• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Editorial 03 Nov 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ugushyingo 2017 kuva saa tanu z’amanywa hasomwe imyanzuro y’urubanza Mugisha Drake ukekwaho kwica Pastor Mutesi Maggie yajuririyemo urukiko dore ko atemeranya n’ibyo ashinjwa, we akavuga ko ari akagambane.

Tariki 30 Ukwakira 2017 ni bwo Mugisha Drake ukekwaho kwica Pastor Mutesi Maggie yaburanye ubujurire yashyikirije urukiko. Drake Mugisha ni umugabo wa nyakwigendera Pastor Mutesi Maggie. Mugisha Drake yari yarakatiwe n’urukiko gufungwa iminsi 30 y’agateganyo nyuma agaragaza ko atemeranywa n’imyanzuro y’urukiko arajurira.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ugushyingo 2017 hasomwe imyanzuro y’urubanza rwabaye tariki 30 Ukwakira 2017, uyu muhango ukaba wabereye ku cyicaro cy’Urukiko Rukuru ku Kimihurura. Mugisha Drake wari wakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo akajurira aho yasabaga kurekurwa kuko ngo arengana ukongeraho no kuba abana be bandagaye hanze bakaba batiga, urukiko rukuru rwasanze ubusabe bwe nta shingiro bufite, hemezwa ko akomeza gufungwa akajya aburana afunzwe.

Mugisha Drake n’umwunganira mu mategeko, bajuriye iminsi 30 y’agateganyo bari bakatiwe yo gufungwa, biregura aho bavuga ko abatangabuhamya n’abaganga bagaragaje amarangamutima yabo kandi ko bimwe mu bimenyetso bitagaragajwe. Abatangabuhamya bavuze ibyo Drake yise amazimwe kandi atari ukuri na mba, ko byateshwa agaciro byose.

-8558.jpg

Pastor Mutesi Maggie na musaza we

Bagendeye ku makuru yatanzwe na MTN, Drake ahakana ko atitabye terefone kuko we na Maggie bari barumvikanye ko nta wuzajya yitaba telefone y’undi na rimwe. Mu rubanza yajuririyemo, Mugisha Drake yavuze ko umuganga watanze raporo yita mpimbano ivuga ko Pastor Maggie yishwe anizwe, ngo uwo muganga ni we ukwiriye gukurikiranwa n’inkiko kuko we arengana.

Mu gusoma imyanzuro y’urubanza, uhagarariye ubushinjacyaha yasubiye kuri ubu bujurire bwa Drake Mugisha, ingingo ku ngingo, avuga ko ibizamini bya Muganga byari byemewe 100%, kubw’iyo mpamvu, ibyo Drake avuga ngo nta gaciro bifite ndetse Muganga nta kosa yakoze kuko yakoze ibimureba n’ibyo yabwiye n’abari hafi ya Maggie. Yagize ati: “Muganga nta marangamutima yagaragaje kuko yavuze ibyo yabonye kubera ibimenyetso byari kuri Maggie akitaba Imana. Ibi birahura n’iby’abatangabuhamya. Ahubwo Drake ari kuvuguruza ukuri nyakuri kuko hari abo bavuganye nka Kantengwa Sarah, umwe mu batangabuhamya.”

Ntabwo ubushinjacyaha bwemera ubusabe bwa Drake bwo gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe kuko ari bwo bukubiyemo ukuri. Ku makuru yatanzwe na Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yo yemeza ko Drake yitabye amatelefone yose n’ubwo abihakana. Hagendewe ku miterere y’icyaha n’impamvu zikomeye zituma Drake akekwa, cyane ko bari bafitanye ibibazo mu mubanire, hakarebwa uko bivugwa mu mibanire n’abavandimwe ba Maggie n’inshuti ndetse n’abaturanyi babo bemeza ko bari babanye nabi n’ubwo we abihakana.

Hagendewe ku bizamini n’ibimenyetso bigaragaza ko yanizwe, nta wundi Maggie yari kumwe nawe mu cyumba uretse Drake. Ku bijyanye no kuba avuga ko abana batiga, urukiko rwavuze ko abana biga nta kibazo. Ibyo asaba byo kurekurwa byashoboka ariko ku byaha bitari iby’ubugome nk’ibyo ashinjwa. Hemejwe ko Mugisha Drake afungwa akazakomeza kuburana afunze.

-8557.jpg

Pastor Mutesi Maggie yavutse mu 1980, yitaba Imana tariki 10 Nzeri 2017, ashyingurwa kuwa Kane tariki 14 Nzeli 2017. Pastor Mutesi Maggie yari umuyobozi muruku w’umuryango Gates of Heaven Ministries (Amarembo y’Ijuru). Yajyaga ategura amasengesho ngarukakwezi yaberaga muri Kigali Serena Hotel akitabirwa n’abayobozi b’amatorero atandukanye akorera hano mu Rwanda mu rwego rwo gusengera ububyutse mu Rwanda. Aya masengesho y’abayobozi b’amatorero ariko yari amaze igihe atagikorwa buri kwezi ahubwo akaba yakorwaga rimwe mu gihembwe nkuko Inyarwanda yabitangarijwe n’umwe mu bakozi ba Serena Hotel.

2017-11-03
Editorial

IZINDI NKURU

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Editorial 19 Feb 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Editorial 30 May 2017
Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Editorial 27 Apr 2018
Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Editorial 20 Jun 2017
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Editorial 19 Feb 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Editorial 30 May 2017
Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Editorial 27 Apr 2018
Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Editorial 20 Jun 2017
Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Editorial 19 Feb 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Editorial 30 May 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru