• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Minisitiri w’Intebe yagaragaje inyungu zo guha amahirwe angana umugabo n’umugore

Editorial 30 Mar 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard ubwo yasozaga ku mugaragaro ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore muri uyu mwaka wa 2019, yavuze ko iterambere ry’Umuryango n’iry’igihugu ritagerwaho, hatabayeho ugufatanye hagati y’abagore n’abagabo.

Ni ibirori yitabiriye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Werurwe 2019, muri Kigali Convention Center i Kigali. Minisitiri w’Intebe yavuze ko guha amahirwe angana abagabo n’abagore byatumye Abanyarwanda b’ingeri zose basaranganya amahirwe atangwa n’igihugu.

Agendeye ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Dufatane urunana abagabo n’abagore, twubake umuryango utekanye”, avuga ko iterambere ry’igihugu ritagerwaho hatabayeho ukuzuzanya hagati y’ibitsina byombi.

Yagize ati “Nk’uko tubizi, muri iyi nama harasozwa ku mugaragaro, igihe cy’ ukwezi u Rwanda rwari rumaze rwifatanya n’ibindi bihugu mu kwizihiza “Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore muri uyu mwaka wa 2019”. Mu by’ukuri iyi nsanganyamatsiko iratwibutsa ko iterambere ry’umuryango ndetse n’iry’Igihugu tuzabigeraho ari uko abagore n’abagabo dufatanye urunana maze tugafatanya muri byose. Mboneyeho rero gushimira abahisemo iyi nsanganyamatsiko”.

Yakomeje avuga ko mu myaka 25 ishize, ibyo u Rwanda rumaze kugeraho ari ibyo kwishimirwa mu rwego rwo guteza imbere abari n’abategarugori ndetse no kubongerera ubushobozi mu nzego zinyuranye.

Ati “Twemeza nta gushidikanya ko guha amahirwe angana abagore n’abagabo, kimwe ndetse no guha amahirwe angana abana b’abakobwa n’abana b’abahungu, bigira uruhare rugaragara mu guteza imbere inzego zose z’ubuzima bw’Igihugu icyo ari cyose”.

U Rwanda rwashyizeho politiki n’amategeko bitandukanye bigamije kongerera Abanyarwandakazi, abari n’abategarugori, ubushobozi mu bikorwa biteza imbere Igihugu, ndetse no mu gukuraho imbogamizi zose zababuza kugira uruhare mu bikorwa by’ubukungu n’amajyambere.

Ibi ngo byatumye Abanyarwanda b’ingeri zose basaranganya, ku buryo bukwiye amahirwe atangwa n’Igihugu, bityo bikabongerera imbaraga n’umurava mu gukorera hamwe baharanira iterabere rirambye ry’Igihugu n’imiryango yabo by’umwihariko.

Ibi kandi ngo bigira uruhare mu gukemura ibibazo by’ingutu byugarije imibereho myiza y’imiryango n’abaturage muri rusange. Bimwe muri ibyo bibazo ni nk’imirire mibi, kugwingira kw’abana, guta ishuri kw’abana no kutagira ubwisungane mu kwivuza.

Minisitiri w’Intebe yasezeranije ko Guverinoma y’u Rwanda itazahwema gukomeza gahunda yayo nziza yo guteza imbere abari n’abategarugori, kandi ari nako ikomeza guha amahirwe angana nta kuvangura abana b’abakobwa n’abana b’abahungu muri byose.

Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Nyirahabimana Solina

Src: Bwiza

2019-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Editorial 04 Sep 2019
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Editorial 31 Dec 2018
Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya G20 yatangiwemo tiliyari $5 zo guhangana n’ingaruka za COVID-19

Editorial 27 Mar 2020
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Editorial 29 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko

Editorial 15 Jul 2017
Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame

Editorial 10 Apr 2018
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Editorial 12 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru