• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Editorial 16 Oct 2025 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 15 Ukwakira 2025, mu nama yahuje ubuyobozi bw’amakipe n’abakinnyi bayo, yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda i Kacyiru, niho abagize amakipe yombi bahigiye gutwaramo buri gikombe bazakinira.

Ibi byagarutsweho ubwo abakinnyi b’amakipe ya Police Volleyball Club y’Abagabo n’Abagore bibutswaga ko intego nyamukuru ari uguhatanira no kwegukana buri gikombe baba bari guharanira, hatitawe ku gaciro kacyo.

Muri iki gikorwa cyitabiriwe na ACP Teddy Ruyenzi, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage, yashimye intambwe imaze guterwa n’aya makipe mu myaka itatu amaze ashinzwe, asaba ko intsinzi igomba guhora ari umuco.

Yagize ati:“Intsinzi ni yo dukeneye kuko ituzanira byinshi; umutekano, abafana benshi ndetse n’isura nziza y’ikipe. Police VC igomba kurangwa n’ikinyabupfura, indangagaciro n’ishyaka; ibyo nibyo biduha gutsinda.”

Ku ruhande rw’amakipe yombi ayobowe na CSP Urujeni Jackline, yabwiye abakinnyi n’abatoza ko kudasubira inyuma ari inshingano, yibutsa ko umwaka ushize begukanye ibikombe bitandatu.

Ati:“Tugomba guhatanira buri gikombe, cyaba icya pulasitiki, icya zahabu cyangwa icyo mu cyondo. Kugira ngo tubigereho, tugomba gukorera hamwe nk’ikipe no gufashanya mu kibuga.”

Yaboneyeho gushimira imyitwarire myiza y’abakinnyi hanze y’ikibuga, abibutsa ko umukinnyi wubaha ikinyabupfura ari na we utanga umusaruro mu kibuga.

Umuyobozi ushinzwe Tekinike muri aya makipe, Mucyo Philbert, we yasobanuye ko intego atari ukugarukira ku rwego rw’Akarere ka Gatanu gusa.

Ati: “Twabaye aba mbere mu bagabo muri Zone V, abagore baba aba kabiri. Ariko ntibihagije, tugomba gutekereza ku rwego rwa Afurika kandi ibyo bikajyana n’imyumvire mishya.”

Abakinnyi n’abatoza mu izina rya bagenzi babo bashimye uburyo Polisi y’u Rwanda ikomeje kubashyigikira, biyemeza gukomeza kwitwara neza no kurushaho kuzamura urwego rw’imikinire.

Muri iyi nama kandi, hashyizwe ahagaragara abakinnyi bashya bazongera imbaraga muri shampiyona nshya.

* Mu bagabo: Angiro Gideon Nespal, Melly Brian, Niyonzima Gasore, Singizwamana Rodrigue, Rwanyonga Alex na Niyonkuru Gloire.
* Mu bagore: Dusabe Flavia, Kamikazi Shekinnah, Kansiime Ruth, Kayirebwa Aline na Uwase Claire.

Ku munsi wa mbere wa shampiyona, Police WVC y’Abagabo izahura na Rwanda Polytechnic Huye Saa Saba, mu gihe Police WVC y’Abagore izakina na Kirehe VC ku wa Gatandatu Saa Tanu, imikino yose ibere i Petit Stade Remera.

2025-10-16
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Editorial 08 Aug 2025
Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Editorial 03 Nov 2017
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Editorial 11 Nov 2020
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Editorial 18 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports
IMIKINO

Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Editorial 09 Nov 2017
Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Editorial 10 Oct 2018
Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA
Mu Rwanda

Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Editorial 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru