• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Editorial 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda zahuriye mu iperereza ku buryo mu rugo rwa Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa perezida Museveni, ruherereye Arua hibwe imbunda. Ibi bintu bivugwa ko byagizwe ibanga kubera aho iyi mbunda yibwe, ngo bikaba byarabaye ari kuwa kane ku itariki 09 Gicurasi.

Ubwo yabazwaga kugira icyo avuga kuri iki kibazo, umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire, yavuze ko nta gitero cyagabwe mu rugo rwa Gen saleh ubwo iyo mbunda yibwaga.

Yakomeje avuga ariko ko kuwa 06 Gicurasi, umusirikare ufite ipeti rya corporal witwa Richard Komakech wo muri batayo irinda Gen Saleh yataye uburinzi aho yari kuri uyu mujyanama wa perezida Museveni mu by’umutekano n’ubwirinzi atasabye uruhushya.

Kuwa 09 Gicurasi nk’uko Brig Karemire akomeza avuga, ngo hari abinjiye mu mazu abasirikare bacumbikiwemo nyuma basanga habura imbunda.

Iperereza ryakozwe na Chimpreports dukesha iyi nkuru rikaba rivuga ko hibwe imbunda ifite numero RA 18345.

Iyi nkuru iravuga ko Gen Salim Saleh, intwari y’intambara ya NRA yo kubohoza Uganda, afite inzu mu giturage cya Ayiforo, muri paruwasi ya Ariwara, mu Karere ka Arua.

Umuvugizi wa UPDF akaba yatangaje ko iki kibazo cyagejejwe kuri polisi n’ubuyobozi bw’ingabo hakaba hari gukorwa iperereza. Yongeyeho ko igisirikare kidashobora guhita cyanzura ko Cpl Komakech yaba yaragarutse ku kazi mbere y’uko imbunda ibura.

Uyu muvugizi kandi yavuze ko ubwo byabaga Gen Salim saleh atari ahari, aho kuri ubu ari mu butumwa mu gihugu cya Mozambique, ariko akaba yari amaze ibyumweru azenguruka amajyaruguru ya Uganda aho yagiye agirana inama n’abayobozi b’ibanze abasaba gushyigikira uruganda rw’isukari rwo muri iki gice. Uru ruganda bikaba bivugwa ko ari urw’Umunyemari w’Umunyarwanda, Tribert Rujugiro,  Salim Saleh akaba afitemo imigabane.

Résultat de recherche d'images pour "rujugiro tribert"

Rujugiro Tribert inshuti ya Salim Saleh

Abayobozi bamwe baratangaza ko hari abantu bamaze gutabwa muri yombi mu rwego rw’iperereza, bakaba bacumbikiwe muri kasho ya gisirikare muri Arua.

 

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Editorial 20 Oct 2020
Bishop Rugagi  yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Bishop Rugagi yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Editorial 04 Mar 2018
Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Editorial 31 Oct 2019
M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Editorial 16 Jun 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Irengere
    May 20, 20185:16 am -

    Iyo mbonye uko bamwe bangishijwe na zamunyangire birashekeje kweli. Ese iherezo abangisha abandi bo rimwe bo ntibazangwa?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi
Mu Mahanga

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Editorial 04 Oct 2016
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023
Amakuru

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Editorial 23 Feb 2022
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Editorial 27 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru