• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Editorial 01 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Leta y’Uburundi yamaze gushyira hanze urutonde rw’Imiryango Mpuzamahanga itegamiye kuri Leta 130 iyishinja kwimakaza ubutinganyi no kwangisha abaturage ubuyobozi bakwirakwiza ibihuha by’intambara.

Mu itangazo ryashyizweho umukono kuwa 28 Nzeri 2018, abayobozi b’Uburundi bavuga ko kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 1  Ukwakira 2018 iyi miryango itegamiye kuri Leta igomba gusubika ibikorwa byayo mu gihe cy’amezi atatu mu rwego rwo kubahiriza imyanzuro y’inama y’igihugu y’umutekano iherutse guterana iyobowe na Perezida Pierre Nkurunziza.

Iri tangazo kandi rihamya ko  myinshi muri iyi miryango yananiwe kubahiriza amabwiriza ngenderwaho yo mu gihugu cy’u Burundi.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuvugizi wa Perezida Nkuruziza, Jean Claude Karegwa yavuze ko iyi miryango yakoraga bimwe mu bintu bitemewe n’amategeko y’imbere mu gihugu.

Itangazo rya Leta y’u Burundi rigaragaza imiryango itegamiye kuri Leta yahagaritswe.

Yagize ati”  Hari imwe mu miryango yigishaga ko abantu bagomba kubana bahuje ibitsina,turabizi. Hari abirirwa bashaka guteza intambara kugira ngo babone isoko ry’intwaro(…)

Perezida Petero Nkurunziza

Uyu muyobozi yavuze ko hari n’imiryango ikwirakwiza indwara kugira ngo abone isoko ry’imiti akora.

Muri iyi miryango yahagaritswe, myinshi ikomoka ku mugabane w’Ubulayi n’indi mike yo muri Amerika.

Ibi bitangajwe nyuma yaho abasesenguzi bamwe bavugaga ko iyi miryango yaba yarahagaritswe bitewe n’uko ikoresha abo mu bwoko bw’abatutsi benshi.

Aba bavuga ko Leta yasabye iyi miryango gukoresha abakozi 60% b’abahutu na 40% b’abatutsi ariko ikavunira ibiti mu matwi.

2018-10-01
Editorial

IZINDI NKURU

Visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi yatawe muri yombi azira agahimbazamusyi k’ikipe yari muri CAN 2019  

Visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi yatawe muri yombi azira agahimbazamusyi k’ikipe yari muri CAN 2019  

Editorial 10 Jul 2019
Col Byabagamba na Rusagara byavugwaga ko batorotse gereza basubiye mu rukiko

Col Byabagamba na Rusagara byavugwaga ko batorotse gereza basubiye mu rukiko

Editorial 22 May 2019
Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke

Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke

Editorial 13 Nov 2017
“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

Editorial 11 Feb 2024

3 Ibitekerezo

  1. Lille
    October 1, 20184:18 pm -

    Uyu Yagiye yarangije! Umuzungu aramurya..
    Ukuntu iyi miryango ari myinshi hafi ya yose yita ku bana , nta nzara yagombye kuba mu Burundi

    Subiza
  2. niyogihozo
    October 2, 20185:45 am -

    Ariko ibibi bisekwa nk’ibyiza koko. Haracyariho umuntu utekereza gutya muri iki kinyejana? Byongeyeho ari n’umuperezida!!!! Ngo kuki bakoresha abatutsi???? Genda Burundi urambabaje cyane. Imana nibatabare ibakize uyu muturage udakunda igihugu kuko Igihugu ni abana bacyo ni ukuvuga abakivuka mu ngeri zabo zose.

    Subiza
  3. nkotanyi
    October 2, 20186:27 am -

    My God ibi se nibyo?! iki gihugu giteye agahinda??!nonese umuntu ahabwa akazi hakurikijwe ubwoko cg hakurikijwe ubushobozi umuntu afite??! burundi we uteye agahinda nukuri ???!

    Subiza

Leave a Reply to Lille Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )
ITOHOZA

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Editorial 12 Jul 2016
Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia
IMIKINO

Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia

Editorial 07 Jan 2018
U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera
IMIKINO

U Bufaransa bwakomeje muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi, Argentine yo iri mu marembera

Editorial 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru