• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Editorial 17 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu Munyarwanda utuye ahitwa Troyes mu Bufaransa, ku munsi wejo nibwo yitabye ubushinjacyaha bw’icyo gihugu bushinzwe kurwanya ibikorwa byiterabwoba, ndetse afungishwa ijisho, mu gihe hakorwa iperereza ryimbitse ku ruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Isaac Kamali w’imyaka 72 akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, ari naho ibyaha bya Jenoside yabikoreye, dore ko mu mwaka wa 2003 n’inkiko zo mu Rwanda zaramukatiye igifungo cya burundu adahari.

Mu mwaka wa 2009 Impuzamiryango iharanira Ubutabera n’Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(CPCR), nibwo zashyikirije ubutabera bwo mu Bufaransa ikirego, ariko Isaac Kamali akomeza kwidegembya.

Isaac Kamali si mushya mu itangazamakuru, kuko mu w’2008 yafatiwe I Paris ku kibuga cy’indege cya Roissy-Charles-de-Gaule, avuye muri Amerika, ndetse u Rwanda rusaba ko yoherezwa mu Rwanda, ariko ntibyahabwa agaciro, ahubwo ahita arekurwa.

Bwana Alain Gauthier,Perezida w’Impuzamiryango CPCR, yabwiye France 24 ko nubwo batunguwe n’icyemezo cyo gufungisha ijisho Isaac Kamali, kuko ikirego cyabo cyari kimaze imyaka 11 gisinziriye, ariko yishimiye iki cyemezo, ngo kuko kigaragaza ubushake bwa Leta y’uBufaransa bwo gukurikirana abajenosideri.

Mu ruzinduko rwe mu Rwanda rwabaye mu mpera za Gicurasi uyu mwaka, Perezida w’uBufaransa, Emmanuel Macron, yemeye ko igihugu cye cyatinze gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ko uko kuzarira kugeze ku iherezo.

Urukiko rukuru mu Bufaransa ruherutse gutera utwatsi icyifuzo cya Agatha Kanziga, umugore wa Yuvenali Habyarimana, wasabaga ko atakurikiranwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bivuze ko nawe urubanza rwe ruzashyira rukaba.

Uretse Kanziga na Isaac Kamali, mu Bufaransa haracyari umubare munini wAbajenosideri, nka Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Col Laurent Serubuga, Gen Aloys Ntiwiragabo, Laurent Bucyibaruta, n’abandi ba ruharwa batabarika. Amaherezo y’inzira ni mu nzu, kandi Jenoside ni icyaha kidasaza!!

2021-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Editorial 20 Mar 2021
Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Editorial 08 Jun 2023
Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Editorial 04 Aug 2020
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Editorial 28 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gitaramo cy’amateka, Charly na Nina basingije ‘Indoro’ yabazamuye
SHOWBIZ

Mu gitaramo cy’amateka, Charly na Nina basingije ‘Indoro’ yabazamuye

Editorial 02 Dec 2017
Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports itsinze Mukura VS, APR FC igwa miswi na Kiyovu SC mu mikino ya 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro

Editorial 10 May 2023
Menya ubwambuzi bwa Rene Mugenzi guhera mu mwaka wa 2000 kugeza umugore amutaye akishumbusha Denise Zaneza; yashakishijwe nabo yambuye abeshya ko Leta y’u Rwanda imushaka
Amakuru

Menya ubwambuzi bwa Rene Mugenzi guhera mu mwaka wa 2000 kugeza umugore amutaye akishumbusha Denise Zaneza; yashakishijwe nabo yambuye abeshya ko Leta y’u Rwanda imushaka

Editorial 26 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru