• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Editorial 30 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umunyarwandakazi Julienne Kayirere, watawe muri yombi agafungwa binyuranyije n’amategeko ndetse agatandukanywa n’uruhinja rwe rw’ukwezi mbere yo kujugunywa ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, arasaba ubufasha ngo yongere kubonana n’uruhinja rwe.

Uyu yasobanuriye itangazamakuru akaga yahuye nako kuri iki Cyumweru. Yavuze ko yagiye muri Uganda mu 2017 agiye mu rugendo rwa business.

“Polisi yaramfashe iramfunga. Nari mfite uruhinja rw’ukwezi batwaye. Umucamanza yarandekuye ariko ngiye gufata indangamuntu yanjye, telephone n’uruhinja, polisi yarongeye iramfata,”

Yavuze ko yafunzwe ibindi byumweru bitatu, agasanga abandi Banyarwanda bari bamaze imyaka isaga ibiri bafunzwe.

Nyuma yaje kurekurwa ajugunywa ku mupaka nta ruhinja rwe ahawe.

Ati: “Polisi yanze kumpa uruhinja rwanjye. Narabatakambiye ngo bampe umwana wanjye ariko baranze. Najugunywe nta ruhinja rwanjye,”

Kayirere ukomoka mu Karere ka Ruhango, yavuze ko umupolisi wari wamusezeranyije kongera kumuhuza n’uruhinja rwe yimuriwe ahandi hantu.

“Bahimbye inyandiko, amafoto banahindura izina ry’umwana wanjye barangije bavuga ko yapfuye,”ibi nibyo yakomeje avuga yongeraho ko ubwo yasabaga ibindi bisobanuro ku hantu umwana we yaba ari, igipolisi cyamukangishije kumwica.

Akomeza agira ati: “Umuntu umwe yangiriye inama yo kubigeza kuri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda. Nagarutse mu Rwanda ariko kugeza ubu nta makuru mfite y’aho umwana wanjye yaba aherereye,”

Usibye Kayirere, undi Munyarwanda, Desire Uwitonze, akaba ari umuhanzi, nawe yajugunywe ku mupaka nyuma yo gukorerwa iyicarubozo muri Uganda.

Ati: “Natawe muri yombi nshinjwa kuba binyuranyije n’amategeko no gutata muri Uganda.”

Yavuze ko Igipolisi cya Uganda cyamusabye miliyoni imwe y’amashilingi kugirango kimurekure.

Ati: “Nakubitwaga buri munsi. Nangiwe kuvugna n’abo mu muryango wanjye n’inshuti.”

Uyu musore w’imyaka 28 wakorewe iyicarubozo nyuma yemerewe kuvugisha nyina ngo amufashe kwishyura amande yari yaciwe n’umucamanza mbere yo kurekurwa.

Yashimangiye ko hari Abanyarwanda benshi bari mu magereza yo muri Uganda banakoreshwa imirimo y’agahato.

Ati: “Ndasaba Abanyarwanda gushaka uko baguma mu Rwanda aho kujya ahantu hadatekanye.”

Yakomeje avuga ko bamwe mu Banyarwanda bakorewe iyicarubozo kuri ubu bafite ibibazo by’ubuzima.

Silas Hategekimana, umugabo w’Umunyarwanda wamaze ibyumweru akorerwa iyicarubozo ku mubiri no mu mutwe muri kasho z’Urwego rushinzwe Ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI), vuba aha muri uyu mwaka yaje gupfa azize ingaruka z’ibyo bikorwa yakorewe ubwo yari afunzwe binyuranyije n’amategeko.

Undi witwa Ernest Abijuru, umunyeshuri w’Umunyarwanda wakorewe iyicarubozo n’inzego z’umutekano za Uganda, kuri ubu akomeje gukurikiranwa n’abaganga ku Bitaro bya Kamonyi.

Ni mu gihe muri uku kwezi hagati abayobozi b’u Rwanda na Uganda bakoranye inama y’umunsi umwe yabereye I Kigali hagamijwe kureba uko ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi byabonerwa igisubizo kirambye.

U Rwanda rushinja Uganda gufasha no gushyigikira abafite imigambi yo guhungabanya umutekano warwo, ibirego Uganda yakomeje guhakana nubwo ibimenyetso bifatika byagiye bijya ku karubanda. Uganda nayo ishinja u Rwanda ibikorwa by’ubutasi.

2019-09-30
Editorial

IZINDI NKURU

Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Editorial 08 Mar 2020
Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Editorial 28 Feb 2020
#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire  irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

#Tora FPR : …..iziko aho iri bushakire irabwiyunyuguza. “Intare” ntikunda kwanduranya – Kagame

Editorial 23 Aug 2018
Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Editorial 18 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw
UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018
Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro
Mu Rwanda

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Editorial 01 May 2017
Dr Frank Habineza  arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo
POLITIKI

Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Editorial 24 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru