• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Editorial 29 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hashize iminsi itangazamakuru ryo muri Uganda by’umwihariko iryegamiye kuri leta rigaragaza uburyo riri inyuma ya Rujugiro Tribert hamwe n’abandi barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Amakuru mashya agezweho ni uko ibinyamakuru bikomeye birimo New Vision, NTV na The East African byasabwe n’Urwego rushinzwe ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI n’Umutwe wa RNC gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro.

Amakuru avuga ko ku wa 26 Werurwe 2019, itsinda ry’abanyamakuru ba New Vision, The East African na NTV ryagiye mu gace ka Arua gutara inkuru zivuga ku ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ruri muri ako gace.

Ikinyamakuru Virunga Post dukesha iyi nkuru cyatangaje ko uru rugendo rwari ruteguwe ku wa 19-22 Werurwe ariko ruza kwimurirwa ku wa 26-29 Werurwe.

Bivugwa ko uru rugendo rwo muri Arua rwari rugamije kugaragaza isura nziza ya Rujugiro nk’umugabo utikubira ufite uruganda rw’itabi rwitwa Meridien Tobacco Company rumaze guhindura ubuzima bw’abaturage bo muri ako gace by’umwihariko abahinzi b’itabi, rukabakura mu bukene ndetse rukagira n’uruhare mu izamuka ry’ubukungu bwa Uganda.

Uru ruganda rwa Rujugiro, Umuvandimwe wa Perezida Museveni, Salim Saleh, ni umwe mu barufitemo imigabane.

Abanyamakuru bagiye gutara iyi nkuru ngo mbere y’uko bahabwa uyu mukoro, basabwe gushaka ubuhamya bw’abahinzi bari basanzwe mu bukene mbere y’uko Rujugiro ashinga uruganda muri aka gace ndetse ubu ubuzima bwabo bukaba bwarahindutse kubera rwo.

Bivugwa ko babwiwe ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri ako gace bahawe amabwiriza yo kuvuga ko ubuzima bw’abakene bo muri ako gace bwahindutse ku kigero cyo hejuru kuva Rujugiro yahashora imari.
Izi nkuru zigaragaza impinduka Rujugiro yazanye muri aka gace, abanyamakuru bagiye kuzikora bigizwemo uruhare na CMI ndetse na RNC ihagarariwe na Sulah Nuwamanya wajyanye na bo.

Sulah Nuwamanya, wabaye umunyamakuru w’Umuseso akaba ari impunzi muri Uganda, umwe mubagiye gutera icyuhagiro ibikorwa bya Rujugiro

Hashize amezi agera kuri atatu ubuyobozi muri Uganda bugerageza kugaragaza neza izina rya Rujugiro, wakunze gushyirwa mu majwi nk’umuntu wa mbere utera inkunga ibikorwa by’umutwe wa RNC usigaye ukorera muri Uganda mu buryo bweruye.

Ibinyamakuru byo muri Uganda birimo The New Vision na The Daily Monitor byo bimaze iminsi bimugaragaza nk’umushoramari w’umutima mwiza ufite ibikorwa byahinduye ubuzima bw’abanya-Uganda nubwo bizwi neza ko ubucuruzi bwe bwakunze kugaragaramo ruswa n’abantu badatana nayo ndetse no kunyereza imisoro.

David Himbara ukunze kugaragaza isura nziza ya Rujugiro ku buryo benshi bamufata nk’umuvugizi we nawe aherutse kugirana ikiganiro na NTV Uganda amugaragaza nk’umuntu w’agatangaza.

Iki gikorwa cyo gushaka kugaragaza Rujugiro nk’umuntu w’ingirakamaro kiri kuba nyuma y’igitutu gikomeye u Rwanda rwashyize ku bayobozi ba Uganda rugaragaza ko uyu mugabo atera inkunga imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano warwo.

Birasa n’aho aho gukemura ikibazo cyagaragajwe Guverinoma ya Uganda yashyize imbaraga nyinshi mu gukora ibitandukanye yerekana ko Rujugiro ari umuntu mwiza.

2019-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Editorial 11 Jan 2018
Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Editorial 07 Aug 2019
Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga  Umwami Kigeli

Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga Umwami Kigeli

Editorial 27 Jan 2017
Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Editorial 19 Aug 2016
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Editorial 11 Jan 2018
Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Editorial 07 Aug 2019
Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga  Umwami Kigeli

Ibibazo bibazwa Mukamugema umaze kugaragaza urwango yangaga Umwami Kigeli

Editorial 27 Jan 2017
Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Editorial 19 Aug 2016
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Editorial 11 Jan 2018
Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Editorial 07 Aug 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Bararengana Jean Berchmans
    March 31, 201910:01 am -

    Ese Andrew Mwenda yamenye ibyabaye? Gusa n’ubwo atahabaye ntazabura kudutangariza inkuru iturema agatima kugirango ay’ukwezi gutaha azamugereho vuba.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru