• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Editorial 17 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Inkuru y’urupfu rw’umunyemari Rujugiro Tribert Ayabatwa igishyirwa ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, hari abifashe mapfubyi, cyane cyane Kayumba Nyamwasa n’ibyihebe bigenzi bye byo muri RNC, dore ko uwo musaza yari umuterankunga ukomeye w’uwo mutwe w’iterabwoba.

Umuco nyarwanda ntutwemerera kogera uburimiro ku wapfuye, ariko ntunatubuza kuvuga aho yatannye akagira nabi, kugirango bitwibutse ko ubu buzima ari intizanyo dukwiye gutirurira Imana yabuduhaye butuzuye ibizinga.

Ubuhamya bw’abamenye Rujugiro Tribert cyane cyane mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, buvuga ko yagiriye neza benshi mu Banyarwanda bari impunzi. Yewe ndetse ngo yaba yaranagize uruhare mu gushyigikira urugamba rwo kubohora Igihugu. Ni byiza, kandi nawe yarikoreraga.

Ikibabaje kandi gikunze kugaragara kuri kamere muntu, ni uko intangiriro ishobora kuba nziza, ariko ugasoza nabi. Burya kandi, urubanza rw’ubuzima ntirureba intangiriro, ahubwo rureba iherezo.

Uku ni nako byagenze kuri Rujugiro no kuri benshi mu bo babanaga muri RNC, nka Kayumba Nyamwasa, n’abandi batangiye babohora Abanyarwanda ariko bagasoza babagambanira!

Rujugiro Tribert yari umwe mu banyemari batera inkunga uyu mutwe w’iterabwoba wa RNC, haba mu kuwushakira abarwanyi, haba no mu kuwugurira ibikoresho.

Ibi bisobanuye ko Rujugiro ari umwe mu bo amateka azahora aryoza ubuzima bw’ urubyiruko RNC yohereje gupfira mu mashyamba ya Kongo, ubwo icyiswe P5 cyiyahuraga ngo kirashaka gutera U Rwanda.

Rujugiro ni umwe kandi mu bazabazwa urupfu rw’ inzirakarengane 17 zahitanywe na grenades RNC yateye mu Rwanda hagati ya 2010 na 2014, abasaga 400 bagakomereka.

Ibikorwa bya Rujugiro bijyanye no gushyigikira RNC ndetse no gutoteza Abanyarwanda batayibonamo, byakunze kugaraga cyane cyane mu bihugu byo mu majyepfo y’Afrika, ndetse no muri Uganda, aho yabifashwagamo n’ibikomerezwa mu butegetsi, nka Abel Kandiho wahoze ashinzwe iperereza mu gisirikari cya Uganda, Minisitiri Philemon Mateke n’abandi. Apfuye icyakora ibikorwa bya RNC muri Uganda bicumbagira, kuko ubutegetsi bwasanze wifatanya n’umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe

Impfubyi ya Rujugiro kurusha izindi ariko, ni umunywarumogi David Himbara yari atunze kuri buri kantu, kuva ku isogisi kugeza ku mwenda w’imbere. Uretse ko Rujugiro yari umucunguzi w’ ibigarasha byahoraga ku muryango iwe bisabiriza, by’unwihariko Himbara yari yaramwifatiye ngo ni umujyanama we mu bucuruzi, nyamara ntibibuze uyu musaza guhora mu manza, cyane cyane z’imisoro na magendu mu bihugu byinshi.

Abazi gutebya bakimara kumenya urupfu rwa Rujugiro, banditse ku mbuga nkoranyambaga bati:” Kwiyegereza Himbara ni ukwikururira umwaku, n’ikimenyimenyi yagiye muri Suwede gushinjura umujenosideri Théodore Rukeratabaro, birangira akatiwe gufungwa burundu, none dore na muzehe Rujugiro wari inkoramutima ye arigendeye”.

Rujugiro Tribert yahunze u Rwanda ku mpamvu zirimo iz’ubuhemu mu bucurizi. Byanamuviriyemo gufatirwa no gutezwa cyamunara kw’inzu ye ya UTC, kubera igihe kinini atishyura imisororo.

Aho kwemera ko amategeko yakubahirizwa, ibibazo by’ubucuruzi bwa Rujugiro yabihinduye ibya politiki, ndetse yumvikana kenshi ku maradiyo nka BBC atega Leta y’uRwanda iminsi, ngo igiye kuvaho, maze abazayihirika bumusubize imitungo ye.

Nubwo ariko yahoraga yigamba ko ngo amenyereye guhirika za leta zimubangamiye, Rujugiro Tribert Ayabatwa apfuye icyizere cyo gukuraho “ubutegetsi bwa Kagame” cyarayoyotse, kuko Kayumba Nyamwasa na RNC ye babimwizezaga basigaye babunza umutwe nk’uruyuzi.

Icyo kiguri cy’ibyihebe gisanzwe cyarashegeshwe no kutagira umurongo uhamye n’amacakubiri ashingiye ku nda nini, byiyongereyemo urupfu rw’umuterankunga mukuru, ubanza bibaye nk’ibinyoro byiyongereye mu bibembe.

Amakuru ya BBC avuga ko Rujugiro Tribert Ayabatwa yaguye i Dubai ari naho ngo yari asigaye atuye, ariko ntihavugwa icyamuhitanye.

Apfuye bivugwa ko yari afite imyaka nka 84 kuko iyo yagenekerezaga yavugaha ko yavutse nko muw’1940. Asize abana 4, uwo bashakanye we akaba yaritabye Imana muri Nzeri umwaka ushize.

2024-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Editorial 04 Oct 2017
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Editorial 27 Oct 2023
AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

Editorial 08 Jul 2024
Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Editorial 14 Dec 2016
Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Editorial 04 Oct 2017
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Editorial 27 Oct 2023
AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

Editorial 08 Jul 2024
Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Editorial 14 Dec 2016
Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Editorial 04 Oct 2017
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Editorial 27 Oct 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Evode Imena  yagaramye ibyo  guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph)  y’abagore  (Jovian na Diana)  b’abagabo bakoranaga muri  MINIRENA
Mu Mahanga

Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Editorial 15 Feb 2017
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite
ITOHOZA

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Editorial 12 Jun 2018
Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Editorial 20 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru