• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

Editorial 26 May 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’igihe bitangajwe, Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, kuri uyu wa Gatanu, yatangiye ingendo ku mugabane w’u Burayi ihereye i Londres mu Bwongereza.

Ku itariki ya 26 Gicurasi 2017 i saa 12:45 z’amanywa, nibwo indege ya Airbus 330-300 yiswe ‘Umurage’ nyuma yo kugurwa mu Ukoboza umwaka ushize, yahagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali yerekeza ku cya Gatwick Mujyi wa Londres.

Iyi ndege iragera mu Bwongereza nta hantu ihagaze ndetse biteganyijwe ko saa 20:20 z’ijoro aribwo isesekara kuri Gatwick Airport.

Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe imibanire y’ikigo (Corporate Affairs), muri RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangaje ko impamvu y’ingenzi yatumye batangiza ingendo mu Bwongereza ari uguhuza u Rwanda n’u Burayi, no guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Umuyobozi wa Kigali Heights Development, Karera Denis , ni umwe mu bagenzi bajyanye na yo aho yatangaje ko gutangiza ingendo mu Bwongereza ari amahirwe akomeye by’umwihariko mu kwagura ubucuruzi.

Ati” Uru ni urufunguzo rw’ubucuruzi, igihe cyose indege zihari, igendo zikaba zifunguye, ni ukuvuga ko amarembo y’ubucuruzi afunguye.”

Abagenzi bava i Kigali bagiye i Londres bazajya bishyura guhera ku madolari ya Amerika 450, ni ukuvuga hafi ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda.

Uru rugendo ruje nyuma y’aho ku itariki ya 4 Mata 2017 iyi sosiyete itangiye kwerekeza Mumbai mu Buhinde inshuro enye mu cyumweru, aho igenda amasaha arindwi ntaho idahagaze.

Nyuma yo gutangira uru rugendo rwerekeza mu Bwongereza ruzajya rukorwa inshuro eshatu mu cyumweru, RwandAir yahise igira ahantu 22 ikorera ingendo ku migabane itandukanye y’isi.

-6671.jpg
RwandAir itangije ingendo zerekeza mu Bwongereza, mu gihe yitegura kwakira indege nshya ya Boeing 737-800 Next Generation, yahawe izina rya ‘Muhabura’ biteganyijwe ko izagera i Kigali ivuye Seattle i Washington muri Amerika ku cyumweru ahagana saa kumi z’umugoba.

Kanda hano usome ibirambuye ku miterere y’iyi ndege yakoze urugendo rugana mu Bwongereza

Source;IGIHE

2017-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Editorial 01 Mar 2025
Uganda: Abadepite barifuza ko infungwa zakwemererwa gukora imibonano mpuzabitsina

Uganda: Abadepite barifuza ko infungwa zakwemererwa gukora imibonano mpuzabitsina

Editorial 17 Dec 2016
Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Editorial 17 Jul 2017
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Editorial 07 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka
Amakuru

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Editorial 12 Mar 2025
Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano  ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini
INKURU NYAMUKURU

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Editorial 01 Apr 2019
Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Editorial 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru