• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari
Bank of Uganda

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Editorial 27 May 2018 UBUKUNGU

Banki nkuru y’igihugu muri Uganda igiye kugurishwa akayabo ka Miliyari 504 ikegurirwa abashoramari kuko ifaranga n’agaciro karyobiri kurushaho kuzamba muri kiriya gihugu.

Amakuru dukesha ikinyamakuru spyreports cyo muri Uganda avuga ko hari amakuru yemeza ko gucunga banki nka leta ya Uganda bitagishobotse mu gihe ikomeje kugenda igwa mu gihombo uko bukeye n’uko bwije bityo ko yakwegurirwa ba rwiyemezamirimo bakaba ari bo bayicunga.

Ubusanzwe, iyi banki ngo isanzwe ifite ikibazo mu micungirwe y’ishilingi rya Uganda, bikaba byarayigushije mu gihombo ndetse n’ibikorwa byo kuyishoramo imari bikaba bitakigenda neza ku buryo nta gikozwe bishobora no kugira ingaruka ku bukungu bw’igihugu muri rusange.

Mbere yo gusohora iri tangazo, iyi banki yari iherutse gufunga indi banki yari isanzwe ifite abanyamuryango benshi muri kiriya gihugu ibi byose bikaba biterwa ahanini no kuba ifaranga ridafite agaciro gahamye mu gihugu no hanze yacyo.

Banki ya Uganda kandi ifite muri gahunda guhagarika urugaga rw’abayobozi bayikoramo mu gihe bivugwa ko bagize uruhare mu micungirwe mibi yayo.

Gusa harakibazwa niba n’andi mabanki yagiye afungwa azajya mu gatebo kamwe n’iyi kuko yashinjwaga imicungire mibi y’amafaranga cyangwa niba ashobora kongera gukora mu gihe yisubiyeho.

Mu minsi ishize, ubuyobozi bw’iyi banki byatakambiye Inteko ishinga amategeko ngo irebe icyo yakora nyuma yo kubona yugarijwe n’urusobe rw’imyenda, aho iki kibazo cyagaragajwe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, David Bahati ubwo bari mu Nteko.

Minisitiri Bahati we yasabye abadepite ko hakorwa ubuvugizi hakaboneka amafaranga yaba azibye icyuho mu gihe Banki y’igihugu yaba itari gukora akazi kayo kugira ngo hirindwe ingaruka zishobora kuvuka ku bukungu bw’igihugu.

Ku itariki ya  24 gicurasi 2014 umunyamabanga uhorano mu igenamigambi, Keith Muhakanizi yashyikirije inteko ishinga amategeko ibaruwa ikubiyemo inyandiko igaragaza uburyo banki irimo umwenda wa Miliyari zisaga 17 ariko mu igenamigambi ryayo muri 2017, bagasanga banki iri mu gihombo cya Miliyari zisaga  457 .

2018-05-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Editorial 21 Jan 2020
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Editorial 30 Jan 2020
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Editorial 30 May 2019
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Editorial 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Carlos Alos Ferrer utoza Amavubi, yahawe amasezerano y’imyaka ibiri asabwa kurenga amatsinda ya CAN2023
Amakuru

Carlos Alos Ferrer utoza Amavubi, yahawe amasezerano y’imyaka ibiri asabwa kurenga amatsinda ya CAN2023

Editorial 11 Mar 2023
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!
Amakuru

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Editorial 08 Feb 2025
Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye
ITOHOZA

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Editorial 17 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru