• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Editorial 18 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tribert Rujugiro Ayabatwa ni umwe mu baherutse gutungwa urutoki na Perezida Kagame nk’umwe mu bakomeje guteza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda.

Rujugiro avugwa mu baterankunga bakuru ba RNC , uyu akaba afite n’uruganda Meridian Tobacco Company aherutse gufungura ahitwa Arua muri Uganda, afatanyije na Gen. Salim Saleh murumuna wa Perezida Museveni. Uru ruganda akaba ari ishami rya Pan-African Tobacco Group ikora amatabi yo mu bwoko bwa Supermatch.

Mu ijambo yavugiye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu uheruka, Perezida Paul Kagame  ngo yatangajwe na Perezida Museveni kwirengagiza ko azi Rujugiro.

Ati: “Ku ikubitiro (Museveni) yavuze ko atamuzi, mwereka ko amuzi.”

Tribert Rujugiro mu kiganiro yagiranye na The New Vision, kegamiye k’ubutegetsi muri Uganda. Yatamaje Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi, aho Rujugiro avuga ko yahuye na Museveni ariwe umuhambagaye ngo bahure.

Rujugiro yahishuye ko muri Gashyantare [ 2018 ] yagiye muri Uganda ku butumire bwa Perezida Museveni, aho ngo yamugiriye inama yo gufunga zimwe muri business afite muri Uganda mu rwego rwo gutabara umubano w’iki gihugu n’u Rwanda.

Ati: “Muri Gashyantare 2018 Perezida Yoweri Museveni yasabye ko twahura. Iyo niyo nshuro nahuye nawe.”

Yakomeje agira ati: “Perezida yambajije niba ndimo kurwanya Kagame. Namubwiye ko ntashishikajwe na politiki z’u Rwanda.”

Rujugiro kandi akomeza avuga ko Museveni yamubajije niba ari inshuti ya David Himbara, ukunze gusohora inyandiko zivuga nabi ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi ngo niba ari inshuti amusabe guhagarika izo nyandiko kuko zidashimisha Perezida w’u Rwanda.

Akavuga ko yabwiye Museveni ko Himbara afite ibindi apfa n’ubutegetsi yabayemo imyaka 8 kubw’ibyo niba hari ikibazo afitanye na Perezida w’u Rwanda babirangiza ubwabo.

Museveni na Himbara

Muri uwo mubonano kandi ngo Museveni yamubwiye ko Perezida Kagame ashaka amahoro kandi ko kugirango u Rwanda na Uganda bigire amahoro agomba kugerageza kugurisha business ze ubundi akava muri Ugada.

Mu kumusubiza ngo yagize ati: “Ngiye kugerageza nshake umuguzi mve muri Uganda. Sinshaka ko akarere kagira ibibazo kubera njyewe.”

Ati: “Na n’ubu ndimo kugerageza cyane kugurisha ariko sindabona umuguzi.” Ariko Perezida Museveni aza kumubuza ko atafunga Business ze kubera igitutu.

Yongeyeho ariko ko aramutse ashatse gufasha inyeshyamba bitamara amezi atandatu ubutegetsi bw’u Rwanda butaravaho.

Rujugiro ni umwe mu bacuruzi babanyarwanda wafashijwe n’ubutegetsi, ariko aza kubuhemukira kubera ubujura no kunyereza imisoro ya Leta byamuviriyemo guhunga igihugu, ubu akaba yarifatanyije n’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda barimo Kayumba Nyamwasa na FDLR.

2019-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Editorial 20 Dec 2017
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Editorial 02 Apr 2021
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Editorial 07 Sep 2020
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Editorial 28 Feb 2020
Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Editorial 20 Dec 2017
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Editorial 02 Apr 2021
Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Editorial 07 Sep 2020
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Editorial 28 Feb 2020
Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Editorial 20 Dec 2017
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Editorial 02 Apr 2021
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    March 18, 20192:14 pm -

    Uriya musaza yakwicururie agatabi ke ibya Politique ko byamunaniye igihe yahereye kuva kuri Bagaza ibyo kunyereza imisoro no gukora amanyanga reba muri S.Africa!!!!!! nareke gusaza yanduranya.gusa ngo iyakameze irakabaganwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru