• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Editorial 27 Aug 2017 Mu Rwanda

Mpayimana Philippe, wabaye umukandida wigenga mu matora ya Perezida wa Repubulika ariko ntabashe gutsinda yatangaje ko aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma nshya yawemera.

Mu kiganiro yagiranye na VOA, Mpayimana wagize amajwi atageze kuri 1%, yavuze ko amatora yagenze neza. Ku bijyanye no guhabwa umwanya muri guverinoma nshya yavuze ko yawemera ariko muri ubu buryo.

-7718.jpg

Ati”Niba bawumpaye bazakomeza kubaha ubwigenge bwanjye, ntabwo nawanga niba babwubahirije, icy’ingenzi ni uko nyine uzaba ari umwanya Abanyarwanda bankeneyemo gukora ibikorwa byabateza imbere.”

Aha umunyamakuru yari amubajije niba ashobora kwakira umwanya Perezida yamuha aramutse ashyizeho inzego nshya nk’umuntu ushaka guteza imbere igihugu.

Umunyamakuru yahise akomoza ko yawuhabwa muri Sena, ati “Ibya sena ni byiza bitangwa n’abaturage ndakeka ko bica mu matora. Nkuko mbabwiye niba umuntu atsinze amatora akayobora igihugu afite ukuntu akenera abantu bamufasha kukiyobora. Ni ukuvuga ko niba babona bo nyine ko ari umwanya mfitiyemo igihugu akamaro, ntabwo nawanga , kuko naje nje kubaka igihugu, cyane nuko byaba nyine bishingiye ku mbaraga nagaragaje aho zigarukiyen’ubushake. Bituma nyine natega amatwi ibyo bansaba, kuko iyo umuntu atsinze ni we utanga imyanya, iyo rero udatsinze wakira imyanya, icy’ingenzi ni uko badashobora kuguha umwanya ubangamiye ubwigenge bwawe cyangwa ubushobozi bwawe. »

Uko Mpayimana yakiriye amanota yagize

Uko yabyakiriye ngo yabitangaje kuri Televiziyo y’Igihugu, muri rusange ngo ntabwo ari bibi. Ati “Uko nabyakiriye narabitangaje , ko nemeye ko FPR na Perezida Paul Kagame batsinze amatora.”

-7717.jpg

Mpayimana Philippe yiyamamaza

Ashimira Abanyarwanda bamwakiriye neza n’ubuyobozi bwamucungiye umutekano.

Amanota nabonye akwiye kubahwa

Mpayimana akomeza avuga ko amanita yabonye akwiriye kubahwa kuko yavuye mu mbaraga z’Abanyarwanda.

Ati “… nkabamenyesha ko n’ubwo amanota nabonye ari make akwiye kubahwa kuko na ba nyamuke bafite ijambo rikomeye cyane kandi nanjye nkaba ntahagarariye aho nzakomeza ibyo nabatangarije.”

Amatora yagenze neza

“Nta kibazo cyabaye, uriya ni umubare ni abantu batoye, muri buri karere harimo Abanyarwanda batoye, mu mirenge myinshi harimo Abanyarwanda batoye, nubwo nagize ibice 72% ntabwo ari ubusa, ni ukuvuga ko iriya mibare uko imeze ni uko, turi mu ntago z’urugendo rugana muri demokarasi, nkaba nifuza ko tubyakira kandi tukanubaha bariya batoye.»

Akomeza avuga ko ibibazo bitabura ariko muri rusange amatora yagenze neza.

Ati « Utubazo ntabwo tubura ariko ahantu hose ntabwo nari mfite abampagarariye, icy’ingenzi ni ukwizerana turi Abanyarwanda, tukizera ko niba hari ahantu hamwe habaye ibibazo, atari henshi kandi na none tukizera ko icy’ingenzi, icyitegererezo muri rusange nabonye ko byagenze neza, ari nayo mpamvu nabyakiriye. Aho abantu bampagarariye hose bambwiye uko byagenze ,nta bikabije byabaye ku buryo nta comments(icyo nabivugaho) ziteye ubwoba, niyo mpamvu nihutiye kwakira ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora.»

Ni iki kidasanzwe Mpayimana yabonye mu matora.

Ikidasaznwe yabonye mu matora ngo ni cyo cyatumye yiyamamaza.

-7716.jpg

Mpayimana atora

Ati « ikidasanzwe ni cyo cyatumye niyamamaza, ikidasanzwe ni uko Abanyarwanda bari batangiye gusa n’abagana mu ishyaka rimwe, bumva ko nta bandi bantu bashobora kuyobora. Igishimishije ni uko twatangiye kubiganiraho, abantu bakabona ko icyemezo nafashe ari cyiza, ko ari cyo cyo gutoza abantu guharanira ubuyobozi. Ikindi ni uko hari ibibazo byinshi biri mu gihugu abanyarwanda bakeneye ko bikemuka twagiye tuganiraho, ukabona ko gupfukiranwa bizageraho bikarangira niba dukomeje uru rugendo twatangiye. »

Mpayimana yakunze kuvuga ko abaye Perezida wa Repubulika yarangiza burundu ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino ku Isi.

Amajwi y’agateganyo amaze kubarurwa ku kigero cya 96% agaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze amatora n’amajwi 98,63, Mpayimana agira 0,73 naho Dr Frank Habineza agira 0,47.

2017-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Abana bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare18 bahawe imbabazi na Perezida Kagame bafunguwe

Editorial 22 Jan 2018
Rubavu: Umwe mu batwara abagenzi kuri moto afunzwe akekwaho guha ruswa Umupolisi

Rubavu: Umwe mu batwara abagenzi kuri moto afunzwe akekwaho guha ruswa Umupolisi

Editorial 07 Aug 2017
BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

Editorial 16 Feb 2016
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 24 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati:  “Eeeh! Waba uretse gato.”
Mu Mahanga

Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati: “Eeeh! Waba uretse gato.”

Editorial 25 Nov 2016
Urugaga rw’Abavoka rwihanganishije umuryango wa Me Mutunzi witabye Imana
Mu Rwanda

Urugaga rw’Abavoka rwihanganishije umuryango wa Me Mutunzi witabye Imana

Editorial 24 Apr 2018
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi
INKURU NYAMUKURU

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Editorial 05 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru