• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Editorial 18 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Uyu munsi tariki 18/12/2017 bibwo biteganyijwe yuko inteko nshingamategeko y’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EALA) itora Perezida wayo aho abadepite batatu kuva mu bihugu bitatu batanze kandidatire zabo ariko bikagaragara yuko babiri muri abo ntakindi bagamije uretse kuvangira u Rwanda gusa !

Nk’uko Bobi Odiko uvugira EALA ejo yabibwiye abanyamakuru, abo bantu batatu bahatabira ubuperezida bwa EALA ni Martin Ngoga w’u Rwanda, Adam Kimbisa wa Tanzania na Leontine Nzeyimana w’u Burundi.

Nk’uko amategeko ashyiraho EALA abiteganya, ubuyobozi bwayo ni imyaka itanu kandi ibihugu bikabusimburanwaho. Adam Kimbisa wa Tanzania rero  nawe gutanga kandidatire ngo abe yatorerwa kuyobora inteko ya kane ya EALA (2017-2022) ni ibintu bitunguranye kuko undi Mtanzania, Abdulrahiman Kinana niwe wayoboye inteko ya mbere ya EALA (2001-2006).

Abandi bayobye EALA ni Abdirahim Abdi wa Kenya (inteko ya kabiri 2006-2012), naho inteko ya gatatu ari nayo icyuye igihe (2012-2017) yayobowe n’abantu babiri kuva muri Uganda. Habanje Margaret Zziwa ariko abadepite bagenzi be muri EALA baza kumukuraho icyizere manda ya Uganda itarangiye, asimbuzwa Daniel Fred Kidega nawe ukomoka muri Uganda.

Ibihugu binyamuryango bya EAC bitarayobora EALA ni u Rwanda, u Burundi na Sudan y’Epfo. Ushyize mu gaciro ariko nta kuntu umudepite w’u Burundi yayobora EALA muri iki gihe kuko ubunyamabanga bukuru bwa EAC buyobowe na Mfumukeko nawe kuva mu Burundi. Nta kuntu ubunyamabanga bukuru bwayoborwa n’Umurundi na EALA, yakagombye kuba ariyo ibugenzura ngo nayo iyoborwe n’Umurundi.

Ibihugu bidafite impamvu zatuma umuntu wabyo ayobora iyi nteko ya kane ya EALA ni u Rwanda na Sudan y’Epfo. Ahari kubera yuko Sudan y’Epfo aribwo bwa mbere yohereje abayihagararira muri EALA nta muntu wayo wigeze atanga kandidatire ye ngo ayiyobore. Ibi bigatuma kandidatire y’Umunyarwanda, Martin Ngoga ariyo yakagombye kugira agaciro yonyine !

Casmiry Kayumba

2017-12-18
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Editorial 20 Jul 2019
Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Editorial 30 Apr 2019
Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola

Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola

Editorial 22 Aug 2019
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Editorial 22 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab
POLITIKI

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Editorial 08 Mar 2018
Iby’Umunyamakuru  Ndahayo Obed  wahunze Igihugu byamenyekanye
ITOHOZA

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Editorial 05 Nov 2017
Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu
ITOHOZA

Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu

Editorial 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru