• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

Editorial 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’ ububanyi n’amahanga w’u Burundi yatangaje ko ibibazo u Burundi bufitanye n’ ibindi bihugu nk’ u Rwanda n’u Bubirigi byaba bigiye gucyemuka ndetse we ntabwo abifata nk’ ibibazo ahubwo ngo ni “utubazo.”

Hashize igihe kinini i Burundi hari umutekano mucye, kuva Perezida w’Uburundi Pierre Nkurunziza atangaje ko aziyamamariza manda ya gatatu yo kuyobora iki gihugu mu mwaka wa 2015. Abaturage b’ iki gihugu ntibishimiye iki cyemezo kuko ngo cyari kinyuranye n’itegekosnhinga ry’u Burundi ndetse n’amasezerano ya Arusha. Ibi byateje imvururu nyinshi mu Burundi zirimo kudeta yageragejwe ariko igapfuba, Leta yica abaturage benshi batari bashyigikiye ko Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu, abasaga 391,377bahunga ubwo bwicanyi.

Abakuwe mu byabo n’ubwicanyi bwabakorerwaga bahungiye mu bihugu by’ibituranyi aho 232,716 bahungiye muri Tanzaniya; 46,502 bahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; 68,306 bahungira mu Rwanda naho abasaga1,197 bahungira muri Zambiya n’ ibindi bihugu bitandukanye ndetse bakaba batarahunguka kuko ngo nta mutekano uraboneka mu Burundi.

N’ ubwo izo mvururu zaturutse kuri manda ya gatatu Perezida Kurunziza Pierre yashakaga kwiyamamariza kandi ngo inyuranye n’itegekonshinga ry’icyo gihugu n’amasezerano ya Arusha, u Burundi ntibwahwemye gushinja u Rwanda kuba inyuma y’ izo mvururu n’umutekano mucye mu Burundi ndetse Leta y’u Burundi yigisha abaturage kwanga abaturanyi babo, bakaririmba ko bazomesa u Rwanda.

Ariko ibi bikaba bizwi neza ko ari ikinyoma cyahimbwe mu Rwego rwo gushaka uwo bagerekaho ibibazo biteye. Ubu noneho ariko ngo “utwo tubazo tugiye gucyemuka.”

Ibi Minisitiri w’ ububanyi n’amahanga w’ u Burundi, Nibigira Ezechiel, yabitangaje kuri uyu wa 24 Kanama 2018 ubwo yari mu nama n’abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi.

Yagize ati “utubazo twagiye tubaho hagati y’ ibihugu nk’u Rwanda n’ Uburiligi, ni nk’ indwara yateye ariko iriko irakira.” Akomeza agira ati “uko yari imeze hagati y’ u Burundi n’ ibihugu bimwe na bimwe mu 2015, hariko harakorwa byinshi ngo bihinduke.”

Ibibazo u Burundi bwiteye byagize ingaruka mu karehe hose ndetse iki gihugu kinanirwa kubisohoka mo kuko no muri iki gihe hari abagikomeje guhunga bavuga ko nta mutekano bafite mu Burundi. Ibyo Minisitiri Nibigira yatangaje rero bigaragaza ko noneho Leta yemera mu ruhame ko ari yo Nyirabayazana w’ibibazo byabo byanagize ingaruka ku karere.

Iyi nama yari igamije kugaragariza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi uko iki gihugu gihagaze, Minisitiri Nibigira akaba yanamenyesheje abitabiriye inama ko u Burundi bwitegura amatora ya Perezida mu mwaka wa 2020.

Abakurikiranira hafi porotike y’ u Burundi bemeza ko uyu muyobozi yabeshye amahanga agamije kureba uko yasaba amafaranga yo kwirira ndetse n’inkunga yo kwifashisha mu bikorwa bitandukanye harimo no gutegura amatora dore ko iki gihugu cyazahajwe n’ ubukene bwaturutse ku mvururu zihamaze igihe kitari gito.

Bakabishingira ko yavuze ko utwo yise utubazo tumeze nk’indwara turiho ducyemuka kandi amakuru amaze iminsi mu bitangazamakuru avuga ko u Burundi bufatanyije n’imitwe irwanya leta y’ u Rwanda mu gucura umugambi wo guhungabanya umutekeno w’ iki gihugu cy’ igituranyi, gusa bakemeza ko uyu mugambi uzabapfubana.

Ku rundi ruhande ariko, ngo birashoboka ko u Burundi bwaba bubonye Kabila abusize mu nzira badashoje umugambi bacuranye wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda bakaba bahisemo kubivamo nabo. Harya ko Umushikiranganji Nibigira Ezechiel avuga ko utwo yise utubazo hagati y’ u Burundi n’ ibindi bihugu tugiye gucyemuka, utubazo hagati y’u Burundi n’abaturage babwo two tuzacyemu ryari?

2018-08-28
Editorial

IZINDI NKURU

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Editorial 10 Sep 2020
Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Editorial 15 Jun 2021
Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Editorial 19 Apr 2018
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Editorial 05 Jan 2019
Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Editorial 10 Sep 2020
Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Editorial 15 Jun 2021
Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Editorial 19 Apr 2018
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Editorial 05 Jan 2019
Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Nsabimana Callixte Alias Sankara ati “Urubanza Rwanjye Muruhuze n’urwa Boss Wanjye Rusesabagina Paul”

Editorial 10 Sep 2020
Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Editorial 15 Jun 2021
prev
next

5 Ibitekerezo

  1. twubakane
    August 28, 20183:34 pm -

    Akagabo gahimba akandi kataraza. Ubwo rero iyo ngo ni Politiki. Bazazura abacu? Ababo?. Oya Ntushoborra guhemuka ku bushake ngo ufite icyayenge cyo kuzisubiraho nyuma( nabwo ku bushake). Ibi byakorwaga na drc abandi nabo bati twatanzwe reka tubigane!. Imana izabaza benshi byinshi.

    Subiza
  2. Btwenge
    August 28, 20184:57 pm -

    Ariko bariya Burundi baririmbaga
    Ngo kagame Paul tuzokumesa
    Babitekerje bate? None rushyashya
    Nayo iduhaye indi. Nkuru ngo
    Abarundi bavuze yuko bazomesa
    Urwanda ? ryari? bate???Nonese
    Bazabanza kumesa Paul kagame?cg
    Bazabanza kumesa Urwanda cg bazabamesera bombi hamwe???

    IZO N I N Z O Z I

    Subiza
  3. RUGENDO
    August 28, 20185:17 pm -

    rushyashya mwaba muzi urwanda igisobanuro cyarwo??(ijambo URWANDA)
    mwaba muzi abanyarwanda igisobanuro cyabo??(ijambo abanyarwanda)
    IBINTU BYANYU MWANDIKA BIPFUYE MWABIRETSE!!!
    ABO BARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA UBUTAKA BWU RWANDA
    BAVUGA KO BAZOMESA ABANYARWANDA ??
    ABO BARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA PRESIDENT WU RWANDA???
    ABARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA ABANTU BOSE BATUYE MURWANDA??
    RUSHYASHYA NIBA MWANDIKA IBI NGO PRESIDENT ABASHIME BIRABABAJE!!!
    NTAMUNYARWANYA MUZIMA YAKWEMERA AMATESHWA MWANDIKA!!
    sinzi niba acisha amaso muri aya matiku mwandika!!

    Subiza
    • Bugingo Nathan
      August 29, 20181:31 pm -

      Nibakomeze bavuge sha twibera ibihangange nibajya kugaruka bazasanga urwanda ruyoboye isi mwana

      Subiza
  4. MAOMBI jOHN
    August 30, 201811:52 pm -

    IKINYOMA!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru