• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Editorial 24 Mar 2018 POLITIKI

“Basangirangendo, igihe kirageze kuri twe nk’ Abanyafurika y’Epfo ngo tugire ubuzima bwiza, ariko tunasukure aho dutuye, kuko iyo ufite ubuzima bwiza, ukanasukura aho utuye, bifungura intekerezo zawe n’umutwe wawe.” Ubu ni ubutumwa perezida Cyril Ramamphosa yahaye abaturage ba Afurika y’Epfo nyuma yo gukubuka mu Rwanda aho yasabye kwigira ku isuku iranga Abanyarwanda.

Perezida Cyril Ramamphosa ubwo yageraga muri Afurika y’Epfo avuye mu Rwanda aho yari titabiriye inama idasanzwe ya Afurika Yunze Ubumwe, yanashyiriwemo imikono ku masezerano y’isoko rusange rya Afurika, yabwiye abanyagihugu ayoboye uko urugendo rwe rwagenze ndetse anabasaba kwigira ku banyarwanda ku kijyanye n’uko aho batuye haba harangwa isuku.

Yavuze ko yasuye u Rwanda inshuro imwe, akabwirwa ko buri wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi saa tatu za mugitondo abaturage babyuka bagakora isuku aho batuye.

Yagize ati: “Nasuye u Rwanda rimwe mbwirwa ko rimwe mu kwezi buri muntu ahagarika ibyo akora byose saa tatu za mugitondo kuwa Gatandatu, bagasukura ahantu batuye. None basangiragendo igihe kirageze kuri twe nk’Abanyafurika y’Epfo ngo tugire ubuzima bwiza, ariko tunasukure aho dutuye, kuko iyo ufite ubuzima bwiza, ukanasusukura aho utuye, bifungura intekerezo zawe n’umutwe wawe”.

Perezida Ramamphosa wijeje ko guverinoma igiye gushyira ingufu muri ibi bintu by’isuku, yanavuze ko bishimira kuba barasinye Amasezerano ya Kigali yashyizeho isoko rusange rya Afurika.

Yavuze ko uyu mwaka ari umwaka w’ingenzi mu gushyira mu bikorwa gahunda mpuzamahanga y’Abanyafurika yo kurwanya ubukene, kurwanya ubusumbane no kurwanya ibura ry’akazi.

Yaboneyeho gushishikariza abaturage ba Afurika y’Epfo kubyaza umusaruro aya masezerano bagira uruhare haba imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga, asaba ko bataba indorerezi gusa mu iterambere no mu guhangana n’ibibazo byabo.

2018-03-24
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Editorial 07 Oct 2019
Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Editorial 24 Aug 2016
RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

Editorial 06 Mar 2018
Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Editorial 08 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Editorial 20 Jul 2016
Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo
Amakuru

Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Editorial 09 Feb 2022
Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Editorial 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru