• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Uwari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia kuri ubu ari kubutaka bw’u Rwanda.

Editorial 28 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Vincent Murekezi wari ku rutonde rw’abashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda kubera uruhare akekwaho muri Jenoside, ndetse ashakishwa na Polisi Mpuzamahanga. Yagejejwe mu Rwanda.

Vincent Murekezi wari watawe muri yombi, akaza gukingirwa ikibaba na Polisi kubera ibyaha bya ruswa yaje guhabwa imbunda na pasiporo nshya ya Malawi kandi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Murekezi yahawe pasiporo ya Malawi ifite numero MA078171 mu buriganya kuko bivugwa ko yatanze ruswa mu nzego z’abinjira n’abasohoka mu 2011, ayihabwa ku izina rya Vincent Banda ukomoka mu gace ka Mbeya muri Tanzania.

Vincent Murekezi yari afatanije ubucuruzi na Frank Ntwari ndetse na mushikiwe Rosette Kayumba, akaba n’umukangurambaga wa RNC muri Zambia.

Aha Vincent yari mu myigaragambyo ya RNC

Vincent Murekezi, agaragara muri amwe mu mafoto ari kwigaragambya muri Afrika y’Epfo arikumwe n’abagize umutwe wa RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Murekezi yagiye yidegembya muri Malawi kubera amafaranga menshi atunze, akaba yayifashishaga mu gutanga ruswa ku bayobozi bamukingira ikibaba. Amakuru avuga ko uyu mugabo yabaga muri Zimbabwe ariko nyuma aza kwerekeza muri Malawi.

Ikinyamakuru Nyasa Times cyaje kubona kopi ya pasiporo yakoreshaga mu Rwanda, ifite numero PC 939663 wavukiye i Ngoma mu karere ka Huye, binahuza n’imyirondoro guverinoma y’u Rwanda yatanze imuranga nk’umuntu ushakishwa kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Aha Vincent Murekezi, yari munama za RNC.

Uyu mugabo w’umucuruzi wari ukomeye muri Malawi, yaherukaga gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye, harimo n’ibibazo yari afitanye n’amabanki, atangira gushakishwa n’igipolisi ahita ahungira muri Afurika y’Epfo aho yamaze imyaka hagati y’ibiri n’itatu.

Nyuma yagarutse muri Malawi, ariko nyuma y’iminsi ibiri aza gufatirwa mu nzu y’undi Munyarwanda witwa Hirwa, ahaberaga ibirori byo kwita umwana izina.

Amakuru avuga ko Murekezi yafashwe akajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mponela, hibazwa impamvu yagiye gufungirwa kure y’aho yafatiwe, aho guhita ajyanwa kuri sitasiyo ya polisi ya Lilongwe mu Murwa Mukuru.

Umwe mu batanze amakuru yagize ati “Yaje kurekurwa nyuma y’iminsi itatu nyuma y’uko yahaye umupolisi miliyoni eshatu z’ama-Kwaca yo muri Malawi,’’

Uwatanze amakuru kandi avuga ko Murekezi yaherukaga kwaka uburenganzira bwo gutunga imbunda mu buryo bwemewe n’amategeko ariko ntiyabuhabwa, ariko ubu yari atunze imbunda ndetse n’uburenganzira yarabubonye n’ubwo hatazwi inzira byanyuzemo.

 

2019-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Editorial 29 Sep 2018
Uganda yavuye ku izima  yahagaritse pasiporo ya Mukankusi  Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Uganda yavuye ku izima yahagaritse pasiporo ya Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Editorial 21 Feb 2020
Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Editorial 25 Aug 2025
Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 05 Jan 2021

3 Ibitekerezo

  1. Sunday
    January 29, 20195:16 am -

    Ese urwanda rwose muzarwicya ?

    Subiza
  2. j
    January 29, 20199:22 am -

    nikize tugikanire urugikwiye kbs niokiginga byirirwa bisebya urwakibyaye

    Subiza
    • Sunday
      February 1, 20197:44 pm -

      Harya akazi kanyu nako kwirirwa mukubita abanyarwanda agafuni kumitwe?

      Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245,  ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1
Amakuru

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Editorial 15 Aug 2025
Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.
Amakuru

Sugira Ernest na Manace Mutatu Mbedi bafashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda Bugesera FC mu mukino wa gicuti wabonetsemo amakarita abiri atukura.

Editorial 22 Apr 2021
Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021
Amakuru

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Editorial 19 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru