• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja

Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja

Editorial 06 Feb 2017 ITOHOZA

Amakuru agera kuri Rushyashya.net aravuga ko Rujugiro Ayabatwa Tribert umuherwe w’umunyarwanda ukorera ubucuruzi mu bihugu bitandukanye, kuri ubu arembye cyane bikomeye aho ari mu bitaro mu gihugu cya Portugal.

Aya makuru avuga ko Rujugiro yatangiye kuremba mu minsi mike ishize aho abaganga baje kumusangamo indwara ya Cancer yatewe nibiyobyabwenge afata birimo n’urumogi. Iyi ndwara ngo ikaba ishobora no kumuviramo Strock kubera umuvuduko ukabije w’amaraso afite, nkuko bitangazwa nabamwe mu muryango we.

-5605.jpg

Rujugiro Tribert

Rujugiro ni umucuruzi uzwiho amanyanga menshi bikaba bivugwa ko yaba yaragize uruhare murupfu rw’umuherwe Miko Rwayitare muri Afrika y’epfo. Aya makuru avuga ko Rujugiro yaba yaraguririye umuganga wavuraga Miko Rwayitare amuha iritubutse kubera ibibazo bari bafitanye bishingiye k’ubucuruzi. Miko Rwayitare yaguye i Brussels mu gihugu cy’u Bubiligi kuya 24 Nzeli 2007.

-5607.jpg

Nyakwigendera Miko Rwayitare

Miko Rwayitare ni we wari nyiri isosiyete y’itumanaho ya Telecell, kandi, akaba yaraciye agahigo ko kuba ariwe mwirabura wa mbere w’umunyafurika wabashije gutunga umurima w’inzabibu, muri Cape Town mu gihugu cya Afurika y’Epfo.

Uru ruzabibu rwa Franschoek, ruzwi cyane mu mateka kubera abagiye basimburanywa mu kurutunga, akaba yarabashije kurwegukana rumuhagaze miliyoni 17 z’amarandi (rand) akoreshwa muri Afurika y’Epfo, ni ukuvuga hafi miliyali n’igice y’amanyarwanda.

Uru ruzabibu yaguze n’umuzungu witwa Graham de Villiers, inzabibu zihera zikaba arizo zengwamo divayi izwi cyane ya Mont Rochelle.

Kugira amafaranga ukabura igihugu.

Ntagihe gishize umuhungu wa Rujugiro witwa Patrick Rujugiro yitabye Imana aguye mu gihugu cy’u Bubiligi umurambo we bawuzererana mu kirere mundege babuze aho bawushyingura, kubera ko adashobora gukandagiza ikirenge mu Rwanda kandi n’Impapuro ze z’inzira ( Passport ) ni uz’umuryango we zikaba zarahagaritswe na Leta y’u Rwanda.

-5606.jpg

Nyakwigendera Patrick Rujugiro

Byabaye ngombwa ko umurambo wa Patrick bawujyana Kampala ngo abe ariho ushyingurwa, biba iby’ubusa kuko Perezida Museveni yahise awirukana ngo bitamuteranya n’igihugu cy’inshuti cy’u Rwanda, bawuvanayo bawujyana muri Afrika y’Epfo. Kuva ubwo kugeza ubu umugore wa Rujugiro nyina wa Patrick yataye ubwenge, bahora bamufungiranye munzu.Bivuze ko nawe ubuzima bwe bugerwa ku mashyi.

Rujugiro wabaye umucuruzi wiyubashye yaje gutakaza agaciro ubwo yatabwaga muri yombi mu kwezi kwa 10 mu mwaka wa 2008, i Londres mu Bwongereza, bisabwe n’ubushinjacyaha bw’Afurika y’Epfo, yaje kurekurwa by’agateganyo, yiyemeje kuzishyura akayabo ka miliyoni 57 z’ama rand yari yararigishije muri Afrika y’Epfo, akwepa imisoro ku bikorwa by’ubucuruzi yahakoreraga.

-5604.jpg

Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert

Rujugiro yaje guhunga kuri ubu ashinjwa gukorana n’umutwe wa FDLR n’andi mashyaka ya Opozisiyo arwanya Leta y’u Rwanda harimo na RNC ishyaka rya Kayumba Nyamwasa.

Cyiza Davidson

2017-02-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Editorial 16 Nov 2019
Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Editorial 07 Jan 2018
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Editorial 10 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru
Amakuru

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Editorial 30 Nov 2023
Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa

Editorial 06 Jan 2018
Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!
Amakuru

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Editorial 20 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru