• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Rwanda Motorcycle Company (RMC) ni Kompanyi Nyarwanda ikora ikanateranya Moto hano mu Rwanda, ikaba yarashinzwe hagamijwe kongerera ubushozi no gucyemura ikibazo cyo gutwara abantu n’ibintu kuri Moto hano mu Rwanda.

Kuri uyu wa kane nimugoroba nibwo iyi kompanyi yafunguwe ku mugaragaro ku cyicaro cyayo gikuru ku Gisimenti, ikaba yashyize ku isoko Moto zitandukanye iyi Kompanyi izaniye Abanyarwanda ndetse hanatangazwa ibiciro bitandukanye umunyarwanda wese wifuza gutunga izi Moto yazibonaho.

Iyi Kompanyi itangiranye amoko atatu ya Moto, zikorerwa ku ruganda rwayo ruherereye kuri 12 mu gace kahariwe Inganda, ayo moko akaba ari: Ingenzi 125, Ingenzi 150, Inziza 125 na Inziza 200 izi Moto zose zikaba ziboneka ku ruganda no ku cyicaro gikuru.

Nkuko twabitangarijwe n’Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri iyi Kompanyi Bwana Lous Masengesho yadutangarije ko iyi Komyanyi ije ari igisubizo ku banyarwanda aho ibazaniye Moto nziza zikorerwa mu Rwanda kandi ku biciro byiza akaba yavuze ko buri munyarwanda wese bitewe n’ubushobozi afite ashobora kugura iyi Moto aho yanavuze ko ushobora kugura izi Moto ukaba wazajya wishyura mu byiciro.

Masengesho yagize ati: ”Twakoze igikorwa cyo kumurika Moto twakoze, zagenewe imihanda yo mu Rwanda, zakozwe n’Abanyarwanda kandi zikorerwa mu Rwanda.
Uyu munsi rero twazigejeje ku banyarwanda cyane cyane abamotari ngo barebe umwihariko wazo,ni moto ziri mu byiciro bitatu bitandukanye harimo izitwara abagenzi, izigenewe imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’izo gutemberaho.

Avuga ku biciro by’izi moto, Masengesho Louis yavuze ko ibiciro bibereye abanyarwanda dore ko aribo zakorewe bityo hitawe ku bushobozi bwabo, aho Moto zitwara abantu imwe igura miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri na mirongo icyenda y’u Rwanda (1.290.000FRW), naho izagenewe gukora imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi dore ko yatanze urugero ko ushobora guhambiraho ibicuba bigera kuri bine cyangwa ugatwaraho umutwaro w’ibiro birenga 250 utabariyemo uyitwaye, imwe igura miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu y’u Rwanda gusa (1.500.000FRW), mu gihe moto ya siporo izwi ku izina ry’Indakangwa, yo igura miliyoni eshatu z’u Rwanda (3.000.000RWF).

Yakomeje avuga ko bafunguye ishami mu mujyi wa Kigali ariko ko bateganya no kugera mu zindi ntara zose z’igihugu ndetse no muri Afrika y’Iburasirazuba muri rusange.

Rwanda Motocycle Company(RMC) yatangiye mu mwaka ushize wa 2016 hakorwa ubushakashatsi kuri Moto zashobora imihanda yo mu Rwanda, ndetse no kuzakoreshwa mu mirimo abanyarwanda benshi bakora.

-7703.jpg

-7702.jpg

2017-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Dream Boys yegukanye irushanwa rya Primus (PGGSS7)

Dream Boys yegukanye irushanwa rya Primus (PGGSS7)

Ubwanditsi 25 Jun 2017
Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 24 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1
Amakuru

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Ubwanditsi 10 Jul 2023
Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye
IKORANABUHANGA

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye
ITOHOZA

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ubwanditsi 29 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru