• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Editorial 09 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Umunyapoliti utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, Faustin Twagiramungu, kuri uyu wa Gatatu yakwirakwije ibihuha ko muri Nyungwe imirwano imeze nabi, abanyarwanda kuri Twitter bamuha urw’amenyo.

Twagiramungu w’imyaka 73 aba mu Bubiligi. Haba ku mbuga ze nkoranyambaga no mu binyamakuru nta na hamwe ajya yumvikana ashima cyangwa yemera ibyagezweho mu Rwanda yigeze kubera Minisitiri w’Intebe.

Ku rukuta rwe rwa Twitter birasanzwe ko ashyiraho amagambo anenga cyangwa yirengagiza ibyagezweho mu Rwanda, ubundi agacishamo akanibasira abayobozi bakuru b’u Rwanda.

Ahagana saa moya z’umugoroba kuri uyu wa Kane, Twagiramungu yongeye gutungurana yandika kuri Twitter ko guhera tariki 3 kugeza tariki 7 Gicurasi 2019 imirwano yari imeze nabi hagati y’ingabo z’u Rwanda n’inyeshyamba mu ishyamba rya Nyungwe.

Nta gihamya na kimwe yigeze yerekana cyangwa ngo asobanure aho yakuye ayo makuru.

Inyandiko ya Twagiramungu yazamuye amarangamutima ku banyarwanda bakoresha Twitter kandi bazi neza ukuri kw’ibibera mu gihugu.

Bahise batanga ibitekerezo kuri iyo nyandiko bibaza igikomeje gutera Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Uwitwa Kizito Safari kuri Twitter yavuze ko ku wa Kabiri tariki 7 Gicurasi yanyuze mu ishyamba rya Nyungwe agana i Rusizi kandi ko inzira yose yari nyabagendwa.

Yagize ati “Ariko rwose muzehe nk’ibyo koko ubikuye he? Ejo ko nari Rusizi inzira yose akaba ari amahoro, ibyo bihuha urabikwiriza iki koko? Reka igi rihane inyoni: sigaho nta musaza ubeshya.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye Twaragiramungu kuva muri Politiki yo mu kirere, akajya atangaza ibyo yahagazeho.

Ati “Harya iyi ni ya Politiki yawe yo mu Kirere! Ugomba kuba uri mu bushorishori bwa Gare du Midi hamwe nigeze kugusanga ukavuza induru, gerageza ujye kurira ibiti bya Gashonga nibwo wabona muri Nyungwe cyangwa utumeho mwene nyoko aguhe amakuru mazima.”

Straton Fatahose yifashishije ifoto y’ibihingwa birimo ibirayi bihinze hafi ya Nyungwe, yavuze ko abatuye hafi ya Nyungwe bahugiye mu rugamba rw’iterambere aho kuba urw’amasasu nkuko Twagiramungu abivuga.

Ati “Dore abaturiye Nyungwe amakuru bafite ni urugamba mu iterambere. Abaguha amakuru baraguhaze muze, basigaye bakwikiza bakakubwira ibyo waraye urota niba atari ubuhanuzi uba wikoreye.”

Afazari Dancilla we yavuze ko umusaza nka Twagiramungu atari akwiriye kuba akiri mu makuru yo gushyushya abantu imitwe, ahubwo yakabaye ari kubiba urukundo n’ubumwe mu rubyiruko.

Ati “Twagiramungu rekera aho ibinyoma byawe byo gushyushya abantu imitwe. Ku myaka yawe, ubundi abagabo nya bagabo basaza bigisha urukundo n’ubumwe mu rubyiruko ariko we ni urwango gusa. Muzehe, abanyarwanda ntibagishaka kumira uburozi bwawe.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera, aherutse kubwira itangazamakuru ko abavuga ko mu Rwanda nta mutekano uhari ari abakwirakwiza ibihuha ku nyungu zabo bwite.

Ati “ Izo mpuha zikwirakwizwa n’abayobozi bamwe bafite imitwe yitwara gisirikare. Abantu bakaza bagasakuza ngo twafashe Nyungwe , ngo nta mukerarugendo dushaka bari mu bihugu byo hanze. Nta waturusha amakuru ku gihugu cyacu kandi tuzi ko gitekanye.”

Yongeyeho ko “Umutekano w’abanyarwanda n’ibintu byabo urarinzwe, umeze neza nta cyawuhungabanya. Umutekano wa ba mukerarugendo nawo nta gishobora kuwuhungabanya kubera ko igihugu cyacu kirinzwe neza ushingiye ku banyarwanda ubwabo.”

Muri Nyakanga 2017 ubwo Perezida Paul Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Rusizi, agace Twagiramungu akomokamo, yakomoje ku buryo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 Twagiramungu ari mu baje kumureba bamusaba kuba Perezida.

Perezida Kagame yavuze ko mu ntangiriro wabonaga Twagiramungu ashyigikiye ibitekerezo byo guteza imbere u Rwanda ariko nyuma aza kubihindura.

Ati “Icyantangaje ni uko icyo gihe yambwiraga ngo ni njye ukwiriye kuba Perezida ariko hashize igihe gito arabihindura. Ntabwo yari akinyifuza ngira ngo yibwiraga ko ahari azankoresha. Nari nabaye urutindo.”

Twagiramungu yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi kugeza mu 1995. Yahise ajya kuba mu Bubiligi agaruka mu 2003 aje kwiyamamaza mu matora ya Perezida nk’umukandida wigenga, atsindwa na Paul Kagame wari watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi.

Src: IGIHE

2019-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Editorial 08 Jun 2018
Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Editorial 26 Mar 2018
Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Editorial 18 Mar 2019
Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Editorial 15 Apr 2021

Igitekerezo kimwe

  1. baziyumva
    May 9, 20198:51 pm -

    Gusaza ni ugusahurwa, Ubwonko bwe bwashaje rwose. Ntakibasha kugendana nabwo.Iriya ndwara yo kwibagirwa ugahora mu byakera ukibagirwa ibiriho, iyo uyifite uba wagiye. Utangira no kuvugishwa bakagirango warasaze. Akenshi uba wibereye mu byakera ukiri umusore n’abantu b’icyo gihe, Ibyavuba ntubimenya. Abenshi iyo bageze kuri iyo stade baba barangije, baba basigaje kuraga.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye
Mu Mahanga

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Editorial 25 May 2018
EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze
Mu Rwanda

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Editorial 09 Aug 2016
Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo
Amakuru

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Editorial 09 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru