• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Editorial 04 Jan 2018 POLITIKI

Abadepite basaga 300 mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda bamaze gusinyira abazajya babarindira umutekano gusa aba bakaba biganjemo abo mu ishyaka riri ku butegetsi NRM.

Ikinyamakuru spyreports kivuga ko buri mudepite wayoye “Yes” mu matora aherutse muri uganda agamije gukuraho ingingo yageneraga imyaka umukuru w’igihugu mu Itegekonshinga rya Uganda ubu yamaze kubona umurinzi ubifitiye ububasha, aba barinzi bakaba bafite imunda nto yo mu bwoko bwa Pisitore na sharijeri z’amasasu 16 buri wese.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko abenshi mu batavuga rumwe na leta badashyigikiye ko perezida Museveni yakongera kwiyamamariza kuyobora kiriya gihugu, bakaba banagaragaza inzangano kuri bagenzi babo bakorana mu Nteko ishinga amategeko bashyigikiye bakanasinya ko iriya ngingo ikurwa mu Itegekonshinga rya Uganda.

Aba badepite bahawe abarinzi bafite imbunda nyuma y’uko bagejeje ikibazo cyabo kuri perezida Museveni mu nama baherutse kugirana mu cyumba cy’inama kiri mu mujyi wa Entebbe aho bamugaragarije impungenge ko hari bagenzi babo bashobora kubagirira nabi mu gihe nta gikozwe kuko batoye yego ku ikurwaho ry’iriya ngingo.

Muri iyo nama, ni ho perezida Museveni yahise asaba IGP Gen Kale Kayihura gukurikirana neza icyo kibazo ndetse akanamenya neza niba umutekano wa buri mudepite watoye yego urinzwe neza.

Aba badepite bahawe abarinzi, basabwe kubamenyera ibintu by’ibanze birimo nko kubishyirira amacumbi no kubamenya mu gihe hari nk’ingendo bakoreye ahantu kure leta na yo ikabamenyera imishahara n’ibikoresho.

Mu ijambo rye, Gen Kayihura yagejeje ku bari aho yagize ati “Ntibyari byoroshye ku ikubitiro ko buri mudepite yabona umupolisi umurinda bitewe n’ibikoresho bitari bihagije, nari nabanje kubabwira ko umwe muri bo uzumva umutekano we utameze neza azegera inzego za polisi zimwegereye akishinganisha, ariko bira baye noneho.”

Mu byumweru bishize, nibwo hari abapolisi bari bahawe inshingano yo kurinda bamwe mu badepite bari bagaragaje impungenge ku mutekano wabo, ariko hibandwa ku bafite ibibazo kurusha abandi.

Kuri ubu, byabaye ngombwa ko buri mudepite wese watoye yego ahabwa umurinzi hatitawe ko yaba akorerwa iterabwoba cyangwa atarikoreerwa.

Mu minsi ishize, nibwo muri Uganda hemejwe itegeko rikuraho ingingo ya 102b igenera ushaka kuyobora igihugu imyaka atagomba kuba arengeje ndetse n’iyo atagomba kuba ari munsi, ni mu biganiro byateje n’imirwano hakitabazwa inzego z’umutekano ndetse kugeza ubu bamwe mu badepite batari babishyigikiye bakaba bagifunze.

Ibi kandi bibaye mu gihe perezida Museveni yamaze gushyira umukono ku itegeko rimuha ubudahangarwa bwo kongera kwiyamamariza kuyobora uganda mu gihe abatavuga rumwe nawe ari byo barwanyije kuva cyera.

2018-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Editorial 28 Mar 2017
U Bubiligi bwanze kohereza mu Rwanda Sebatware wo muri FDU na P5

U Bubiligi bwanze kohereza mu Rwanda Sebatware wo muri FDU na P5

Editorial 25 Jan 2020
Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Editorial 08 Mar 2018
Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Editorial 23 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84
HIRYA NO HINO

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Editorial 03 Apr 2020
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 09 Mar 2023
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”
INKURU NYAMUKURU

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru