• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Ubwanditsi 12 Oct 2017 Mu Rwanda

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV ahamagarira abaturage ba Burera n’ab’Intara y’Amajyaruguru muri rusange ko bagomba kugira uruhare rugaragara ku mutekano wabo n’ibyabo kandi bakihatira gushaka no kwimakaza amahoro mu miryango yabo barwanya ihohoterwa ryo mu ngo n’irishingiye ku gitsina ndetse n’irikorerwa abagore n’abana kuko ari byo ntandaro y’umutekano muke mu muryango.

Ibi, uyu muyobozi yabivuze kuri uyu wa kabiri tariki ya 10 Ukwakira mu nama yagiranye n’abaturage b’umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera, inama yari yitabiriwe n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, CSP Eugene Kabasha n’abandi bayobozi ku rwego rw’Intara n’akarere ka Burera.

Mu ijambo yagejeje ku baturage barenga igihumbi bari bitabiriye iyi nama, Guverineri Gatabazi yibanze ku ruhare rw’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha ndetse no gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano n’inzego z’ibanze mu kubumbatira umutekano.

Gatabazi yagize ati:” Umutekano ni kimwe muby’ibanze igihugu cyacu cyagezeho, igihe cy’umutekano muke nacyo murakizi kandi mwakibayemo, ntiwizanye rero kuko iyo hatabaho ubufatanye bw’inzego zose namwe utari kugerwaho, ni iyo nzira tugomba gukomeza.”

Yakomeje agira kandi ati:” Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano kuko muzi neza ingaruka yo kutawugira, ahubwo tuba twibukiranya ngo hatabaho kudohoka no kwirara.”

Mu bindi Gatabazi yabasabye, harimo kwimakaza amahoro mu miryango yabo barwanya ihohotera rishingiye ku gitsina, irikorerwa abana ndetse n’ibindi byose byakurura amakimbirane mu miryango birimo ubuharike, ubusinzi no kunywa ibindi biyobyabwenge kuko ari intandaro y’ibyaha byinshi ndetse bijya no hanze y’imiryango.

-8315.jpg

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV

Mu gusoza, Guverineri Gatabazi yababwiye ko nk’abafatanyabikorwa b’umutekano bagomba buri gihe gushyira imbaraga muri gahunda y’ijisho ry’umuturanyi kuko ari gahunda iboneye yafasha mu gukumira ibyaha kandi bagkurikiza gahunda za Leta kuko ziba zatoranyijwe ngo zibateze imbere.

CSP Kabasha mu ijambo rye, yashimiye uruhare abaturage bagira mu gufatanya n’inzego z’umutekano gukumira ibyaha maze asaba abaraho kwirinda ibiyobwenge ndetse bakanashishikariza abataje mu nama guca ukubiri n’uwo muco, kuko ibiyobyabwenge bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu, ibi kandi bikaba uretse kuba bibangamira umutekano binagira ingaruka ku iterambere.

Yagize ati:” Nta mutekano uriho, nta terambere ryashoboka, mukwiye kumenya bamwe muri mwe bitwara nabi, mwabona ari abantu bakemangwaho ibyaha cyangwa ibikorwa binyuranyije n’amategeko mukabimenyesha inzego z’umutekano kuko kwirinda biruta kwivuza.”

Mu gusoza. CSP Kabasha yabwiye imbaga yari aho ko Polisi yabegereye mu mirenge ko bakomeza gukorana nayo muri byose, haba mu kubungabunga umutekano ndetse no mu bikorwa by’iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange.

Source : RNP

2017-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Ubwanditsi 08 May 2017
Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Ubwanditsi 13 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka  Genocide ku bufatanye na FDLR
Mu Mahanga

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka Genocide ku bufatanye na FDLR

Ubwanditsi 25 Feb 2016
CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.
Amakuru

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Ubwanditsi 22 Jun 2021
Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”
UBUKUNGU

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Ubwanditsi 13 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru