• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Editorial 15 Dec 2016 POLITIKI

Uko ibintu bigenda byigaragaza mu Burundi n’uko Perezida Petero Nkurunziza agiye kujya mu bibazo bikomeye ku buryo n’imbonerakure ze zizamukuraho amaboko nareba nabi zimwihitanire !

Ibibazo byo mu Burundi byatangiye muri Mata umwaka ushize aho Nkurunziza yafataga icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu, binyuranye n’amasezerano ya Arusha n’itegeko nshinga. Ibi byakurikiwe n’ubwicanyi bwa buri munsi binatuma abantu bagera ku bihumbi 300 bahunga igihugu.

Amahanga yakomeje kwamagana ibibera mu Burundi ariko ugasanga ubutegetsi bwa Nkurunziza butabyitayeho. AU yashatse kohereza ingabo muri icyo gihugu ariko Bujumbura irabyanga, LONI nayo yashatse koherezayo abapolisi, ubutegetsi muri icyo gihugu nabyo bukomeza kubyangira kugeza n’ubu !

Umuryango wa Afurika yunze ubumwe(AU) utangaje yuko ushaka kohereza ingabo mu Burundi , Bujumbura yavuze yuko niziza izabifata nk’uko yatewe hanyuma izakirane amasasu. Izo ngabo kutoherezwa ubutegetsi bwa Nkurunziza bugomba kuba bwarabifashe nk’aho AU yabutinye, bubyina insinzi !

Ariko ukuri uko kumeze n’uko AU itigeze itinya Nkurunziza, ahubwo benshi mu bakuru b’ibihugu biyigize bakoze imibare babona igisubizo kibabuza gushyigikira ibyo kohereza ku ngufu ingabo mu Burundi.

Uko kwifata ngo ntiboherezeyo ingabo u Burundi butabishaka ntabwo kwari ugutinya yuko koko zari kwakirizwa amasasu ahubwo kwari ugutinya urugero rwari kuba rutanzwe kandi nabo byazashobora kubabaho kuko beshi muri abo bategeka ibihugu bya Afurika badatandukanye cyane na Petero Nkurunziza. Ni ba Yahya Jammeh wa Gambia n’abandi nka Adris Deby wa Tchad, ubu ari nawe uyoboye AU !

AU kutohereza ingabo mu Burundi na LONI kudakoresha igitsure gikomeye ngo ba bapolisi babe bakoherezwa mu Burundi leta y’icyo gihugu ntibibonemo intsinzi, ahubwo yitegure ingaruka mbi zabyo. Niba kandi ubutegetsi bwa Nkurunziza bwarebaga kure bwakabaye bumaze kubona yuko izo ngaruka mbi zatangiye kwigaragaza.

Iki gihugu cy’u Burundi ahanini kiriho kubera inkunga z’amahanga. Izo nkunga zitariho ubuzima bwahagarara. Umwe mu baterankunga bakuru b’u Burundi ni umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU).

Uyu muryango warangije guhagarika inkunga wahaga leta y’u Burundi, ukanavuga yuko uzakomeza gukora ibishoboka byose ngo ubutegetsi bwa Nkurunziza buzakomeze kubura amafaranga y’amahanga (foreign currency) atuma butumiza ibintu hanze ! Amerika nayo yarangije gukura u Burundi ku rutonde rw’ibihugu byoroherezwa kohereza ibicuruzwa muri icyo gihugu.

Ahantu u Burundi bwari busigaye bukura amafaranga y’amahanga agaragara ni mu basirikare n’abapolisi bwoherezaga kubungabunga amahoro mu bindi bihugu. Icyo gihugu cy’u Burundi ni kimwe mu bihugu byari bifite abapolisi muri Central Africa (CAR) ariko mu kwezi gushize LONI yarivumbuye yanga yuko abari bacyuye igihe basimbuzwa abandi !

Abasirikare b’u Burundi nabo bari muri CAR uwo muryango w’abibumbye urabashinja kuba batitwara neza kuburyo batangiye gukorwaho iperereza kureba yuko baba batarijanditse mu bikorwa by’iyicarubozo n’ibindi byaha bihanwa n’amategeko mpuzamahanga. Bigaragaye yuko abo basirikare b’u Burundi bakoreye ubugizi bwa nabi abo bagombaga gutabara bishobora gutuma LONI isaba Bujumbura gukura abasirikare bayo muri CAR nk’uko byagendekeye ba bapolisi twavugaga !

Ahandi u Burundi bufite abasirikare bo ni muri Somalia mu butumwa bwa AU.

Umuterankunga mukuru w’ingabo zose za AU muri Somalia ni ya EU yarangije gufata icyemezo cyo gukomanyiriza u Burundi. EU ubu ivuga yuko AU nidashaka uburyo bw’uko amafaranga yagenerwaga abasirikare kuva mu Burundi atanyura mu maboko y’ubutegetsi bw’icyo gihugu izahagarika iyo nk’unga.

Uko u Burundi rero bugenda bukomanyirizwa niko leta igenda ibura amafaranga yo gukoresha mu bintu bya ngombwa, ahamaze gukubitika cyane hakaba ari mu rwego rw’uburezi n’ubwo no mu zindi nzego atari shyashya. Bimaze kugaragara yuko u Burundi bumaze gukena cyane.

-5016.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Uko u Burundi rero buzagenda burushaho gukena, leta idafite amafaranga yo gukoresha ni nako ubutegetsi buzagenda bunanira Nkurunziza kugeza n’aho n’imbonerakure ze zizamukuriraho amaboko kuko azaba atagifite ibyo azishukisha, nareba nabi zibe zanamwihitanira !

Casmiry Kayumba

2016-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Editorial 12 Jun 2017
ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Editorial 25 Mar 2019
Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Ntimuzajya mu ijuru mwaricishije abaturage muyobora amavunja- Perezida Kagame

Editorial 29 Mar 2018
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Editorial 07 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya
IMIKINO

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Editorial 25 Feb 2016
IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?
ITOHOZA

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Editorial 16 Apr 2017
Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba  yimanitse mu giti
ITOHOZA

Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba yimanitse mu giti

Editorial 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru