• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Editorial 06 Jan 2016 ITOHOZA

Abavuga ko mu Rwanda nta Demokarasi ihari ko ntaburenganzira bwikiremwamuntu buhari mundebere ibyo bakorera abene gihugu babo.

Gereza ya San Quentin ni yo ishaje kurusha izindi muri Leta ya California, yafunguwe muri Nyakanga 1852, ni nayo gereza imwe rukumbi icumbikira abagabo bakatiwe urwo gupfa iyo Leta, imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyi gereza yagiye ikinwaho mu mafilime menshi, inavugwa kenshi mu biganiro by’amateleviziyo, mu bitabo n’indirimbo. Yagiye ifungirwamo ibyamamare.

-1685.jpg

Icyumba imfungwa zicirwamo zitewe ibyuka bihumanya

Leta ya California ni imwe mu zifite abanyamakosa benshi, abagabo bakatiwe urwo gupfa bafungirwa muri San Quentin naho abagore bagafungirwa muri gereza yabagenewe , iri ahitwa Chowchilla.

Mu Kwakira kwa 2012, San Quentin yari ifungiwemo 734 bakatiwe urwo gupfa, mu 2005, ni yo yari ifite icyumba kicirwamo benshi muri USA.

Igice cy’abakatiwe gupfa cy’iyo gereza kigabanyijemo ibice bitatu, icy’”Abitonda” (North-Segregation) cyubatswe mu 1934, cyagenewe imfungwa zidateza amahane, icy’abagerageza kwitwararika (East Block) cyubatswe mu 1927, n’icy’”Ibiharamagara” (Adjustment Center) gishyirwamo abarusha abandi urugomo.

Hiciwemo benshi

-1684.jpg

Ngabo abategereje urupfu

Abakatiwe urwo gupfa, baba abagabo n’abagore bo muri Leta ya California bagomba kwicirwa muri San Quentin.

Uburyo bwo kwica bwagiye buhinduka bijyanye n’igihe, hagati ya 1893 na 1937, abantu 215 biciwe I San Quentin bamanitswe nyuma yaho imfungwa 196 zicishijwe ibyuka bihumanya.

-1683.jpg

Irimo ubucucike buteye ubwoba

Mu 1995 USA yavanyeho kwicisha abantu ibyuka ivuga ko ari ubunyamaswa, hagati ya 1996 na 2006 abantu 11 biciwe muri San Quentin batewe inshinge.

Mu 2007 byavumbuwe ko hari ikindi cyumba cy’urwiciro kiri kubakwa muri San Quentin, byatumye abadepite bashinja guverineri kucyubaka rwihishwa atabibwiye inteko n’abaturage.

Mu cyumweru cyakurikiyeho, guverineri Arnold Schwarzenegger yahagaritse imirimo yo kubaka icyo cyumba, ariko nyuma yaho inteko iza kwemeza ingengo ya 180 000 $, icyo kirubakwa kiruzura.

Umwanditsi wacu

2016-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Editorial 18 May 2017
“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Editorial 20 Jul 2021
Inzozi za Museveni ku Rwanda

Inzozi za Museveni ku Rwanda

Editorial 16 Apr 2019
Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Editorial 03 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.
Amakuru

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Editorial 23 May 2023
Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri
HIRYA NO HINO

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Editorial 20 Jun 2019
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Editorial 17 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru