• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2017 POLITIKI

Bidasubirwaho, Perezida Kagame Paul azahagararira Umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe muri Kanama tariki ya Gatatu n’iya Kane uyu mwaka.

Kwemeza Perezida Kagame nk’umukandida byabereye mu matora yakozwe n’Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bateraniye muri Kongere y’Umuryango yabaye kuri uyu wa Gatandatu.

Abatoye ni 1930, muri bo abatoye Paul Kagame ni 1929 mu gihe habonetsemo imfabusa imwe.

Komiseri muri FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, niwe wayoboye amatora aho yabwiye Inteko Itora ko mu ntara zose z’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali mu matora amaze iminsi aba, batoye Perezida Paul Kagame nk’umukandida uzahagararira umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Yahaye umwanya abitabiriye iyi kongere kugira ngo batange ibitekerezo maze Komiseri Sheikh Abdul Karim Harerimana avuga ko nawe ashyigikiye Perezida Kagame kuko byemejwe n’abandi bose kuva ku rwego rw’Umudugudu.

Yabajije niba hari undi ufite umukandida ashaka gutanga, habura n’umwe maze nawe avuga ko amabwiriza agenga amatora agena ko umukandida abazwa niba yemera kwiyamamaza gusa kuri Perezida Kagame avuga ko atabimubaza kuko ubwo yabibajijwe yabyemeye.

Hahise hatangira igikorwa cyo gutora, buri munyamuryango atorera ku rupapuro akarushyira mu gaseke.

Uwari uhagarariye ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo (ANC), Edna Edith Molewa, yashimiye Perezida Kagame ku bwo kuba yatoranyijwe nk’uzahagararira Umuryango wa FPR Inkotanyi avuga ko igihugu cye kizakomeza kwifatanya n’u Rwanda hagamijwe iterambere rya Afurika.

Uhagarariye Chama Cha Mapinduzi, ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania, Abdulrahman Omari Kinana, we yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rwiyubatse mu gihe gito kitarenze imyaka makumyabiri, ubu kikaba giteye imbere mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, uburezi, ubuzima n’izindi. Ati “Mu by’ukuri mwahinduye iki gihugu.”

Yakomeje avuga ko icyerekezo n’imiyoborere myiza ya Perezida Kagame, ari icyitegererezo ku mugabane wa Afurika muri rusange.

Yanashimangiye ko amahitamo ariyo ‘yahinduye igihugu gito akigira kinini’, Isi ikaba iri kubona igihugu cyari cyarashegeshwe kubera Jenoside yakorewe Abatutsi nk’icyitegererezo.

Nelson Nzuya uhagarariye Ishyaka Jubilee riri ku butegetsi muri Kenya, yavuze ibyo u Rwanda rumaze kugera bitari gushoboka iyo hatabaho ubutegetsi bwa Perezida Kagame umaze imyaka irenga 20 ayobora FPR Inkotanyi.

Abakuriye amashyaka atandukanye yo mu Rwanda barimo Dr. Alvera Mukabaramba wa PPC, Sheihk Fazil Harerimana wa PDI, Mukabunani Christine wa PS Imberakuri bashimiye FPR Inkotanyi ku bw’ubutumire bahawe.

Sheihk Fazil Harerimana uhagarariye PDI yibukije abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ko kuva mu 2010 ishyaka rye ryashyigikiye ko Perezida Paul Kagame yazakomeza kuyobora u Rwanda kuko ari umuntu ubikwiriye.

Yakomeje agira ati “Ntabwo ari umwiga, ntawe uzamuhiga mu matora […] Umwizerwa w’imbonekarimwe, uwo ni mwebwe nyakubahwa Perezida wa Repubulika […] ni Baba wa Taifa.”

-6998.jpg

Perezida Kagame yatowe nk’ugomba guhagararira FPR Inkotanyi mu matora y’umukuru w’igihugu nyuma yuko n’amashyaka arimo PSD na PL nayo aheruka kumwemeza nk’umukandida uzayahagararira.

Kuwa 12 Kamena, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangiye kwakira kandidatire z’abiyamamariza kuyobora u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere, ku ikubitiro harimo iya Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’Ishyaka Green Party, Mwenedata Gilbert na Barafinda Sekikubo Fred w’i Kanombe.

Abandi bakandida bigenga bashobora gutanga kandidatire zabo barimo Mpayimana Philippe na Shima Rwigara Diane.

Lisiti y’agateganyo y’abakandida bemerewe kwiyamamaza izatangazwa kuya 27, naho ntakuka izashyirwa hanze ku wa 7 Nyakanga 2017 mu gihe kwakira kandidatire bizaba byarangiye ku wa 23 Kamena 2017.

Abazaba bemejwe bazatangira ibikorwa byo kwiyamamaza tariki 14 Nyakanga birangire ku wa 3 Kanama, ari nawo munsi itora rya Perezida wa Repubulika rizaba ku Banyarwanda bari mu mahanga no kuwa 4 ku b’ imbere mu gihugu.

-6999.jpg

2017-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubwanditsi 19 Apr 2016
‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )
Mu Mahanga

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 19 Dec 2016
N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho
ITOHOZA

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 09 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru