• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Editorial 13 Nov 2017 POLITIKI

Icyambere ndifuza gushimira ubuyobozi Rushyashya kubera isura nshya mwagaragaje mushyiraho urubuga (website) igezweho.

Ndifuza kugaruka ku nkuru ebyiri nasomye ejo zerekeye ku binyoma bimaze iminsi bivugwa n’abaturanyi bacu ba Uganda ku Rwanda. Iyambere ni iyerekeye ibivugwa k’urupfu rw’umupolisi AIGP Kaweesi (soma iyi nkuru). Hashize iminsi mike kimwe mu bitangaza makuru bivutse ubu, ubona ko bikorera ubutegetsi bwa Uganda byavuze ko abishe Kaweesi bari baturutse mu Rwanda. Icyo wakwibaza niki kihishe inyuma mukomeza kubeshyera u Rwanda, dore ko bigaragara U Rwanda rwabihoreye bagakomeza kwikoronga (soma indi nkuru hano). Hagomba kuba hari impamvu ibi bizanywe muriki gihe hari ibibazo bya politike bigenda bikomera.

Ariko reka dusubire kukibazo cyavuzwe k’urupfu rw’uwo mupolisi, AIGP Kaweesi. Ntabwo bishaka ngo ube inararibonye gukeka uwishe uwo mugabo. Icyo gikorwa kigayitse cy’iterabwoba cyabereye mu mujyi wa Kampala ahitwa Kulambiro hafi y’urugo rwa nyakwigendera. Byakozwe ku manywa mu gitondo saa mbili abantu bajya kukazi dore ko nawe yari agiye ku kazi. Bisobanuye ko abo bicanyi bari bamutegereje, ntacyo batinya. Umuntu ukora nkibyo nuko aba yizeye umutekano we, kuko bari bazi ko urwo rugo rucunzwe n’abapolisi.

Ntabwo byoroshye kuba ufite bene icyo kizere kiretse uzi ko hagize ikiba watabarwa cyangwa wabona ibisobanuro bifatika. Abamurashye kandi nkuko bigaragazwa n’ibinyamakuru byaho, bari bafite imbunda zigezweho zifitwe ndetse na bake bacunga umutekano Perezida Museveni.

Abo bantu barashe ku modoka ya nyakwigendera barangije barayisanga bica imbona nkubone AIGP Kaweesi, umushoferi, hamwe n’uwacungaga umutekano wa nyakwigendera. Ibyo byakozwe nta nkomyi cyangwa igihunga, ko batatabwa muri yombi. Ibi ntabwo byakorwa n’umuntu uturutse hanze, uretse nuwo mu gihugu nawe adafite abamuha icyo kizere ntiyabikora.

Ikindi cyo kwibaza nkuko nabivuze mbere, kuki U Rwanda rushyizwe mu majwi iki gihe, amezi arenga atatu ubwo bwicanyi bubaye? Abakekwa barafashwe, nta n’umwe ufite isano n’U Rwanda. Ntabwo byapfuye kwizana bityo, hari impavu ishaka kujijisha, ibiriho bibera mugihugu cya Uganda. Urabona intambara zirarota mu nteko ishinga mategeko, mugiturage utavuze Kampala ho bicika. Byose biraterwa no gushaka kwongera imyaka yo uwemerewe kuba Perezida kugirango umukambwe Perezida Museveni akomeze ayobore ubuzira herezo. Bashatse kugabanya imyaka ye y’ubukure birananirana. Ubundi igikorwa nkicyo kijyanwa mubaturage bakakigaho, babona bikwiye bigakorwa, ntabwo gihatirizwa, noneho byananirana ugashaka kuyobya uburari uhimbira umuturanyi. Ntakindi kibyhishe inyuma uretse ibyo. Naho ubundi AIGP Kaweesi agiye kubahagama pe. Umuntu yakwibaza impamvu batabanza gukemura icyo aho gushaka guteza ibibazo mu baturanyi!

Umusomyi

2017-11-13
Editorial

IZINDI NKURU

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Editorial 26 Sep 2025
Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Editorial 23 Sep 2019
Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Editorial 19 Apr 2019
Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Editorial 13 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.
Amakuru

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Editorial 22 Apr 2021
Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi  bifuza kuba ba Perezida
POLITIKI

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi bifuza kuba ba Perezida

Editorial 11 May 2017
New-RNC mu bucuruzi bw’impapuro mpimbano (Fakes documents).
ITOHOZA

New-RNC mu bucuruzi bw’impapuro mpimbano (Fakes documents).

Editorial 03 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru