• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Editorial 15 Feb 2019 ITOHOZA

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rugiye gusubukura urubanza Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo yishyuzamo Uganda miliyari 10 z’amadorali ya Amerika, kubera uruhare rw’ingabo zayo mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu.

Kuva mu 1997 kugeza 2003 ingabo za Uganda zari ku butaka bwa Congo.

Uru rukiko rukorera mu Buholandi rwatangaje ko “Kuva tariki 18 kugeza 20 Gashyantare 2019, ruzumva ikibazo cy’ibikorwa by’ingabo za Uganda ku butaka bwa Congo.”

Ubutegetsi bwa Uganda ntibwigeze bukozwa na gato ibyo kwishyura iyi mpozamarira ya miliyari $10 RDC isaba, kuko buhakana ibirego byo kuvuga ko ingabo zayo zayisahuye.

Uru rukiko rwagiye rugerageza gushyira igitutu ku mpande zombi kugira ngo zigere ku masezerano.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda, Okello Oryem, yagize ati “Kinshasa yananiwe kugaragaza ibyo ishingiraho ku birego byayo kugira ngo natwe tube twakwemera ibyo badushinja, bagomba gutanga ibimenyetso bigaragaza impamvu bavuga aya mafaranga.”

Ubutegetsi bwa Uganda bukunze kuvuga ko bwagiye ku butaka bwa Congo bubisabwe na Laurent-Désiré Kabila wari Perezida w’iki gihugu.

Uganda yatangaje ko Kabila ari we wari ukeneye ingabo zabo ndetse n’izo mu Rwanda kugira ngo bavaneho ubutegetsi bwa Perezida Mobutu mu 1997 nk’uko ikinyamakuru La Libre cyabitangaje.

Muri Nyakanga 1998 ubucuti bw’akadasohoka hagati y’ubutegetsi bwa Perezida Kabila na Yoweri Museveni bwararangiye.

Muri Kanama uwo mwaka, Perezida Laurent-Desire Kabila yahise ategeka ingabo z’amahanga zari mu gihugu kuva ku butaka bwacyo, ariko iza Uganda ntizigeze zubahiriza ubu busabe, zavuye muri Congo mu 2003.

RDC yashinje Uganda ko ingabo zayo zafashe igihugu ndetse zihonyora uburenganzira bwa muntu, zikora ibikorwa bya gisirikare birimo gutera inkunga no gufasha imitwe yarwanyaga ubutegetsi bwari bushya no gusahura umutungo kamere.

Abacamanza baburanira Congo bifuza miliyari 10 z’amadorali nk’impozamarira, Uganda yo ikavuga ko idashaka kumva umubare w’aya mafaranga.

Kuva mu 2014 ibihugu byombi byatangiye ibiganiro muri Afurika y’Epfo, byongera guhura mu 2016. Uganda yari yasabye ko yahabwa andi mezi 16 kugira ngo iyi dosiye ihindurwe mu Cyongereza kuko iri mu gifaransa.

2019-02-15
Editorial

IZINDI NKURU

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Editorial 17 Nov 2016
Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Editorial 24 May 2021
Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Editorial 17 Jan 2019
Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Editorial 09 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar
Amakuru

APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar

Editorial 04 Jan 2024
Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije
ITOHOZA

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Editorial 05 Jul 2018
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Editorial 25 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru