• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Editorial 01 Jun 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuze ko igihe kigeze ngo Abanyarwanda bahindure imyumvire ku gukoresha ibikorerwa mu Rwanda, harimo na gahunda y’igihugu igamije guteza imbere inganda zikora imyenda mu Rwanda, ku buryo imyenda ya caguwa izacika burundu mu gihugu.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Gicurasi 2016, mu kiganiro yagiranye n’abavuga rikumvikana mu karere ka Karongi.

Ubwo yaganiraga n’abaturage bari mu nzego z’abikorera, amadini abayobozi mu nzego za leta n’imiryango itari iya leta, Perezida Kagame yanenze abatuma gahunda yo guca caguwa mu Rwanda yumvikana nabi nyamara yaraganiriweho bihagije.

Yavuze ko muri caguwa abantu mu mahanga bambara imyenda bayirambirwa bakayizana mu Rwanda, umuntu akayigura harimo n’isanzwe izwi ko abantu badashobora gutizanya kandi bakayigura yarambawe.

Yagize ati “Twaranavuze mu nama nkuru ya leta, twaricaye turabiganira turavuga tuti ariko tugomba kwitonda kuko abantu babimenyereye imyaka myinshi cyane nubwo twabyita bibi. Bamwe twaravutse turabisanga. Kugira ngo ubice nubwo bifite ibizina bibi, ntabwo wabica gusa udafite icyo utanga.”

Perezida Kagame yavuze ko nk’uko bisanzwe, iyo ushaka gukora ibintu bihindura amatwara bitazanye kwitiranya ibintu no kubyumva nabi, ugomba guca ibintu weretse abaturage impamvu zumvikana nabwo ukagaragaza ibisimbura ibyo uri kubabuza.

Ati “ Icyo dushaka gukemura ni ikibazo ntabwo dushaka gutera ikibazo. Bati ya mvugo ya Minisitiri Kanimba, bati Kanimba ushaka guca ibintu hano mu Rwanda, ntibanavuge bati ushaka kubica ataduhaye ibibisimbura, Oya, bikaba ko ari gahunda ya Kanimba yashatse guca ibintu mu Rwanda gusa, bakagarukira aho ntibasobanure.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo ari byo! Ntabwo ariko bikwiye kumera, ntabwo ari ikibazo cya Kanimba ntabwo ariwe utera ikibazo, nta nubwo inshingano ye ari ugutera ikibazo ahubwo arashaka kugikemura kandi ni ibintu twumvikanyeho mu nama ya leta kubera twaranabyize. Buriya navuze bike iyo nza kujya mu gusesengura nkabaha amateka yabyo yose, ngira ngo bamwe bashobora no kubyiyamburira hano.”

Perezida Kagame yavuze ko icyangombwa ari uko leta yubaka inganda zifite ubushobozi bwo gukora imyambaro Abanyarwanda bakeneye, kuko bimaze kwigaragaza ko u Rwanda rushoboye ibintu nk’ibi hashingiwe no kuba rwikorera mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Yakomoje kandi ku gihugu cya Uganda gihinga ipamba ivamo imyenda, ku buryo ngo binashobotse igice kinini Uganda igurisha cyanazanwa mu Rwanda kikabyazwa umusaruro. Yanavuze ko u Rwanda ruri korora amagweja nayo yatanga indodo zakwifashihwa mu gukora imyenda.

Guhindura imyumvire ku bikorerwa mu Rwanda

Perezida Kagame kandi yasabye abatuye Intara y’Uburengerazuba guhindura imyumvire ku gukoresha ibikorerwa mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rushobora kugira byinshi rwakora aho kujya ruvana ibintu hanze cyangwa rukohereza ibintu hanze ngo bitunganywe bikagaruka bihenze.

-2814.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Yatanze urugero ku buryo Abanyarwanda batanywa ikawa y’u Rwanda iri mu za mbere nziza ku Isi, nyamara ugasanga baranywa nka Nescafé.

Ati “Aba ba minisitiri bari hano, n’abashinzwe inganda, abashinzwe gucuruza n’abashinzwe ubuhinzi n’ubworozi, wajya mu biro byabo bakaguha ikawa batazi n’aho iva rwose. Wabaza uti ndashaka ikawa bakakuzanira akantu, Nescafé, biriya ni ibisigazwa ntibigira umwanya biriho … akaba ari yo kawa unywa, iyawe ya mbere ku Isi ikabura.”

Perezida Kagame yavuze ko imyumvire n’ imikorere bigomba guhinduka “vuba bikihuta”, gusa ngo ikibazo ni ibivugwa buri munsi ariko ntibikorwe.

Source: Igihe.com

2016-06-01
Editorial

IZINDI NKURU

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Editorial 16 Jun 2016
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Editorial 21 Apr 2021
Kigali : Minisitiri  w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari  ‘RNIT Iterambere Fund’

Kigali : Minisitiri w’Intebe yatangije Ikigega cy’Ishoramari ‘RNIT Iterambere Fund’

Editorial 12 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina
Amakuru

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Editorial 06 Apr 2021
Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo
Mu Rwanda

Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Editorial 23 Feb 2016
Reba amafoto y’ikizungerezi kiri mu rukundo na Diamond
HIRYA NO HINO

Reba amafoto y’ikizungerezi kiri mu rukundo na Diamond

Editorial 28 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru