• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Editorial 26 May 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na Macky Sall wa Senegal, bashykirijwe igihembo cyitiriwe Babacar Ndiaye “Africa Road Builders Babacar Ndiaye Award 2017”, gihabwa abakuru b’ibihugu na za guverinoma baba barashyize ingufu mu kuzamura ibikorwa remezo bijyanye n’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu.

Uretse ihangwa ry’ibikorwaremezo byorohereza ubwikorezi, uhabwa iki gihembo kandi ubuyobozi bwe bugomba kuba burangwa no kwimika ubumwe n’umudendezo ndetse afasha urubyiruko gutera imbere.

Icya 2017 cyahawe Perezida Kagame na Macky Sall wa Senegal. Ku Ruhande rwa Kagame, igihembo cye cyakiriwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete na ho ku rwa Sall cyakirwa ni uhagarariye Senegal muri BAD, Papa Amadou SARR, mu nama ngarukamwaka ya 52 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yabereye mu Mujyi wa Ahmedabad mu Buhinde ku wa Gatatu, tariki 24 Gicurasi 2017.

Babacar Ndiaye unatanga iki gihembo, yashimye icyerekezo cyiza cy’aba bayobozi bombi ndetse asaba n’abandi kubigana mu rwego rwo guteza imbere Afurika ndetse no kuzana ibyishimo mu banyagihugu.

-6673.jpg

Umuyobozi wa komite ishinzwe gutoranya abahabwa icyo gihembo, Adama Wade, yashimangiye ko Perezida Kagame yatoranyijwe hashingiwe ku bikorwa by’indashyikirwa yagezeho nko gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye ikomeye igamije iterambere ry’Abanyarwanda na Afurika muri rusange. Yavuze kandi ko ikindi cyashingiweho ari isuku irangwa mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali bituma u Rwanda rushyira itandukaniro hagati yarwo n’ibindi bihugu ndetse rukabishimirwa n’amahanga.

Perezida Sall yashimiwe gushyira mu bikorwa umushinga wo kubaka umuhanda wa gariyamoshi (Regional Express Train), uhuza Umurwa mukuru Dakar n’Umujyi wa Diamniadio.

Iki gihembo gitangwa rimwe mu mwaka, kigatangirwa mu nama za Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD/AfDB). Igiheruka ari na cyo cyari icya mbere, cyahawe Perezida wa Cote d’Ivoire, Alassane Ouattara, gitangirwa mu nama y’iyi banki yari yabereye i Lusaka muri Zambia, muri Gicurasi 2016.

-6672.jpg

Amb Claver Gatete (ibumoso) niwe wakiriye igihembo cyagenewe Perezida Kagame

2017-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

Editorial 30 Jul 2017
Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Editorial 03 May 2021
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Editorial 08 May 2021
Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Editorial 02 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori muri FDLR
Mu Rwanda

Bombori bombori muri FDLR

Editorial 03 Jun 2016
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye
Mu Mahanga

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Editorial 28 Sep 2016
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo
Mu Mahanga

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Editorial 01 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru