBO asbl, ishyirahamwe ry’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, wamushinjaga kumubeshyera no gutoteza umuryango we.

Gustave yifashishije imbuga nkoranyambaga avuga ko se, Shingiro Mbonyumutwa, nta ruhare yagize muri Jenoside, ndetse ko ibyavuzwe kuri we ari ibinyoma. Yongeyeho ko na Mathieu Ngirumpatse, Perezida w’ishyaka MRND mu gihe cya Jenoside, ngo atari umujenosideri, nyamara inkiko mpuzamahanga zamukatiye igifungo cya burundu kubera uruhare rwe muri Jenoside.

Minisitiri Bizimana yamusubije amwibutsa ko ari we uri mu rugaga ruhakana Jenoside, ati: “Vous m’accusez de mensonges et c’est pourtant vous qui en es un.” (Uranyita umubeshyi, nyamara ni wowe uri we).

Yamusobanuriye ko gusaba umuntu kureka ibikorwa byo guhakana Jenoside no gusubira mu nzira yo kubaka ubumwe n’iterambere atari ugutera ubwoba, ahubwo ari inama ikwiye. Yibukije Gustave ko nyina wa byose, ukuri kw’amateka, kutapfukiranwa.

Dr. Bizimana yanatangaje ko Shingiro Mbonyumutwa yari Directeur de Cabinet wa Jean Kambanda, Minisitiri w’Intebe wemejwe n’inkiko ko yagize uruhare rukomeye muri Jenoside. Ibyo kandi ngo byanagaragajwe na Shingiro ubwe mu nyandiko y’amadosiye y’Ubuhungiro yasabye mu Bubiligi.

Yahakanye ibyo Gustave yavuze ko se atigeze avugwa mu rukiko rwa TPIR, avuga ko ari uko atigeze acibwa urubanza, ariko ko bitakuyeho ukuri ku byo yakoze: “Yaracitse ubutabera bw’abantu, ariko ntiyacitse ukuri ku byaha bye.”

Ikirenze ibyo, Minisitiri Bizimana yanibukije Gustave ko se yagiye kuri radiyo ku itariki ya 21 Mata 1994, agakangurira Interahamwe gukomeza Jenoside. Ibi bikorwa bya Shingiro, hamwe n’ibyavugiwe i Arusha na Gustave ubwe ashinjura Ngirumpatse, yabitangaje nk’ibimenyetso simusiga by’uburyo JAMBO asbl ikomeje ibikorwa byo guhakana, gupfobya no gutesha agaciro Jenoside.

Ati: “Wigeze kuvuga imbere y’urukiko i Arusha ko utigeze ubona Jenoside mu Rwanda, ko wayimenye ugeze i Burayi! Ibyo ni byo bisekeje byatangaje urukiko.” Yongeyeho ko ubuhamya bwa Gustave bwaranzwe n’ibinyoma bitatu bikomeye: guhakana ibyaha bya Ngirumpatse, guhakana ko Jenoside yabaye, no kwemeza ko yayimenye ari uko ageze i Burayi.

Ku birebana n’iraporo ya CNLG ku mateka ya Jenoside muri Gitarama, aho Gustave avuga ko izina rya se ritagaragaramo, Bizimana yamusubije ko iyo raporo itari igamije gutanga amazina y’abari ku nzitizi zicaga Abatutsi, ariko ko ubwo ubwo bushakashatsi buzashyirwa ahagaragara, barrière yari imbere y’inzu ya se izasobanurwa neza, ishingiye ku buhamya bw’abarokotse n’abahoze mu nterahamwe zayikoreragaho.

Yashoje amusubiza ko adashobora guhindura Minisitiri mu ishusho ashaka, ati: “Ushaka Minisitiri w’Ubumwe ugendera ku kinyoma no guhakana Jenoside nkawe? Ntazabaho. Ubumwe bw’Abanyarwanda bushingiye ku kuri kw’amateka n’ubwibutso bw’icyaha cya Jenoside ababyeyi n’abakurambere banyu basize bagize uruhare mu gutegura no gukora.”

Yanzuye avuga ko ibijyanye na Gustave abisoje aho, kuko umwanya yamuhaye wari munini bihagije: “Ibyo nkumenyesheje birangiriye aha. Nta mwanya mfite wo guta kuri negationisme yawe. Ndigendeye. Bye.”

2025-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Editorial 09 Mar 2017
Nairobi : Perezida Kagame  ari mu ba Perezida  bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD  ( Video )

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Editorial 27 Aug 2016
Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba

Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba

Editorial 26 Sep 2020
Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Editorial 05 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu
HIRYA NO HINO

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

Editorial 26 Jul 2018
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Editorial 31 Mar 2018
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo
Amakuru

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Editorial 15 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru