• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Editorial 24 Oct 2018 POLITIKI

Paul Biya yatorewe kuyobora Cameroon muri manda ya karindwi, atsinda amatora ku majwi 71.28%.

Kuri uyu wa Mbere nibwo akanama gashinzwe iremezo ry’Itegeko nshinga katangiye gutangaza ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika muri Cameroun.

Mu majwi yashyizwe ahagaragara mu byiciro, Akarere ku kandi mu tugize iki gihugu, Paul Biya ufite imyaka 85 y’amavuko akaba amaze imyaka 35 ayobora Cameroun, yaje imbere ku buryo budasubirwaho.

Biya yatsinze mu ntara 6 muri 7 amatora yamaze kubarurwamo.

Uwari uhanganye na Paul Biya wari uherutse kwigamba intsinzi, Maurice Kamto, yisanze afite amajwi 14.2%, aza ku mwanya wa kabiri mu gihe abandi bari inyuma cyane.

Kuva mu 1985 Paul Biya n’Ishyaka rye RDPC bayoboye iki gihugu, aho bivugwa ko amayira yose yatuma Biya atsimbuka ku butegetsi yugariye.

Ibyemejwe n’Akanama gashinzwe iremezo ry’Itegeko nshinga bije nyuma y’ibyumweru bibiri kagejejweho ikirego cy’uko muri ayo matora habaye uburiganya. Ibyatangajwe kuri uyu wa Mbere byemeza bidasubirwaho ko Biya ariwe watsinze amatora.

Inzego z’umutekano zazindutse ziryamiye amajanja ku mazu y’ubutegetsi, nyuma y’uko hari abari batangiye gukangisha ku mbuga nkoranyambaga ko Paul Biya natsinda biroha mu mihanda, nk’uko AFP dukeha iyi nkuru ibitangaza.

Hari ubutumwa bugufi kandi bwageraga kuri buri wese utuye i Yaoundé, umurwa mukuru wa Cameroun, buburira buri wese kutegera ahabujijwe.

Ibi kandi byanabaye ku Cyumweru mu mujyi wa Douala, aho umwe mu ntumwa za rubanda utavuga rumwe n’ubutegetsi yahamagariye abantu kwamagana ibyavuye mu matora, ariko nawe agahakanirwa muri ubwo buryo.

Mu gihe aya majwi yasomwaga, mu mujyi mukuru w’intara y’amajyepfo ashyira uburengerazuba humvikanye urusaku rw’amasasu.

Aka gace gakunze kurangwamo amakimbirane hagati y’abavuga icyongereza bigometse bakunze gucakirana n’igisirikare cya Leta.

Muri ako gace, abaturage basaga ibihumbi 300 bataye ingo zabo.

Amatora yo muri Cameroun yaranzwemo kuba abayahatanagamo barakunze kwitanguranwa batanga ibyayavuyemo imburagihe, ikindi gihe bakemeza ko yabayemo uburiganya budasanzwe.

2018-10-24
Editorial

IZINDI NKURU

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Editorial 06 Apr 2020
Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Editorial 04 Jul 2018
Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2017
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Editorial 16 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.
Amakuru

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Editorial 28 Mar 2022
Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo

Editorial 15 Dec 2018
Birababaje!! Umugabo yarumye umunwa w’umukunzi we arawuca ku munsi w’abakundanye
HIRYA NO HINO

Birababaje!! Umugabo yarumye umunwa w’umukunzi we arawuca ku munsi w’abakundanye

Editorial 17 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru