• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yitabiriye Inama y’Ubutegetsi ya Mo Ibrahim Foundation

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’Ubutegetsi ya Mo Ibrahim Foundation

Editorial 07 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yitabiriye umusangiro w’Inama y’Ubutegetsi bwa Mo Ibrahim Foundation wabereye i Londres mu Bwongereza ku wa 7 Ukwakira 2018.

Umukuru w’Igihugu unayobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yitabiriye iyi nama yahuje abarenga 50.

Iganirirwamo ingingo zitandukanye ziganisha ku iterambere Afurika yifuza zirimo amavugurura ari gukorwa muri AU, amasezerano ashyiraho isoko rusange ryayo (AfCFTA) ndetse n’ imibanire n’imikoranire n’indi migabane y’Isi.

Iyi nama yayobowe n’Umuherwe w’Umunya- Sudani, Mo Ibrahim uyobora uyu muryango.

Yanitabiriwe n’abayobozi barimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland; abahoze ari abakuru b’ibihugu barimo Joaquim Chissano wa Mozambique, Festus Mogae wa Botswana, Ellen Johnson Sirleaf wa Liberia, Pedro Pires wa Cap Vert, Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abandi.

Ellen Johnson ni we uheruka kwegukana igihembo cya ‘Mo Ibrahim’ gihabwa abayoboye neza muri Afurika.

Yiyongereye ku bandi bagitsindiye barimo Hifikepunye Pohamba wayoboye Namibia (2014), Pedro Pires wa Cap Vert (2011), Festus Mogae wa Botswana (2008), Joaquim Chissano wa Mozambique (2007) na Nelson Mandela, wahawe icy’icyubahiro mu 2007.

Inama y’Ubutegetsi ya Mo Ibrahim Foundation iyoborwa na Hosh Ibrahim. Igizwe n’abarimo Dr Mo Ibrahim wayishinze; Valerie Amos uharanira gukora ubuvugizi bw’ikiremwamuntu n’ibijyanye n’uburinganire akaba anayobora Kaminuza yo mu Bwongereza ya SOAS; Dr Salim Ahmed Salim uyobora akanama gatanga igihembo cya Mo Ibrahim; Umunyarwanda Donald Kaberuka wabaye Perezida wa karindwi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) n’abandi.

Muri Mata 2018, mu Rwanda hateraniye Inama yiswe ‘Ibrahim Governance Weekend’ yibanze ku mirimo ikorwa muri serivisi za Leta mu kinyejana cya 21 muri Afurika: Aho zihurira n’imiyoborere myiza n’ubuyobozi butanga umusaruro, imbogamizi zigaragara n’uburyo bwo kongera imbaraga mu mirimo ya leta hagamijwe ko igendana n’icyerekezo cy’Isi.

Perezida Kagame aganira na Mo Ibrahim uyobora Mo Ibrahim Foundation

Umukuru w’Igihugu unayobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yitabiriye iyi nama yahuje abarenga 50

Perezida Kagame aganira n’abayobozi bitabiriye iyi nama barimo Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia

Perezida Kagame ari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Yamina Karitanyi, baganira n’umwe mu bitabiriye iyi nama

Amafoto: Village Urugwiro

2018-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Editorial 10 Sep 2020
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Editorial 10 May 2018
Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Editorial 25 Apr 2022
Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Editorial 25 Mar 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    October 7, 20183:54 pm -

    Gusa twizereko amafaranga yagendeye ku rugendo rwa perezida atavuye mu misoro y#abaturage. Ese ubundi aho perezida wa Commission ya AU aracyakora?

    Subiza

Leave a Reply to Rebero Jeremy Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.
ITOHOZA

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

Editorial 30 May 2017
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze
Amakuru

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Editorial 09 Oct 2021
Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba
Mu Rwanda

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Editorial 09 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru