• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2017 POLITIKI

Bidasubirwaho, Perezida Kagame Paul azahagararira Umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe muri Kanama tariki ya Gatatu n’iya Kane uyu mwaka.

Kwemeza Perezida Kagame nk’umukandida byabereye mu matora yakozwe n’Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bateraniye muri Kongere y’Umuryango yabaye kuri uyu wa Gatandatu.

Abatoye ni 1930, muri bo abatoye Paul Kagame ni 1929 mu gihe habonetsemo imfabusa imwe.

Komiseri muri FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, niwe wayoboye amatora aho yabwiye Inteko Itora ko mu ntara zose z’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali mu matora amaze iminsi aba, batoye Perezida Paul Kagame nk’umukandida uzahagararira umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Yahaye umwanya abitabiriye iyi kongere kugira ngo batange ibitekerezo maze Komiseri Sheikh Abdul Karim Harerimana avuga ko nawe ashyigikiye Perezida Kagame kuko byemejwe n’abandi bose kuva ku rwego rw’Umudugudu.

Yabajije niba hari undi ufite umukandida ashaka gutanga, habura n’umwe maze nawe avuga ko amabwiriza agenga amatora agena ko umukandida abazwa niba yemera kwiyamamaza gusa kuri Perezida Kagame avuga ko atabimubaza kuko ubwo yabibajijwe yabyemeye.

Hahise hatangira igikorwa cyo gutora, buri munyamuryango atorera ku rupapuro akarushyira mu gaseke.

Uwari uhagarariye ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo (ANC), Edna Edith Molewa, yashimiye Perezida Kagame ku bwo kuba yatoranyijwe nk’uzahagararira Umuryango wa FPR Inkotanyi avuga ko igihugu cye kizakomeza kwifatanya n’u Rwanda hagamijwe iterambere rya Afurika.

Uhagarariye Chama Cha Mapinduzi, ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania, Abdulrahman Omari Kinana, we yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rwiyubatse mu gihe gito kitarenze imyaka makumyabiri, ubu kikaba giteye imbere mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, uburezi, ubuzima n’izindi. Ati “Mu by’ukuri mwahinduye iki gihugu.”

Yakomeje avuga ko icyerekezo n’imiyoborere myiza ya Perezida Kagame, ari icyitegererezo ku mugabane wa Afurika muri rusange.

Yanashimangiye ko amahitamo ariyo ‘yahinduye igihugu gito akigira kinini’, Isi ikaba iri kubona igihugu cyari cyarashegeshwe kubera Jenoside yakorewe Abatutsi nk’icyitegererezo.

Nelson Nzuya uhagarariye Ishyaka Jubilee riri ku butegetsi muri Kenya, yavuze ibyo u Rwanda rumaze kugera bitari gushoboka iyo hatabaho ubutegetsi bwa Perezida Kagame umaze imyaka irenga 20 ayobora FPR Inkotanyi.

Abakuriye amashyaka atandukanye yo mu Rwanda barimo Dr. Alvera Mukabaramba wa PPC, Sheihk Fazil Harerimana wa PDI, Mukabunani Christine wa PS Imberakuri bashimiye FPR Inkotanyi ku bw’ubutumire bahawe.

Sheihk Fazil Harerimana uhagarariye PDI yibukije abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ko kuva mu 2010 ishyaka rye ryashyigikiye ko Perezida Paul Kagame yazakomeza kuyobora u Rwanda kuko ari umuntu ubikwiriye.

Yakomeje agira ati “Ntabwo ari umwiga, ntawe uzamuhiga mu matora […] Umwizerwa w’imbonekarimwe, uwo ni mwebwe nyakubahwa Perezida wa Repubulika […] ni Baba wa Taifa.”

-6998.jpg

Perezida Kagame yatowe nk’ugomba guhagararira FPR Inkotanyi mu matora y’umukuru w’igihugu nyuma yuko n’amashyaka arimo PSD na PL nayo aheruka kumwemeza nk’umukandida uzayahagararira.

Kuwa 12 Kamena, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangiye kwakira kandidatire z’abiyamamariza kuyobora u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere, ku ikubitiro harimo iya Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’Ishyaka Green Party, Mwenedata Gilbert na Barafinda Sekikubo Fred w’i Kanombe.

Abandi bakandida bigenga bashobora gutanga kandidatire zabo barimo Mpayimana Philippe na Shima Rwigara Diane.

Lisiti y’agateganyo y’abakandida bemerewe kwiyamamaza izatangazwa kuya 27, naho ntakuka izashyirwa hanze ku wa 7 Nyakanga 2017 mu gihe kwakira kandidatire bizaba byarangiye ku wa 23 Kamena 2017.

Abazaba bemejwe bazatangira ibikorwa byo kwiyamamaza tariki 14 Nyakanga birangire ku wa 3 Kanama, ari nawo munsi itora rya Perezida wa Repubulika rizaba ku Banyarwanda bari mu mahanga no kuwa 4 ku b’ imbere mu gihugu.

-6999.jpg

2017-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Perezida Kagame yagaragaye ari hagati ya Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi na Chancelier Kurz

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC
Mu Rwanda

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu

Ubwanditsi 17 Sep 2018
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru