• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

Ubwanditsi 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’ ububanyi n’amahanga w’u Burundi yatangaje ko ibibazo u Burundi bufitanye n’ ibindi bihugu nk’ u Rwanda n’u Bubirigi byaba bigiye gucyemuka ndetse we ntabwo abifata nk’ ibibazo ahubwo ngo ni “utubazo.”

Hashize igihe kinini i Burundi hari umutekano mucye, kuva Perezida w’Uburundi Pierre Nkurunziza atangaje ko aziyamamariza manda ya gatatu yo kuyobora iki gihugu mu mwaka wa 2015. Abaturage b’ iki gihugu ntibishimiye iki cyemezo kuko ngo cyari kinyuranye n’itegekosnhinga ry’u Burundi ndetse n’amasezerano ya Arusha. Ibi byateje imvururu nyinshi mu Burundi zirimo kudeta yageragejwe ariko igapfuba, Leta yica abaturage benshi batari bashyigikiye ko Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu, abasaga 391,377bahunga ubwo bwicanyi.

Abakuwe mu byabo n’ubwicanyi bwabakorerwaga bahungiye mu bihugu by’ibituranyi aho 232,716 bahungiye muri Tanzaniya; 46,502 bahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; 68,306 bahungira mu Rwanda naho abasaga1,197 bahungira muri Zambiya n’ ibindi bihugu bitandukanye ndetse bakaba batarahunguka kuko ngo nta mutekano uraboneka mu Burundi.

N’ ubwo izo mvururu zaturutse kuri manda ya gatatu Perezida Kurunziza Pierre yashakaga kwiyamamariza kandi ngo inyuranye n’itegekonshinga ry’icyo gihugu n’amasezerano ya Arusha, u Burundi ntibwahwemye gushinja u Rwanda kuba inyuma y’ izo mvururu n’umutekano mucye mu Burundi ndetse Leta y’u Burundi yigisha abaturage kwanga abaturanyi babo, bakaririmba ko bazomesa u Rwanda.

Ariko ibi bikaba bizwi neza ko ari ikinyoma cyahimbwe mu Rwego rwo gushaka uwo bagerekaho ibibazo biteye. Ubu noneho ariko ngo “utwo tubazo tugiye gucyemuka.”

Ibi Minisitiri w’ ububanyi n’amahanga w’ u Burundi, Nibigira Ezechiel, yabitangaje kuri uyu wa 24 Kanama 2018 ubwo yari mu nama n’abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi.

Yagize ati “utubazo twagiye tubaho hagati y’ ibihugu nk’u Rwanda n’ Uburiligi, ni nk’ indwara yateye ariko iriko irakira.” Akomeza agira ati “uko yari imeze hagati y’ u Burundi n’ ibihugu bimwe na bimwe mu 2015, hariko harakorwa byinshi ngo bihinduke.”

Ibibazo u Burundi bwiteye byagize ingaruka mu karehe hose ndetse iki gihugu kinanirwa kubisohoka mo kuko no muri iki gihe hari abagikomeje guhunga bavuga ko nta mutekano bafite mu Burundi. Ibyo Minisitiri Nibigira yatangaje rero bigaragaza ko noneho Leta yemera mu ruhame ko ari yo Nyirabayazana w’ibibazo byabo byanagize ingaruka ku karere.

Iyi nama yari igamije kugaragariza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi uko iki gihugu gihagaze, Minisitiri Nibigira akaba yanamenyesheje abitabiriye inama ko u Burundi bwitegura amatora ya Perezida mu mwaka wa 2020.

Abakurikiranira hafi porotike y’ u Burundi bemeza ko uyu muyobozi yabeshye amahanga agamije kureba uko yasaba amafaranga yo kwirira ndetse n’inkunga yo kwifashisha mu bikorwa bitandukanye harimo no gutegura amatora dore ko iki gihugu cyazahajwe n’ ubukene bwaturutse ku mvururu zihamaze igihe kitari gito.

Bakabishingira ko yavuze ko utwo yise utubazo tumeze nk’indwara turiho ducyemuka kandi amakuru amaze iminsi mu bitangazamakuru avuga ko u Burundi bufatanyije n’imitwe irwanya leta y’ u Rwanda mu gucura umugambi wo guhungabanya umutekeno w’ iki gihugu cy’ igituranyi, gusa bakemeza ko uyu mugambi uzabapfubana.

Ku rundi ruhande ariko, ngo birashoboka ko u Burundi bwaba bubonye Kabila abusize mu nzira badashoje umugambi bacuranye wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda bakaba bahisemo kubivamo nabo. Harya ko Umushikiranganji Nibigira Ezechiel avuga ko utwo yise utubazo hagati y’ u Burundi n’ ibindi bihugu tugiye gucyemuka, utubazo hagati y’u Burundi n’abaturage babwo two tuzacyemu ryari?

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo

Kampala imeze nk’Inkende uko yurira igiti ariko yerekana ubusa bwayo

Ubwanditsi 19 May 2019
Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)

Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024

5 Ibitekerezo

  1. twubakane
    August 28, 20183:34 pm -

    Akagabo gahimba akandi kataraza. Ubwo rero iyo ngo ni Politiki. Bazazura abacu? Ababo?. Oya Ntushoborra guhemuka ku bushake ngo ufite icyayenge cyo kuzisubiraho nyuma( nabwo ku bushake). Ibi byakorwaga na drc abandi nabo bati twatanzwe reka tubigane!. Imana izabaza benshi byinshi.

    Subiza
  2. Btwenge
    August 28, 20184:57 pm -

    Ariko bariya Burundi baririmbaga
    Ngo kagame Paul tuzokumesa
    Babitekerje bate? None rushyashya
    Nayo iduhaye indi. Nkuru ngo
    Abarundi bavuze yuko bazomesa
    Urwanda ? ryari? bate???Nonese
    Bazabanza kumesa Paul kagame?cg
    Bazabanza kumesa Urwanda cg bazabamesera bombi hamwe???

    IZO N I N Z O Z I

    Subiza
  3. RUGENDO
    August 28, 20185:17 pm -

    rushyashya mwaba muzi urwanda igisobanuro cyarwo??(ijambo URWANDA)
    mwaba muzi abanyarwanda igisobanuro cyabo??(ijambo abanyarwanda)
    IBINTU BYANYU MWANDIKA BIPFUYE MWABIRETSE!!!
    ABO BARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA UBUTAKA BWU RWANDA
    BAVUGA KO BAZOMESA ABANYARWANDA ??
    ABO BARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA PRESIDENT WU RWANDA???
    ABARUNDI BAVUGA KO BAZOMESA ABANTU BOSE BATUYE MURWANDA??
    RUSHYASHYA NIBA MWANDIKA IBI NGO PRESIDENT ABASHIME BIRABABAJE!!!
    NTAMUNYARWANYA MUZIMA YAKWEMERA AMATESHWA MWANDIKA!!
    sinzi niba acisha amaso muri aya matiku mwandika!!

    Subiza
    • Bugingo Nathan
      August 29, 20181:31 pm -

      Nibakomeze bavuge sha twibera ibihangange nibajya kugaruka bazasanga urwanda ruyoboye isi mwana

      Subiza
  4. MAOMBI jOHN
    August 30, 201811:52 pm -

    IKINYOMA!!!

    Subiza

Leave a Reply to Bugingo Nathan Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho  Agnes  yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma
Mu Mahanga

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora
POLITIKI

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru