• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Rwanda Motorcycle Company (RMC) ni Kompanyi Nyarwanda ikora ikanateranya Moto hano mu Rwanda, ikaba yarashinzwe hagamijwe kongerera ubushozi no gucyemura ikibazo cyo gutwara abantu n’ibintu kuri Moto hano mu Rwanda.

Kuri uyu wa kane nimugoroba nibwo iyi kompanyi yafunguwe ku mugaragaro ku cyicaro cyayo gikuru ku Gisimenti, ikaba yashyize ku isoko Moto zitandukanye iyi Kompanyi izaniye Abanyarwanda ndetse hanatangazwa ibiciro bitandukanye umunyarwanda wese wifuza gutunga izi Moto yazibonaho.

Iyi Kompanyi itangiranye amoko atatu ya Moto, zikorerwa ku ruganda rwayo ruherereye kuri 12 mu gace kahariwe Inganda, ayo moko akaba ari: Ingenzi 125, Ingenzi 150, Inziza 125 na Inziza 200 izi Moto zose zikaba ziboneka ku ruganda no ku cyicaro gikuru.

Nkuko twabitangarijwe n’Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri iyi Kompanyi Bwana Lous Masengesho yadutangarije ko iyi Komyanyi ije ari igisubizo ku banyarwanda aho ibazaniye Moto nziza zikorerwa mu Rwanda kandi ku biciro byiza akaba yavuze ko buri munyarwanda wese bitewe n’ubushobozi afite ashobora kugura iyi Moto aho yanavuze ko ushobora kugura izi Moto ukaba wazajya wishyura mu byiciro.

Masengesho yagize ati: ”Twakoze igikorwa cyo kumurika Moto twakoze, zagenewe imihanda yo mu Rwanda, zakozwe n’Abanyarwanda kandi zikorerwa mu Rwanda.
Uyu munsi rero twazigejeje ku banyarwanda cyane cyane abamotari ngo barebe umwihariko wazo,ni moto ziri mu byiciro bitatu bitandukanye harimo izitwara abagenzi, izigenewe imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’izo gutemberaho.

Avuga ku biciro by’izi moto, Masengesho Louis yavuze ko ibiciro bibereye abanyarwanda dore ko aribo zakorewe bityo hitawe ku bushobozi bwabo, aho Moto zitwara abantu imwe igura miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri na mirongo icyenda y’u Rwanda (1.290.000FRW), naho izagenewe gukora imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi dore ko yatanze urugero ko ushobora guhambiraho ibicuba bigera kuri bine cyangwa ugatwaraho umutwaro w’ibiro birenga 250 utabariyemo uyitwaye, imwe igura miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu y’u Rwanda gusa (1.500.000FRW), mu gihe moto ya siporo izwi ku izina ry’Indakangwa, yo igura miliyoni eshatu z’u Rwanda (3.000.000RWF).

Yakomeje avuga ko bafunguye ishami mu mujyi wa Kigali ariko ko bateganya no kugera mu zindi ntara zose z’igihugu ndetse no muri Afrika y’Iburasirazuba muri rusange.

Rwanda Motocycle Company(RMC) yatangiye mu mwaka ushize wa 2016 hakorwa ubushakashatsi kuri Moto zashobora imihanda yo mu Rwanda, ndetse no kuzakoreshwa mu mirimo abanyarwanda benshi bakora.

-7703.jpg

-7702.jpg

2017-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023
FDLR  igeze mu marembera

FDLR igeze mu marembera

Ubwanditsi 16 May 2016
Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba  ARSENAL

Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba ARSENAL

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.
Amakuru

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021
“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare
INKURU NYAMUKURU

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Ubwanditsi 13 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru