• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Editorial 17 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yageze mu Mujyi wa Windhoek muri Namibia, aho yatumiwe mu nama ya 38 y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bihuriye mu Muryango w’Ubukungu muri Afurika yo mu Majyepfo (SADC) izamara iminsi ibiri.

Perezida Kagame yageze muri Namibia kuri uyu wa 16 Kanama 2018, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege cya Hosea Kutako International Airport na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Netumbo Nandi-Ndaitwah, nyuma y’aho yakirwa na Perezida w’iki gihugu Hage Geingob.

Inama ya SADC, Perezida Kagame yatumiwemo nk’umushyitsi w’imena, iteganyijwe ku wa 17 na 18 Kanama 2018. Ifite insanganyamatsiko yibanda ku “Guteza imbere ibikorwa remezo no kongerera urubyiruko ubushobozi mu iterambere rirambye.” Mu nama enye ziheruka SADC yibanze ku iterambere ry’inganda.

Abayobozi bageze muri Namibia barimo; Perezida wa Zambia, Edgar Lungu; uwa Botswana, Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi; Minisitiri w’Intebe wa Lesotho, Tom Thabane. Perezida mushya wa Zimbabwe, Emmerson Dambudzo Mnangagwa, yitabira iyi nama mu gihe igihugu cyasigaranwe na Constantino Guveya Dominic Nyikadzino Chiwenga usanzwe ari Visi Perezida.

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabanjirijwe n’iyahuje abayobozi bakuru na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga yabaye hagati yo ku wa 9 na 14 Kanama 2018. Biteganyijwe ko izasozwa Perezida wa Namibia, Hage Geingob, afata inkoni y’ubuyobozi bwa SADC ifitwe na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo.

Inama ya SADC yaherukaga kubera muri Namibia mu 1992 aho abayobozi bayitabiriye basinye amasezerano yahinduye Umuryango witwaga SADCC (Southern African Development Coordination Conference) ukaba SADC (Southern African Development Community).

Isinywa ry’aya masezerano ryahinduye uko imiryango ihuriweho n’ibihugu yakoraga. Mbere ya 1992, gahunda zegerezwaga igihugu kikaba gifite ububasha bwo kugenzura umutungo wacyo. Nyuma yo kuyashyiraho umukono, ibikorwa n’ibihugu by’ibinyamuryango byo muri SADC byatangiye kugenzurirwa mu Bunyamabanga bwayo buri mu Mujyi wa Gaborone muri Botswana.

SADC igizwe n’ibihugu 15 by’ibinyamuryango birimo Angola, Botswana, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lesotho, Malawi, Madagascar, Mauritius, Mozambique, Namibia, Afurika y’Epfo, Seychelles, Swaziland [eSwatini], Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

Iyi nama igiye gukurikira iheruka guhuza abakuru b’ibihugu bihuriye muri SADC, yabereye mu Mujyi wa Luanda muri Angola ku wa 14 Kanama 2018. Yasojwe bashimira Perezida Joseph Kabila, wemeye kuva ku butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaharira abandi ngo biyamamaze mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

Ubwo Perezida Kagame yakirwaga ku kibuga cy’indege cya ‘Hosea Kutako International Airport
Ababyinnyi bakiraga Perezida Kagame ku kibuga cy’indege
Perezida Kagame, Louise Mushikiwabo na Gatete Claver bakirwa mu biro bya Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Netumbo Nandi-Ndaitwah
Ingabo z’igihugu cya Namibia ku kibuga cy’indege aho zakiraga Perezida Kagame
Mu ndirimbo n’umudiho bakira Perezida Kagame nk’umushyitsi w’imena
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Namaibia, Hage Geingob
Perezida Kagame na Min. Netumbo Nandi-Ndaitwah
Perezida Kagame na Hage Geingob

 

2018-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Editorial 24 Jul 2019
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Editorial 11 Nov 2020
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Editorial 20 Feb 2020
Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Editorial 21 Dec 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    August 17, 20189:09 am -

    Natuye nakora mu bihugu byombi: Namibia n’u Rwanda. nabonyeko ibi bihugu byombi bitandukanye cyane mu mikorere. Ubusanzwe bizwiko Namibia aricyo gihugu gifite imijyi ifite isuku kurusha indi mijyi muri Afurika. Aho bitandukaniye n’u Rwanda nuko usuye Namibia ashobora kujya aho ashaka hose akaba yaganira n’abaturage. Nta munamibiya ufite aho akumirwa. Yewe no muri State House ariyo twakwita Urugwiro, abaturage bajyayo, bakafitoreza, bakahakorera amakwe n’ibindi. Barakize yuko bafite Uranium nyinshi n’andi mabuye y’agaciro ariko ntibiririmbwa nka hano iwacu, ndetse bihagije ku ngengo y’imari igihugu gikoresha. Imfashanyo Ubulayi na Amerika biha Namibia biri munsi ya 10% ari nayo mpamvu ntawe ubavugiramo. Igishimishije ariko nuko inzego z’ubutegetsi zikora zikigenga. Ibi bishoboka kuberako amashyaka yigenga, ntarikorera mu kwaha kw’irindi. Kuba bafite abaperezida babiri barangije igihe kandi bakomeza guhabwa icyubahiro bitera ubwuzu. Ibi igihugu cyacu gikwiye kubyigiraho. Hari n’utundi twinshi tudutandukanya: ntavuze nko kuba umuturage wejeje yajya ku muhanda akagurisha ibye kandi akabipfunyika muri plastiki ifite isuku. Simvuze caguwa yambika benshi yuko ubutegetsi bwafunze Lamatex – usine yakoraga imyenda ariko igahenda abaturage. icyanteye ariko kubonako hari henshi tudahuza ni ukuntu abategetsi bifata, Munitegereze uko Minisitiri wabo w’ububanyi n’amahanga – umubyeyi w’imyaka irenze 60 – yitwara ativunderejeho ibirungo ku nzara no ku minywa n’ibindi. Twishimire rero urugendo rwa Perezida w’u Rwanda muri Namibia yuko azavanayo byinshi byo kwigisha abo bakorana.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi
Mu Mahanga

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Editorial 26 Oct 2016
Kweguza Trump birasaba iki?
POLITIKI

Kweguza Trump birasaba iki?

Editorial 06 Dec 2019
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw
UBUKUNGU

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Editorial 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru