• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Editorial 02 May 2017 ITOHOZA

Polisi iravuga ko yamaze gushyikiriza ubushinjacyaha dosiye y’umukozi w’Akarere ka Burera ushinzwe kurengera abatishoboye watawe muri yombi mu minsi itatu ishize yakira ruswa y’umuturage utishoboye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Innocent Gasasira, avuga ko Ndagijimana Jean Damascene yafashwe yakira ruswa y’umuturage ngo amushyire ku rutonde rw’abazubakirwa inzu.

Gusa IP Gasasira yirinze kugira byinshi atangaza kubera ko ubwo twamuvugishaga ngo dosiye y’uwo mugabo yari imaze gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Yagize ati “Ni ruswa yafatanwe, dosiye ye yarangiye yageze muri parike; twamushyikirije parike, bamwakiriye. Yafashwe ku wa Gatanu, amaze gufatwa yahise afungirwa hariya kuri Sitasiyo ya Gahunga.”

Mu ngengo y’imari ya 2016/17 iri hafi kurangira, Akarere ka Burera kemeje amafaranga miliyoni 40 agomba gukoreshwa mu gusanura no kubaka inzu z’abatishoboye bigaragara ko zenda kubagwaho.

Ndagijimana ufunzwe akaba ari we wemezaga urutonde rw’abagenerwabikorwa b’iyo gahunda.

Bamwe mu bakozi b’Akarere ka Burera babwiye Izubarirashe.rw ko Ndagijimana yari amaze igihe anuganugwaho gusaba amafaranga abaturage ngo abashyire ku rutonde rw’abagomba kubakirwa.

-6452.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Gasasira Innocent

Umwe muri abo bakozi yagize ati “Byari bisanzwe bivugwa ko hari abantu benshi yatse ayo mafaranga, ariko nyine ntacyabigaragazaga. Ubwo rero ku wa Gatanu ni bwo abapolisi bamuguyeho mu Gahunga ariho yakira amafaranga y’uwacitse ku icumu utishoboye kugira ngo amushyire ku rutonde rw’abazubakirwa inzu.”

Twandika iyi nkuru twagerageje kuvugisha Urwego rw’Ubushinjacyaha kuri dosiye ya Ndagijimana ariko ntibyadukundira inshuro zose twahamagaye umuvugizi w’ubushinjacyaha.

Ku wa 02 Mata 2017 ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka yasozaga itorero ry’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 416 igize igihugu, yasabye abayobozi kwitandukanya no kwaka ruswa abaturage kimwe no kunyereza ibyo Leta ibagenera.

Minisitiri Kaboneka yagize ati “Ndagira ngo mbabwire ngo hari abayarya amafaranga agenewe abaturage; ya yandi yakabatunze, umuturage ari kuri serumu, ukayarya! Urarya umuvumo. Ayo mafaranga azagukurikirana; icya mbere araguteranyije, icya kabiri agutesheje agaciro, icya gatatu ni umuvumo wihaye, nimwitandukanye n’imivumo. Mukore neza, ubabare uyu munsi ineza izagusange imbere, uhemuke uyu munsi inabi izagusange imbere.”

Source : Izuba rirashe

2017-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Editorial 22 Jul 2016
Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Editorial 31 Oct 2017
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Editorial 16 Apr 2021
RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE

RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE

Editorial 02 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isi irashaje!! Umukinnyi wa filme muri Leta z’unze ubumwe za America yafashwe arimo gusambana n’umwana ufite imyaka 15
HIRYA NO HINO

Isi irashaje!! Umukinnyi wa filme muri Leta z’unze ubumwe za America yafashwe arimo gusambana n’umwana ufite imyaka 15

Editorial 13 May 2017
The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’
IMIKINO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Editorial 08 Dec 2016
Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere  bamaze icyumweru  batawe  muri yombi
Mu Mahanga

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Editorial 08 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru